Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Abanya Uganda Bakoresha YouTube Bafungiwe Mu Rwanda
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Mu Rwanda

Abanya Uganda Bakoresha YouTube Bafungiwe Mu Rwanda

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 16 August 2023 5:11 pm
Umwanditsi wa Taarifa
Share
RIB ikora uko ishoboye ikegera abaturage batuye ahitaruye station zayo
SHARE

Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha, RIB, rwafunze abantu batatu(3) bakoresha YouTube rubakurikiranyeho gukoresha ibiganiro ufite ubumuga bwo mu mutwe mu nyungu zabo.

Abafashwe ni batatu barimo babiri bakomoka muri Uganda ari bo Kembabazi Racheal w’imyaka 31 y’amavuko ufite urubuga yise Connect With Uganda, Mayanja Muwanguzi Lawrence w’imyaka 28 ufite urwitwa UG Connect n’Umunyarwanda witwa Xavier Niyibizi w’imyaka 27 y’amavuko ufite urubuga rwitwa Nexo Adventure.

Bose bafashwe taliki 10, Kanama, 2023 bafatiwe muri imwe muri hoteli z’i Kigali muri Kimihurura ya Gasabo.

Amakuru avuga ko abagenzacyaha basanze bariya bantu bari gukoresha uriya muntu ufite ubumuga bwo mu  mutwe[tutari buvuge amazina cyangwa ngo tumutangaze isura]ikiganiro rwihishwa.

- Kwmamaza -
Ad imageAd image

Ikindi ni uko Kembabazi Racheal yari aje mu Rwanda inshuro eshatu gukoresha uriya muntu ikiganiro.

Mu nshuro ebyiri zabanje, yamusangaga mu Karere ka Gisagara iwabo.

Ni mu Murenge wa Kibirizi, Akagari ka Ruturo, Umudugudu wa Gatongati.

Yanze ko bakomeza gukoranira ibiganiro iyo iwabo ahitamo kumuzana i Kigali muri hoteli.

Taarifa yabajije umuvugizi w’Urwego rw’igihugu rw’Ubugenzacyaha, RIB, Dr. Thierry B.Murangira niba u Rwanda ruzakurikirana abo banyamahanga cyangwa ruzabaha igihugu cyabo, asubiza ko amategeko aruha uburenganzira bwo kugenza no kuburanisha ibyaha byose byakorewe ku butaka bwarwo.

- Advertisement -

Ati: “RIB ifite uburenganzira bwo gukurikirana ibyaha byakorewe ku ifasi y’u Rwanda. Inkiko z’u Rwanda kandi nazo zifite ububasha bwo guhana umuntu wese wakoreye icyaha k’ubutaka bw’u Rwanda.”

Ubugenzacyaha buvuga ko ibikorwa nk’ibyo ari ivangura rishingiye k’ubumuga bw’umubiri cyangwa bwo mu mutwe cyangwa isura y’umubiri.

Amategeko abihana ataganywa mu ngingo ya 163 y’itegeko riteganya ibyaha n’ibihano muri rusange.

Ivuga ko ukora igikorwa kibangamira umuntu umwe cyangwa abantu benshi hashingiwe ku bumuga bw’umubiri cyangwa bwo mu mutwe cyangwa isura y’umubiri; aba akoze icyaha.

Umuntu uhamijwe n’urukiko gukora kimwe mu bikorwa bivugwa mu gika cya mbere cy’iyo ngingo ahanishwa igifungo kitari munsi y’imyaka itanu (5) ariko  kitarenze imyaka irindwi (7) n’ihazabu y’amafaranga y’u Rwanda atari munsi y’ibihumbi magana atanu (500.000 FRW) ariko atarenze miliyoni imwe (1.000.000 FRW).

Itegeko rirangera umuntu ufite ubumuga…

Ingingo yaryo ya 3 y’Itegeko No 01/2007 ryo kuwa 20/01/2007 rirengera abantu bafite ubumuga muri rusange iteganya ko:  “Umuntu ufite ubumuga wese afite uburenganzira bungana n’ubw’abandi imbere y’amategeko, agomba kubahwa no guhabwa agaciro bikwiye ikiremwa muntu”.

Ingingo yaryo ya 27 iteganya ko: “Umuntu  wese  ukoreye umuntu ufite ubumuga icyaha  cy’ivangura cyangwa ihohoterwa iryo  ari ryo  ryose,  ahanishwa igihano gisumba  ibindi  mu biteganywa n’ingingo z’igitabo cy’amategeko ahana  n’iz’amategeko yihariye  ku  birebana n’icyo cyaha”;

Ibi bikorwa usibye kuba bihanwa n’amategeko bibangamiye Itegeko Nshinga mu ngingo yayo ya16 ivuga ku kurindwa ivangura, bibangamiye kandi amasezerano mpuzamahanga  arengera abafite ubumuga yitwa United Nations Convention on the Rights of Persons with Disabilities yashyizweho umukono n’u Rwanda mu mwaka wa 2008.

Abakoresha YouTube nibo bashyirwa mu majwi…

Ubugenzacyaha buvuga ko muri iki gihe hari ibigaragara kuri social media cyane cyane kuri Youtube byerekana abantu bitwikira umutaka w’UBUVUGIZI bwo gufasha abantu bafite ubumuga ariko  bari kubakoresha mu nyungu bwite bashaka kugwiza ababareba.

Ni icyaha bita Online Exploitation Against People with Disabilities.

Impamvu ituma biba icyaha gikomeye ni uko umusaruro uva mu baza kureba uwo muntu udasanzwe no kumva ibyo avuga, ujya mu mufuka wa nyiri YouTube bityo akungukira mu ntege nke z’uwo muntu.

RIB ivuga ko kugeza ubu hari YouTubes 14 zikora ibikorwa byo gusura abantu bafite ibibazo byo mu mutwe baba hirya no hino mu Rwanda.

Kubera ko ari isoko y’amafaranga, hari ubwo YouTube imwe isura umuntu nk’uwo inshuro zigera cyangwa zirenga eshanu.

Uretse amafaranga, ngo nta kindi baba bitayeho.

Ubugenzacyaha busaba Abanyarwanda kubaha ikiramwamuntu aho kiva kikagera kandi bakirinda gukoresha ikoranabuhanga mu buryo buhabanye n’amategeko.

Bwibutsa buri wese ko nta muntu usumba amategeko.

TAGGED:AbanyamakurufeaturedMurangiraRwandaUbumugaUganda
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Abamotari B’i Kigali Basabwe Guca Ukubiri N’Umwanda
Next Article Girinka Yavuguruwe
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Rwanda: Ingengo Y’Imari Ya 2025-2026 Iziyongeraho Miliyari 1.216

Umunyamerika Yatorewe Kuba Papa Wa Mbere Mu Mateka

Mu Myaka 61 Imaze Mu Rwanda Croix Rouge Yamariye Iki Abaturage?

Umusaruro W’Ibikomoka Ku Buhinzi u Rwanda Rwohereje Hanze Mu Cyumweru Gishize

Ubuhinde Na Pakistan Byambariye Intambara

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Nduhungirehe Avuga Ku Mushinga u Rwanda Rufitanye Na Amerika Ku Bimukira

Amerika: Abanyarwandakazi Bo Muri RDF Barangije Amasomo Y’Ubukanishi

Rwanda: Abagabo Bapfa Baruta Ubwinshi Abagore

Meteo Iraburira Abanyarwanda 

Aba Cardinals Batora Papa Bamaze Gushyira Ibintu Ku Murongo…

You Might Also Like

Mu RwandaUbukungu

Rwanda: Ni Ryari Abaturage Bo Mu Cyaro Bazabona Amazi Meza Abahagije?

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahanga

Roma: Gutora Papa Ku Munsi Wa Mbere Byananiranye

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaUmutekano

M23 Yafashe Ahantu Hakungahaye Kuri Zahabu

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbubanyi n'Amahanga

Kagame Ari Mu Bufaransa 

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • [email protected]
  • [email protected]
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?