Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Abanyamakuru Bagiye Kuzahabwa Amakarita Hagendewe Ku Byiciro
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Mu Rwanda

Abanyamakuru Bagiye Kuzahabwa Amakarita Hagendewe Ku Byiciro

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 30 March 2024 7:16 am
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Iby’iyi karita byavuzwe n’Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’Urwego rw’abanyamakuru bigenzura (RMC), Emmanuel Mugisha mu kiganiro yaraye ahaye abanyamakuru n’abandi bayobozi bo mu Ntara y’Amajyepfo.

Icyo gihe yasubizaga ikibazo ku kifuzo cy’uko abanyamakuru bakiga bakora ukwimenyereza umwuga bazajya bahabwa amakarita yo gukora akazi.

avuga ko mu mavugurura bateganya harimo no kuzajya batanga amakarita agaragaza ibyiciro by’abanyamakuru.

Ababajije iki kibazo bavugaga ko bagorwa no kugera ku makuru baba bifuza kandi baba barahawe akazi mu bitangazamakuru bizwi.

Mugisha yasubije ko mu gihe kiri imbere RMC uretse kugena amakarita y’abanyamakuru bari mu mwuga ariko bacyiga, bazanagena amakarita atandukanye ku banyamakuru barangije, bari mu mwuga biturutse ku byiciro byabo.

Emmanuel Mugisha yavuze ko hazabaho ayagenewe abagitangira umwuga, ay’abamaze kuwumenyera biri mu rugero ndetse n’abawufitemo uburambe.

Ikindi ni uko  bishobora kuzajya binajyana n’imishahara bagenerwa, biturutse ku bakoresha bafite.

Ati: “Birumvikana ko uwatangiye gukora acyiga, azajya ahabwa ikarita y’umenyereye umwuga biri mu rugero”.

Gutanga amakarita gutya ngo bizafasha RMC kubona aho ifatira ihugura abanyamakuru bakongererwa ubumenyi.

Ati: “Hahamagarwaga abanyamakuru mu mahugurwa ukabona haje abagitangira ndetse n’abafite uburambe, mbese ukabona ari ibintu bidafite gahunda”.

Mugenzi wacu wa Kigali Today ukorera mu Majyepfo avuga ko RMC, hagati aho itaragena ibizagenderwaho mu gushyira abanyamakuru mu byiciro  ariko ngo bizagenwa mu mavugurura ari imbere.

Mugisha ati: “Turanateganya gushyiraho imikoranire na za Kaminuza zigisha itangazamakuru, ku buryo abacyiga cyane cyane mu myaka ya nyuma, twakorana mu kugenzura imikorere y’ibitangazamakuru (monitoring). Bizajya bibaha ubumenyi ku makosa akorwa bityo bajye barangiza bazi ibizira n’ibitazira”.

Abanyamakuru banifuje kumenya niba hari icyo RMC iteganya gukora ku kuba umwuga w’itangazamakuru ukorwa n’abize ibyo ari byo byose, ibyo bigatuma hari abawukora nabi.

Mugisha yababwiye ko na byo amaherezo bizahabwa umurongo, bikazanajyanirana no kuba abanyamakuru bazajya bagira igice bakoramo, bazi neza (specialisation).

Kugeza ubu ikarita ya RMC igurwa Frw 20,000 ikagira agaciro kamara umwaka umwe.

TAGGED:AbanyamakurufeaturedIbyiciroIkaritaMugisha
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Umwana W’Imyaka 8 Yarokotse Impanuka Yahitanye 45
Next Article Kaminuza Yo Mu Burusiya Igiye Gufatanya N’u Rwanda
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Dr. Mugemana Wavuraga Rayon Sports Yapfuye

Rwanda: 80.7% By’Abana Bari Munsi Y’Imyaka Itandatu Bahabwa Serivise Mu Irerero

DJ Toxxyk Hari Ibyo Yemeye Mu Rukiko Ibindi Arabihakana

Ibigo Bya Amerika Bicukura Petelori Birashaka Ko Muri Irani Zihindura Imirishyo

Umutoza W’Amavubi Yirukanywe

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Amerika Izashora Miliyari $100 Zo Gucukura Petelori Ya Venezuela

Ikigo Rio Tinto Kigiye Kwihuza Na Glencore Bikore Icya Mbere Ku Isi Gicukura Amabuye Y’Agaciro

Raporo Ya UN Ihamya Ko Kinshasa Igikorana Na FDLR

Menya Imyanzuro Y’Inama Nkuru Ya 17 Ya FPR-Inkotanyi Iheruka

Irani: Imyigaragambyo Ikomeje Kuzengereza Leta

You Might Also Like

Mu Rwanda

Rwanda: Abakozi Ba Leta Basabwe Kwiga Ikoranabuhanga Ry’Ubwenge Buhangano

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Imyidagaduro

Hagiye Gukorwa Filimi Yerekana Ibyabereye Mu Bisesero

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu Rwanda

Kwamamaza Mushikiwabo, Uburundi, DRC… Uko Nduhungirehe Asobanura Ibyo Mu Karere

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Ubukungu

Niki Cyateye Igiciro Cy’Ikawa Y’u Rwanda Kuzamuka?

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?