Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Abanyamakuru Bagiye Kuzira Gutangaza Amabanga Y’Igihugu
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Mu mahanga

Abanyamakuru Bagiye Kuzira Gutangaza Amabanga Y’Igihugu

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 25 August 2022 1:39 pm
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Abanyamakuru batatu b’ikinyamakuru gikomeye cyo muri Finland bagiye kugezwa imbere y’ubutabera kubera gutangaza amakuru bamenye agendanye n’umutekano w’igihugu. Ni ikintu kidasanzwe muri Finland kumva ko abantu bafunzwe bakurikiranyweho kwisanzura mu bitekerezo.

Abo banyamakuru babiri n’uwahoze ashinzwe kugorora inkuru zabo(editor) bandikira ikinyamakuru kitwa Helsingin Sanomat.

Bakurikiranyweho icyaha bivugwa ko bakoze mu mwwaka wa 2017 ubwo batangazaga inkuru irimo ibyo Leta ya Finland ivuga ko ari amabanga y’igihugu agendanye n’umutekano wacyo.

Mu mwaka wa 2017, aba banyamakuru batangaje inkuru mu kinyamakuru cyabo bahaye umutwe ugira uti; “ Ahantu hakorerwa ibintu by’amabanga kurusha ahandi muri Finland.”

Mu nkuru yabo berekanye ko hari ahantu muri kiriya gihugu, ishami ry’ingabo za Finland rikora ubutasi rikorera abantu ibya mfura mbi.

Ni inkuru yasohotse mu gihe Inteko ishinga amategeko yari irimo isuzuma umushinga uyemerera kongerera ririya shami ububasha mu kazi karyo.

Muri uriya mushinga havugaga ko ririya shami ryakongererwa imbaraga mu guhuza no gusesengura amakuru y’ibintu byose bikorerwa kuri murandasi.

Mu gihe Abadepite bari bakiga iby’iri tegeko, nibwo inkuru icukumbuye y’abanyamakuru ba kiriya kinyamakuru yasohotse, ibintu biracika!

Umushinjacyaha avuga ko iriya nkuru yari irimo amakuru ashobora koreka igihugu bityo ngo ibyo ntibikurikije amategeko kandi ababikoze bakwiye kubihanirwa.

Icyakora umwanditsi mukuru w’iki kinyamakuru witwa Kaius Niemi avuga ko abanyamakuru be batigeze bica itegeko.

Yabwiye Reuters ati: “ Amakuru twanditse ni amakuru asanzwe ari ahantu henshi harimo kuri murandasi no mu bitabo twifashishije dukora inkuru yacu.”

Umuyobozi w’Ihuriro ry’abanyamakuru muri Finland witwa Hanne Aho avuga ko ari ubwa mbere yumvise hari abanyamakuru bashinjwe kugambanira igihugu.

TAGGED:AbanyamakuruFinlandUmutekano
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Umuyobozi Wa Polisi Y’u Buyapani Agiye Kwegura Kubera Urupfu Rwa Shinzo Abe
Next Article Perezida Kagame Yasabye Abanya Ruhango Kumwihanganira Kubera Umwenda Abarimo
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Abakoresha Amadovize Bishyurana Bitemewe Bagiye Gucika-BNR

Uburusiya Bwasutse Undi Muriro Kuri Ukraine

Iterambere Ryose Ribanzirizwa N’Umutekano-Nduhungirehe

Afurika Yunze Ubumwe Igiye Gushyiraho Komisiyo Ku Masezerano Ya Kigali Na Kinshasa

Abakekwaho Kwiba Mu Isoko Rya Kimironko Bafashwe

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

MINAGRI Irasaba Abahinzi Kudahubukira Gutera Imyaka

Abakekwaho Kwiba Mu Isoko Rya Kimironko Bafashwe

Rwanda: Abakanishi Bagiye Guhugurwa K’Ugukanika Batiri Za Bisi Z’Amashanyarazi

Trump Na Putin Ntibemeranyije Guhagarika Intambara Ya Ukraine

Rubavu: Abafite Ubumuga Basaba M23 Kubakomorera Ku Bicuruzwa Byose Bijya i Goma

You Might Also Like

Mu mahangaUbucuruzi MpuzamahangaUbukungu

Uburundi Bugiye Gukoresha Amafaranga Y’Ubushinwa Mu Gutumiza Ibintu Hanze

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaPolitikiUbubanyi n'Amahanga

Amerika Irashaka Gufasha DRC Guhashya Ruswa

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaPolitikiUbubanyi n'Amahanga

Qatar Irongera Yakire Intumwa Za DRC Na AFC/M23

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaUbubanyi n'AmahangaUmutekano

Trump Arashaka Kwicaranya Putin Na Zelensky

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?