Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Abanyamerika Bacitse Igikuba Bacyumva Ko Mugenzi Wabo Yakatiwe N’u Burusiya
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Imyidagaduro

Abanyamerika Bacitse Igikuba Bacyumva Ko Mugenzi Wabo Yakatiwe N’u Burusiya

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 05 August 2022 9:40 am
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Guhera kuri Perezida Biden kugeza ku muhanzi Justin Bieber, Abanyamerika batunguwe kandi bababazwa no kumva urukiko rwaburanishaga umugore w’icyamamare muri Basket y’Amerika witwa Brittney Griner rwamukatiye igifungo cy’imyaka icyenda. Ubushinjacyaha bwari bwamusabiye gufungwa imyaka icyenda n’igice, byataba ibyo agakatirwa imyaka icumi.

Icyamamare Brittney yafatiwe mu Burusiya asanganwa inkono banyweramo urumogi. Ni ikintu twagereranya n’inkono y’itabi Abanyarwanda ba kera bakoreshaga batumura agatabi.

Ubutabera bw’u Burusiya bwavuze ko bwamufatanye ibiyobyabwenge yinjije mu gihugu kandi ko bihanirwa n’amategeko.

Bimwe mu byamamare byamaganye kiriya gihano harimo umuhanzi Justin Bieber na Mia Farrow.

- Kwmamaza -
Ad imageAd image
Justin Bieber

Fallow ni umukinnyi wa filimi ukomeye kuko amaze gukina muri filimi 50 akaba yarabaye n’umunyamideli ukomeye muri kiriya gihugu.

Undi ni Andy Cohen uyu akaba ari umwe mu banyamakuru bamamariye kuri televiziyo.

Andy Cohen

Mu iburanisha, ubushinjacyaha bwashinjaga Brittney kuzana ibiyobyabwenge mu gihugu ariko we akisonura avuga ko atari azi ko atamenye ko  kiriya gikoresho cyo kunywa urumogi mu gikapu cye.

Perezida w’Amerika Joe Biden nawe yamaganye ibya kiriya gihano, avuga ko afunzwe mu buryo budakurikije ubutabera.

Abandi bamaganye ibya kiriya gihano barimo umukinnyi wa filimi wiwa Eric Idle, umwanditsi Greg Olear, umukinnyi wa filimi Jada Pinkett Smith, umukinnyi wa filimi witwa Viola Davis, umunyarwenya witwa Tim Young.

- Advertisement -
Viola Davis umwe mu biraburakazi bakina filimi neza kurusha abandi kugeza ubu

Uyu mugore usanzwe ari icyamamare mu bandi bagore bakina Basket muri Amerika akimara gufungwa  yanditse ibaruwa asaba Perezida w’igihugu cye gukora uko ashoboye akamutabara kuko nta kizere yari  afite ko azaba umwere ntajye muri gereza yo mu Burusiya.

Avuga ko akurikije igihe ahamaze n’uko abibona, asanga atazigera arekurwa ngo atahe iwabo.

Uyu mugore afunzwe mu gihe hari umwuka mubi hagati ya Washington na Moscow kubera ko Amerika, ibinyujije muri OTAN, iri gufasha Ukraine kurwana n’u Burusiya.

Brittney Griner asanzwe akinira ikipe yitwa Phoenix Mercury, akaba abana n’uwo bahuje igitsina.

Ibiro bya Perezida Biden bivuga ko we ubwe yategetse ko ibihugu byose ku isi bifunze Abanyamerika bibarekura bagataha iwabo.

Ubwo abapolisi bari bamujyanye mu rukiko
TAGGED:AmerikaBasketballFilimi
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Ikiganiro: Imigambi Ya Perezida Mushya Wa GAERG
Next Article Umutambagiro W’Inyambo, Ibisakuzo, Inanga… ‘Nyanza Twataramye’ Iraba Ishyushye
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

UBUSESENGUZI: Urugendo Rwa Trump Mu Bihugu By’Abarabu Ruhatse Iki?

DRC: Impaka Ni Zose Ku Cyemezo Cyo Gucukura Petelori Mu Mariba 52

Perezida Wa Senegal Yaratiye Amahanga u Rwanda

DRC: Umusirikare Yarasiye Abantu Mu Kiliziya 

Perezida Kagame Mu Nama Na Bagenzi Be Yiga Ku Iterambere Rya Afurika

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Kagame Ari Mu Bufaransa 

Abasirikare Batatu B’u Rwanda Biciwe Muri Mozambique 

Roma: Gutora Papa Ku Munsi Wa Mbere Byananiranye

Equity Group Igiye Guteza Imbere Imishinga Yo Mu Rwanda No Muri DRC

Bobi Wine Agiye Kongera Kwiyamamariza Kuyobora Uganda

You Might Also Like

Mu RwandaUbubanyi n'Amahanga

Nduhungirehe Avuga Ku Mushinga u Rwanda Rufitanye Na Amerika Ku Bimukira

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbubanyi n'Amahanga

Twatanze Imbanzirizamushinga Y’amahoro Twifuza Muri DRC- Nduhungirehe

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahanga

Uko Ibihugu Birutanwa Kunywa Byeri: Ubushinwa Burayoboye

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbubanyi n'Amahanga

U Rwanda Ruzasinyana Na DRC Amasezerano Imbere Ya Trump

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • [email protected]
  • [email protected]
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?