Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Abanyamuryango Ba AERG Bishima Intambwe Bagezeho Mu Myaka 27 Ishize
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Mu Rwanda

Abanyamuryango Ba AERG Bishima Intambwe Bagezeho Mu Myaka 27 Ishize

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 18 December 2023 10:41 am
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Abagize Umuryango w’Abanyeshuri barokotse Jenoside yakorewe Abatutsi, AERG, bavuga ko ubwo Inkotanyi zabohoraga u Rwanda zigahagarika Jenoside zabashyiriyeho uburyo bwo kubaho ntacyo bikanga.

Bavuga ko umuryango wa AERG wabaye uburyo bwo kongera kwiremera umuryango w’ibyishimo kubera ko iyo bahoranye yari yaramazwe n’abicanyi b’Interahamwe bakoze Jenoside yakorewe Abatutsi.

Baje kwizihiza imyaka 27 umuryango wabo umaze ushinzwe

Mu nteko yaraye ihuje abanyamuryango ba AERG ngo bizihize imyaka 27 uyu muryango ushinzwe, umuyobozi wawo witwa Audace Mudahemuka yashimye ko AERG yabaye igisubizo kuri benshi.

Yagize ati: “ Mu rugendo rutari rworoshye rwo guharanira kubaho, AERG yatubereye umubyeyi. Ni umuryango tuvomamo imbaraga z’ubudaheranwa. Ngaha aho dukomora ikizere cyo kubaho biduha ubushobozi bwo kuba ejo hazaza hacu ndetse n’ah’igihugu hazaba heza.”

Minisitiri w’Ubumwe bw’Abanyarwanda n’Inshingano Mboneragihugu wari umushyitsi mukuru Dr. Jean Damascène Bizimana yavuze ko mu myaka 29 ishyira 30 ishize Jenoside yakorewe Abatutsi ihagaritswe, abanyamuryango ba AERG bitwaye neza, birinda gutakaza ikizere cy’ubuzima.

Minisitiri w’Ubumwe bw’Abanyarwanda n’Inshingano Mboneragihugu Dr. Jean Damascène Bizimana

Avuga ko abarokotse Jenoside yakorewe Abatutsi ari nk’imbuto y’umugisha yeze ku giti cy’umuruho.

Ati: “ Abajenosideri babashyize ku giti cy’umuruho ariko mwakibyaje umugisha, mwabaye umugisha murakura, muba abagabo, muba abagore murabyara mubera u Rwanda imfura. Ababarokoye bashimishwa no kubona iyi ntambwe mwateye no kubona abo muri bo. Ntabwo mwabakojeje isoni.”

Kwizihiza imyaka 27 AERG ishinzwe byitabiriwe n’Umuyobozi w’ingabo z’u Rwanda mu Mujyi wa Kigali no mu Burasirazuba witwa Major General Happy Ruvusha, Perezida wa GAERG Jean Pierre Nkuranga, umucamanza mu rukiko rw’ikirenga Bwana François Régis Rukundakuvuga, Perezida wa IBUKA Umunyamateka Dr. Philbert Gakwenzire n’abandi.

Abashyitsi bakuru bitabiriye ibi birori

Ababyitabiriye basusurukijwe n’imbyino z’Itorero rya AERG ryitwa INYAMIBWA.

Abakurikirana iby’amatorero y’imbyino nyarwanda bavuga ko iri torero ari irya mbere muri iki cyiciro cy’umuziki n’imbyino bikorerwa mu Rwanda.

Abasore b’Inyamibwa bahaserukanye icyusa
Abakobwa b’amariza nabo bateze nk’inyambo
TAGGED:AERGBizimanafeaturedGAERGJenosideUmuryango
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Yazanye Mu Rwanda Ubwoko Bw’Ingurube Zibwagura Ibyana 20
Next Article U Rwanda ‘Rushobora’ Kuzakira Shampiyona Y’Isi Y’Imikino Njyarugamba, UFC
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Nyagatare: Inka 125,000 Zigiye Gukingirwa Indwara Ikomeye

Centrafrique: Ibyavuye Mu Matora Bizatangira Kumenyekana Mu Cyumweru Gitaha 

Igitaramo Cya Mbonyi Cyari Kuzabera i Rubavu Cyasubitswe

Abana Bagiye Gutozwa Guhesha Agaciro Imbyino Gakondo Nyarwanda

Icyongereza Gike, Imiyoborere Idahwitse…Bimwe Mu Byatumye Abayobora Amashuri Birukanwa

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Ibitabo Umuntu Yandika Ni Umutungo We Bwite Ashobora No Gutanga- Prof Nzeyimana Wigisha Filozofiya

Jean-Pierre Bemba Arasabwa Kwegura

Guverineri W’Intara y’Amajyaruguru Asaba Abaturage Kwitabira Gutera Ibiti

BRD Yahawe Umuyobozi Mushya

Hashyizweho Itsinda Rizakurikirana Uko Kuhira Imyaka Bizakorwa Muri Kayonza

You Might Also Like

Mu mahanga

Haratutumba Intambara Hagati Ya Chad N’Abarwanyi Bo Muri Sudan

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahanga

Nigeria Yahaye Amerika Amakuru Yayifashije Kurasa Abahezanguni B’Abisilamu

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahanga

Thailand Ipfa Iki Na Cambodia?

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu Rwanda

Ndayishimiye Ati: “ Twe Turaterwa Ntidutera!”

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?