Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Abanyarwanda 10 Bishwe N’Imvura Yaguye Mu Ijoro Rimwe
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Mu Rwanda

Abanyarwanda 10 Bishwe N’Imvura Yaguye Mu Ijoro Rimwe

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 25 April 2022 9:16 am
Umwanditsi wa Taarifa
Share
Germany, Cologne, heavy rain in summer, summer flowers in flower box and rain drops on windowpane
SHARE

Minisiteri ishinzwe ibikorwa by’ubutabazi, MINEMA, yatangaje ko imvura yaguye mu ijoro ryo ku wa Gatandatu taliki 23, rishyira iryo ku wa 24, Mata, 2022 yateje ibyago byahitanye abantu 10.

Ikindi kandi iriya mvura yangije ibikorwa remezo bitandukanye birimo inzu, ibikorwaremezo n’ibindi bintu bifitiye abaturage benshi akamaro.

Mu nzu 22 zashenywe n’imvura harimo 11 zo muri Gasabo, imwe yo muri Ngororero, eshatu zo muri Nyamasheke, ebyiri z’i Burera, imwe yo muri Kicukiro n’ebyiri z’i Rubavu.

Inzu nyinshi zarasenyutse

Hagati aho Minisiteri y’ibikorwa by’ubutabazi yatangaje ko iri gufatanya n’abo mu miryango y’abahitanywe n’iriya mvura, kugira ngo bashyingurwe.

Abasenyewe nabo bafashijwe kubona aho barara mu gihe inzu zabo zitarasanwa.

Ikindi Minisiteri y’ibikorwa by’ubutabazi isaba inzego bireba ni ukwimura abantu bagituye ahantu hashobora kubateza akaga.

Abasabwa kwimuka vuba kurusha abandi ni abatuye mu Mujyi wa Kigali ahantu hadatekanye, muri bo hakaba abaturiye imihanda irimo kubakwa, idafite imiyoboro y’amazi migari kandi itwikiriye.

Mu Karere ka Kicukiro ahitwa Centre hari iduka ry’ubucuruzi ryangiritse k’uburyo ibyabaruwe byahangirikiye bifite agaciro karenga Frw 24,800,000.

Abakorera muri kiriya gice bavuga ko amazi yabasenyeye ari ayamanutse ava ahari kubakwa umuhanda munini uzahuza Kigali n’Akarere ka Bugesera ku Kibuga cy’indege.

N’ubwo kugeza ubu hatangajwe imibare y’abantu 10, ariko birashoboka ko hari abandi iriya mvura yaba yarahitanye cyangwa yarakomerekeje ariko bataramenyekana.

TAGGED:featuredIbizaImvuraKicukiroMinisiteri
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Perezida Kagame Yashimiye Macron Ku Ntsinzi Yegukanye Mu Matora
Next Article Abanyamuryango Ba FERWACY Bashimye Ko Nongera Kwiyamamaza Nabikora- Abdallah Murenzi
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

DRC: Urugo Rwa Azarias Ruberwa Rwatewe

Abaturage 354,000 Bagiye Guhabwa Amazi Meza

Ingabo Z’u Rwanda Zasinyanye N’Iz’Ubushinwa Amasezerano Y’Ubufatanye

Rihanna Agiye Kubona Icyo Yari Yarabuze

Ubukungu Bw’u Rwanda Bwazamutseho 7.8%-MINECOFIN

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Akamaro K’Amashanyarazi Akomoka Ku Mirasire Y’Izuba Ni Ntagereranywa

Ibya Ariel Wayz Byajemo Gishegesha

Gen Gatama Yoherejwe Kuyobora Inzego Z’u Rwanda Z’Umutekano Muri Mozambique

Urubyiruko Rw’U Rwanda Ruriyahura Cyane-RBC

Gusomera Kabila Byasubitswe, Hari Ibigiye Gusubirwamo

You Might Also Like

Mu mahangaUbubanyi n'AmahangaUmutekano

Uburundi: Umunyarwanda Yafunganywe N’Umu Youtuber

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
IbidukikijeMu RwandaUbukungu

Dushora Mu Gusukura Ikirere Cyacu- Minisitiri Arakwiye

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Imibereho Y'AbaturageMu RwandaUbukungu

Imiterere Y’Ubucuruzi Bw’u Rwanda N’Amahanga Muri 2025

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Imibereho Y'AbaturageMu Rwanda

Drone Y’Ingabo Z’u Rwanda Yakoze Impanuka 

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?