Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Abanyarwanda 48 Bishwe N’Ibiza Mu Mezi Atatu Ashize
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Mu RwandaUmutekano

Abanyarwanda 48 Bishwe N’Ibiza Mu Mezi Atatu Ashize

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 05 December 2024 6:05 am
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Minisiteri Ishinzwe ibikorwa by’ubutabazi ivuga ko ibiza biterwa n’imvura yaguye kuva muri Nzeri kugeza mu Ugushyingo byahitanye abantu 48 hakomereka 149.

Ubaze neza usanga buri kwezi muri ayo atatu, abantu 16 ari bo byahitanaga!

MINEMA ivuga ko mu bapfuye, babiri bahitanywe n’inkongi, umwe ahitanwa n’umwuzure abandi 30 bakubitwa n’inkuba naho 13 baguye mu birombe, umwe ahitanwa n’imvura naho umwe ahitanwa n’inkubi y’umuyaga.

Imvura yasenye inzu imwe naho izindi 744 zirangirika.

Hangiritse imyaka mu murima ufite ubuso bwa hegitari 814.63, hapfa inka 37, hangirika ishyamba ku buso bungana na Ha 214, hapfa n’andi matungo 29.

Hasenyutse amashuri 26, ikigo nderabuzima kimwe, hangirika imihanda irimdwi, insengero eshanu n’amateme 14.

Kubera ko imvura izakomeza kugwa ari nyinshi MINEMA yamaze kwimura abari batuye mu manegeka mu turere twa Burera, Gakenke, Gicumbi, Kamonyi, Karongi, Kicukiro, Muhanga, Ngororero, Nyabihu, Rulindo na Rusizi.

Mu karere ka Gasabo abaturage 981 bagombaga kwimurwa hasigaye umwe, muri Musanze abaturage 301 bagombaga kwimuka hasigaye 170 kuko 131 bo bamaze kuvanwa mu manegeka.

Nyamagabe himuwe 19 hasigara barindwi na Nyamasheke himuwe 86 hasigara umunani, Nyanza muri 15 bagomba kuvanwa mu manegeka himuwe umunani hasigara barindwi.

Muri Nyarugenge mu mujyi wa Kigali hasigaye kwimurwa 22 muri 483 bagombaga kwimurwa, naho Nyaruguru hasigaye kwimurwa 12, Rubavu hasigaye kwimurwa umwe naho Rutsiro hasigaye kwimurwa 83, mu karere ka Ruhango hasigaye 60.

MINEMA ivuga ko kwimura abaturage bose bizatwara ingengo y’imari ingana Frw 140.578.000.

TAGGED:AbanyarwandafeaturedIbizaIbiza AmanegekaInkunga
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Umugore Yatorewe Kuyobora Namibia
Next Article Guverinoma Y’Ubufaransa Yeguye Bidateye Kabiri
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Imiterere Y’Ubucuruzi Bw’u Rwanda N’Amahanga Muri 2025

Drone Y’Ingabo Z’u Rwanda Yakoze Impanuka 

Mu Rwanda Hamaze Kubakwa Ibiraro 300 Byo Mu Kirere

Ingabo Za Israel Zatangije Ibitero Byo Ku Butaka Byo Gusenya Gaza Yose

Musanze: Bafatanywe Litiro 1000 Z’Inzoga Itemewe

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Hari Icyo RSSB Isaba Abashaka Kuzahabwa RAMA

Akamaro K’Amashanyarazi Akomoka Ku Mirasire Y’Izuba Ni Ntagereranywa

Ikipe y’Igihugu Y’Ingimbi Ya Volleyball Yitabiriye Igikombe Cya Afurika

Qatar Irashaka Kurega Netanyahu 

Ibya Ariel Wayz Byajemo Gishegesha

You Might Also Like

Mu mahangaUmutekano

Amerika Yatwitse Ubundi Bwato Bwa Venezuela

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaPolitikiUmutekano

AFC/M23 Irashaka Gushinga Igisirikare Cy’Umwuga

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaPolitikiUbukungu

Kagame Yayoboye Inama Y’Abaminisitiri Yibanze Ku Biciro By’Amashanyarazi

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaPolitikiUbubanyi n'Amahanga

Inteko Y’U Rwanda Yikomye Iy’Ubumwe Bw’Uburayi

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?