Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Abanyarwanda 51 Bahungishijwe Muri Ukraine, 15 Babuze Uko Basohoka
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Ububanyi n'Amahanga

Abanyarwanda 51 Bahungishijwe Muri Ukraine, 15 Babuze Uko Basohoka

admin
Last updated: 01 March 2022 2:40 pm
admin
Share
SHARE

Guverinoma y’u Rwanda yemeje ko mu banyarwanda 86 babaga muri Ukraine, 51 bamaze guhungishwa ariko hari abandi 15 bari mu duce turimo kuberamo imirwano, badafite uko bahava.

Ni igikorwa kirimo kuba mu gihe u Burusiya bukomeje kongera umurego mu bitero kuri Ukraine, byatangiye mu minsi itandatu ishize.

Umuvugizi wungirije wa Guverinoma y’u Rwanda, Alain Mukurarinda, yabwiye RBA ko Guverinoma irimo gukora ibishoboka byose ngo ifashe bariya baturage bayo.

Yagize “Nta munyarwanda bari batubwira ko yakomeretse cyangwa se waba witabye Imana. Uyu munsi rero kano kanya turimo kuvugana tumaze kumenya ko 51 muri bo bamaze kwambuka, ni ukuvuga ngo ntabwo bakiri ku butaka bwa Ukraine, 50 bari muri Pologne, undi umwe ari muri Hungary.”

- Kwmamaza -
Ad imageAd image

Yanavuze ko ambasade y’u Rwanda muri Pologne yohereje abakozi babiri ku mupaka, ku buryo Abanyarwanda bahagera bagasanga hari umuntu ubakira.

Mu mikoranire n’ibindi bihugu bya Afurika kandi ngo aho umunyarwanda atungukiye bwa mbere baramufasha, ambasade zigahanahana amakuru.

Mukurarinda yakomeje ati “Hari rero abandi icyenda bategereje kwambuka ubu turimo tuvugana. Kubera umubare w’abantu benshi, hari n’uburyo Ukraine yashyizeho, bariyeri ya mbere iri mu bilometero 40, 50 uvuye ku mupaka, ni ukuvuga ngo baragera ahongaho akenshi banakahasiga imodoka kubera umubare w’abantu bakagenda, urumva ni umunsi wose umuntu agenda hafi umunsi n’ijoro.”

“Abo icyenda bategereje kwambuka, hari abandi 11 bari mu nzira bagana ku mupaka. Abo bose barimo baravugana na ambasade cyangwa se n’ababyeyi hano amakuru barayazi, ndetse na Minisiteri y’Ububanyi n’Amahanga, hakaba rero hari n’abandi 15 bari muri Ukraine ahabera imirwano, badashobora kugira aho bajya.”

Magingo aya ingabo z’u Burusiya zirimo kurwana cyane mu mujyi wa Kharkiv wa kabiri munini mu gihugu hamwe n’umurwa mukuru Kyiv.

- Advertisement -

Hari ubwoba ko itambara ishobora kuba mbi kurushaho, nyuma y’uko Perezida Vladmir Putin yasabye igisirikare gutegura intwaro z’ubumara, nubwo hakiri ugushidikanya niba koko ashobora kuzikoresha.

Minisitiri w’Ububanyi n’amahanga w’u Burusiya, Sergei Lavrov, kuri uyu wa Kabiri yatangaje ko hari intwaro nyinshi z’ubumara z’Abanyamerika ziri mu Burayi, basaba ko zisubizwa iwabo aho kurushaho gukomeza ibibazo.

TAGGED:Alain MukurarindafeaturedIntambaraU BurusiyaUkraine
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Belarus Nayo Yateye Ukraine
Next Article Uwatozaga Ikipe Y’Igihugu Ya Cameron Yasimbujwe Rigobert Song
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Niba Utabasha Guhagarara K’Ukuguru Kumwe Mu Masogonda 10 Umenye Ko Washaje…

Bobi Wine Agiye Kongera Kwiyamamariza Kuyobora Uganda

Papa Leo XIV Yasuye Imva Y’Uwo Aherutse Gusimbura

Amazi Yabereye Abatutsi Irimbi Kandi Asanzwe Ari Ubuzima

Equity Group Igiye Guteza Imbere Imishinga Yo Mu Rwanda No Muri DRC

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Nduhungirehe Avuga Ku Mushinga u Rwanda Rufitanye Na Amerika Ku Bimukira

Rwanda: Abagabo Bapfa Baruta Ubwinshi Abagore

Kagame Ari Mu Bufaransa 

Abasirikare Batatu B’u Rwanda Biciwe Muri Mozambique 

Aba Cardinals Batora Papa Bamaze Gushyira Ibintu Ku Murongo…

You Might Also Like

Mu RwandaUbukungu

Kwagura Umuhanda Kigali-Muhanga Byasubitswe

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbukungu

Rwanda: Ingengo Y’Imari Ya 2025-2026 Iziyongeraho Miliyari 1.216

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahanga

Umunyamerika Yatorewe Kuba Papa Wa Mbere Mu Mateka

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Imibereho Y'AbaturageMu Rwanda

Mu Myaka 61 Imaze Mu Rwanda Croix Rouge Yamariye Iki Abaturage?

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • [email protected]
  • [email protected]
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?