Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Abanyarwanda 51 Bahungishijwe Muri Ukraine, 15 Babuze Uko Basohoka
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Ububanyi n'Amahanga

Abanyarwanda 51 Bahungishijwe Muri Ukraine, 15 Babuze Uko Basohoka

admin
Last updated: 01 March 2022 2:40 pm
admin
Share
SHARE

Guverinoma y’u Rwanda yemeje ko mu banyarwanda 86 babaga muri Ukraine, 51 bamaze guhungishwa ariko hari abandi 15 bari mu duce turimo kuberamo imirwano, badafite uko bahava.

Ni igikorwa kirimo kuba mu gihe u Burusiya bukomeje kongera umurego mu bitero kuri Ukraine, byatangiye mu minsi itandatu ishize.

Umuvugizi wungirije wa Guverinoma y’u Rwanda, Alain Mukurarinda, yabwiye RBA ko Guverinoma irimo gukora ibishoboka byose ngo ifashe bariya baturage bayo.

Yagize “Nta munyarwanda bari batubwira ko yakomeretse cyangwa se waba witabye Imana. Uyu munsi rero kano kanya turimo kuvugana tumaze kumenya ko 51 muri bo bamaze kwambuka, ni ukuvuga ngo ntabwo bakiri ku butaka bwa Ukraine, 50 bari muri Pologne, undi umwe ari muri Hungary.”

Yanavuze ko ambasade y’u Rwanda muri Pologne yohereje abakozi babiri ku mupaka, ku buryo Abanyarwanda bahagera bagasanga hari umuntu ubakira.

Mu mikoranire n’ibindi bihugu bya Afurika kandi ngo aho umunyarwanda atungukiye bwa mbere baramufasha, ambasade zigahanahana amakuru.

Mukurarinda yakomeje ati “Hari rero abandi icyenda bategereje kwambuka ubu turimo tuvugana. Kubera umubare w’abantu benshi, hari n’uburyo Ukraine yashyizeho, bariyeri ya mbere iri mu bilometero 40, 50 uvuye ku mupaka, ni ukuvuga ngo baragera ahongaho akenshi banakahasiga imodoka kubera umubare w’abantu bakagenda, urumva ni umunsi wose umuntu agenda hafi umunsi n’ijoro.”

“Abo icyenda bategereje kwambuka, hari abandi 11 bari mu nzira bagana ku mupaka. Abo bose barimo baravugana na ambasade cyangwa se n’ababyeyi hano amakuru barayazi, ndetse na Minisiteri y’Ububanyi n’Amahanga, hakaba rero hari n’abandi 15 bari muri Ukraine ahabera imirwano, badashobora kugira aho bajya.”

Magingo aya ingabo z’u Burusiya zirimo kurwana cyane mu mujyi wa Kharkiv wa kabiri munini mu gihugu hamwe n’umurwa mukuru Kyiv.

Hari ubwoba ko itambara ishobora kuba mbi kurushaho, nyuma y’uko Perezida Vladmir Putin yasabye igisirikare gutegura intwaro z’ubumara, nubwo hakiri ugushidikanya niba koko ashobora kuzikoresha.

Minisitiri w’Ububanyi n’amahanga w’u Burusiya, Sergei Lavrov, kuri uyu wa Kabiri yatangaje ko hari intwaro nyinshi z’ubumara z’Abanyamerika ziri mu Burayi, basaba ko zisubizwa iwabo aho kurushaho gukomeza ibibazo.

TAGGED:Alain MukurarindafeaturedIntambaraU BurusiyaUkraine
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Belarus Nayo Yateye Ukraine
Next Article Uwatozaga Ikipe Y’Igihugu Ya Cameron Yasimbujwe Rigobert Song
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Rwanda: Abakanishi Bagiye Guhugurwa K’Ugukanika Batiri Za Bisi Z’Amashanyarazi

Rulindo: Abaturage Biyemeje Kurinda Ibidukikije

DRC: Intara Ya Ituri Iri Kuberamo Imirwano Ikomeye

Minisitiri W’Intebe Yasuye Icyanya Cy’Inganda Cya Musanze

Hari Ikigega Kizaha Urubyiruko Inguzanyo Nta Ngwate

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Hari Ikigega Kizaha Urubyiruko Inguzanyo Nta Ngwate

RDF/Military Police Mu Myitozo Ikarishye

DRC: Abanyamerika Barashaka Kubaka Uruganda Rw’Amashanyarazi Mu Kivu

Elwelu Mu Bajenerali Barindwi Museveni Yahaye Ikiruhuko Cy’Izabukuru

Nyanza: Umugore Yishe Umugabo We

You Might Also Like

Mu RwandaPolitikiUbukungu

P.M Nsengiyumva Asaba Urubyiruko Kudata Umwanya Mu Biciriritse

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbucuruzi MpuzamahangaUbukungu

U Rwanda Rugiye Gushyira Ikawa Muri Cyamunara Mpuzamahanga 

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaPolitikiUbutabera

DRC: Uwahoze Ari Minisitiri W’Ubutabera Yasabiwe Gukora Imirimo Nsimburagifungo

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
ImikinoMu Rwanda

U Rwanda Rwatangiye Amarushamwa Nyafurika Ya Basketball Rutsindwa

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?