Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Abanyarwanda Babiri Bakekwaho Jenoside Babonywe Muri Australia
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Mu Rwanda

Abanyarwanda Babiri Bakekwaho Jenoside Babonywe Muri Australia

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 26 February 2024 10:12 am
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Abo ni Floduard Rukeshangabo na Célestin Munyaburanga bakekwaho uruhare muri Jenoside yakorewe Abatutsi. Hari hashize igihe kirekire bashakishwa kubera kwihisha ubutabera.

Ibinyamakuru bibiri byo muri Australia byitwa Guardian Australia na Four Corners nibyo byabakozeho iperereza biza gusanga Rukeshangabo yarabonye ubwenegihugu bwa Australia akaba atuye i Brisbane naho Munyaburanga atuye i Canberra.

Abo bose kandi bakatiwe na Gacaca batari mu gihugu.

Ibi binyamakuru bivuga ko Rukeshangabo yageze muri Australia mu mwaka wa 2009 nk’impunzi, aza guhabwa ubwenegihugu nyuma y’imyaka ibiri.

Ikindi ni uko umuryango wa hafi wa Munyaburanga utuye mu Majyepfo ashyira uburengerazuba bwa Brisbane.

Umugabo bikekwa ko ari Munyaburanga nyirizina yagaragaye muri uru rugo, nubwo umwe mu bagize umuryango we yavuze ko ataba muri Australia.

Aba bagabo bombi bashyiriweho impapuro zo gutabwa muri yombi kubera uruhare bakekwaho muri Jenoside yakorewe Abatutsi mu mwaka wa 1994.

Mu mwaka wa 2007 nibwo Rukeshangabo yahamijwe ibyaha bya Jenoside n’Inkiko Gacaca, akatirwa gufungwa imyaka 30.

Umwe mu baturage bo mu Karere ka Ngoma witwa Joel Gatarayiha yeretswe ifoto ya Rukeshangabo ahamya ko ari we koko.

Gatarayiha ahamya ko Rukeshangabo wari umugenzuzi w’amashuri mbere ya Jenoside yakorewe Abatutsi, yagize uruhare mu rupfu rwa murumuna we witwaga Bizimungu.

Ibi kandi bishimangirwa na Alphonse Hategekimana nawe wagize uruhare muri Jenoside ariko akaza kubihanirwa.

Hategekimana ubu yarafunguwe, akemeza ko yakubise Umututsi witwa Bizimungu abitegetswe na Rukeshangabo.

Ati “Niba twarakoreye icyaha hamwe kandi akaba ariwe wari umuyobozi nkaza guhanwa njyenyine, ntawe bitababaza.”

Ku rundi ruhande, Munyaburanga ushakishwa n’ubutabera yari Umuyobozi w’Ikigo cy’Amashuri cy’i Hanika mu Karere ka Nyanza.

Muri Jenoside yagize uruhare mu kuyobora ibitero no gushyiraho bariyeri zaguyeho Abatutsi barenga 20.

Marie Gorethi Uwisenga warokokeye muri ibi bice, avuga ko yapfushije abantu 14 kandi bishwe bigizwemo uruhare na Munyaburanga.

Ubuhamya bwa Uwisenga abuhuriyeho na mubyara we Charlotte Mutegarugori, waciwe urutoki muri Jenoside yakorewe Abatutsi.

Ati “Munyaburanga yaraduhemukiye cyane, naramubonye yica musaza wanjye, icyo nsaba ni uko badufasha akazanwa mu gihugu kugira ngo inkiko zikore akazi kazo.”

Nyuma yo kumenya ibyaha akurikiranyweho, ibi binyamakuru byo muri Australia byoherereje ubutumwa Rukeshangabo ngo agire icyo abivugaho, ariko avuga ko “adashaka gukora ikiganiro n’itangazamakuru.”

Yakomeje avuga ko “Azi neza ibirego ashinjwa ariko ko ari gahunda igamije kumusiga icyasha we n’umuryango we ndetse n’abandi Banyarwanda b’impunzi.”

TAGGED:AbanyarwandaAustraliafeaturedJenoside
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Burera: Amazi Yanduye Ava Mu Kigo Cy’Amashuri Arashyira Ubuzima Bw’Abagituriye Mu Kaga
Next Article Burundi: Abantu 14 Bishwe N’Igitero
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Perezida Kagame Yafashe Mu Mugongo Abo Mu Muryango Wa Dr.Kirabo Washyinguwe

Mu Mashuri Abanza Abakobwa Batsinze Kurusha Abahungu-NESA

Hakozwe Umuti Wa Malaria W’Impinja

REMA Yatangaje Igihe Cyo Gusuzumisha Ibyuka Byo Mu Binyabiziga

Ibanga Kepler Yakoresheje Ngo Ihagarare Neza Muri Basket Y’Abagore

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Hari Ikigega Kizaha Urubyiruko Inguzanyo Nta Ngwate

Rwanda: Abakanishi Bagiye Guhugurwa K’Ugukanika Batiri Za Bisi Z’Amashanyarazi

Trump Na Putin Ntibemeranyije Guhagarika Intambara Ya Ukraine

DRC: Uwahoze Ari Minisitiri W’Ubutabera Yasabiwe Gukora Imirimo Nsimburagifungo

Kwitabira Gufata Irangamimerere Byitabirwe Na Buri Wese- MINALOC 

You Might Also Like

Mu mahangaPolitikiUbubanyi n'Amahanga

Qatar Irongera Yakire Intumwa Za DRC Na AFC/M23

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaUbubanyi n'AmahangaUmutekano

Trump Arashaka Kwicaranya Putin Na Zelensky

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Ibiza KamereMu RwandaUmutekano

Inkuba Zishe Bane Muri Batanu Bishwe N’Ibiza-MINEMA

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaPolitikiUbubanyi n'Amahanga

Abayobozi Mu Burayi Bitabye Trump

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?