Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Abanyarwanda Babiri Bakekwaho Jenoside Babonywe Muri Australia
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Mu Rwanda

Abanyarwanda Babiri Bakekwaho Jenoside Babonywe Muri Australia

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 26 February 2024 10:12 am
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Abo ni Floduard Rukeshangabo na Célestin Munyaburanga bakekwaho uruhare muri Jenoside yakorewe Abatutsi. Hari hashize igihe kirekire bashakishwa kubera kwihisha ubutabera.

Ibinyamakuru bibiri byo muri Australia byitwa Guardian Australia na Four Corners nibyo byabakozeho iperereza biza gusanga Rukeshangabo yarabonye ubwenegihugu bwa Australia akaba atuye i Brisbane naho Munyaburanga atuye i Canberra.

Abo bose kandi bakatiwe na Gacaca batari mu gihugu.

Ibi binyamakuru bivuga ko Rukeshangabo yageze muri Australia mu mwaka wa 2009 nk’impunzi, aza guhabwa ubwenegihugu nyuma y’imyaka ibiri.

Ikindi ni uko umuryango wa hafi wa Munyaburanga utuye mu Majyepfo ashyira uburengerazuba bwa Brisbane.

Umugabo bikekwa ko ari Munyaburanga nyirizina yagaragaye muri uru rugo, nubwo umwe mu bagize umuryango we yavuze ko ataba muri Australia.

Aba bagabo bombi bashyiriweho impapuro zo gutabwa muri yombi kubera uruhare bakekwaho muri Jenoside yakorewe Abatutsi mu mwaka wa 1994.

Mu mwaka wa 2007 nibwo Rukeshangabo yahamijwe ibyaha bya Jenoside n’Inkiko Gacaca, akatirwa gufungwa imyaka 30.

Umwe mu baturage bo mu Karere ka Ngoma witwa Joel Gatarayiha yeretswe ifoto ya Rukeshangabo ahamya ko ari we koko.

Gatarayiha ahamya ko Rukeshangabo wari umugenzuzi w’amashuri mbere ya Jenoside yakorewe Abatutsi, yagize uruhare mu rupfu rwa murumuna we witwaga Bizimungu.

Ibi kandi bishimangirwa na Alphonse Hategekimana nawe wagize uruhare muri Jenoside ariko akaza kubihanirwa.

Hategekimana ubu yarafunguwe, akemeza ko yakubise Umututsi witwa Bizimungu abitegetswe na Rukeshangabo.

Ati “Niba twarakoreye icyaha hamwe kandi akaba ariwe wari umuyobozi nkaza guhanwa njyenyine, ntawe bitababaza.”

Ku rundi ruhande, Munyaburanga ushakishwa n’ubutabera yari Umuyobozi w’Ikigo cy’Amashuri cy’i Hanika mu Karere ka Nyanza.

Muri Jenoside yagize uruhare mu kuyobora ibitero no gushyiraho bariyeri zaguyeho Abatutsi barenga 20.

Marie Gorethi Uwisenga warokokeye muri ibi bice, avuga ko yapfushije abantu 14 kandi bishwe bigizwemo uruhare na Munyaburanga.

Ubuhamya bwa Uwisenga abuhuriyeho na mubyara we Charlotte Mutegarugori, waciwe urutoki muri Jenoside yakorewe Abatutsi.

Ati “Munyaburanga yaraduhemukiye cyane, naramubonye yica musaza wanjye, icyo nsaba ni uko badufasha akazanwa mu gihugu kugira ngo inkiko zikore akazi kazo.”

Nyuma yo kumenya ibyaha akurikiranyweho, ibi binyamakuru byo muri Australia byoherereje ubutumwa Rukeshangabo ngo agire icyo abivugaho, ariko avuga ko “adashaka gukora ikiganiro n’itangazamakuru.”

Yakomeje avuga ko “Azi neza ibirego ashinjwa ariko ko ari gahunda igamije kumusiga icyasha we n’umuryango we ndetse n’abandi Banyarwanda b’impunzi.”

TAGGED:AbanyarwandaAustraliafeaturedJenoside
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Burera: Amazi Yanduye Ava Mu Kigo Cy’Amashuri Arashyira Ubuzima Bw’Abagituriye Mu Kaga
Next Article Burundi: Abantu 14 Bishwe N’Igitero
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Hari Icyo RSSB Isaba Abashaka Kuzahabwa RAMA

FERWAFA Yagennye Umubare Mushya W’Abanyamahanga Mu Ikipe Yitabiriye Shampiyona

Congo Yarenze Umurongo Utukura Ubwo Yavugaga Ko Dukora Jenoside- Amb.Urujeni

Ibyahoze Ari Ibiryabarezi Binagurwamo Ibikoresho By’Ingirakamaro

Asaba Ko Drones Nini Zazakoreshwa Mu Kubagezaho Intanga

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Icyo Abazasiganwa Mu Irushanwa Ry’Isi Ry’Amagare Bavuga Ku Mihanda Y’u Rwanda

Trump Yategetse Hamas Guhita Irekura Abanya Israel Bose Yashimuse

Groupe Kassav Niyo Izasusurutsa Abazita Ingagi Amazina

Twishimiye Drones Zitwara Abagenzi-Kagame Avuga Ku Ikoranabuhanga Mu By’Indege

Amerika Ikomeje Kureshya DRC Ku Byerekeye Amabuye Y’Agaciro

You Might Also Like

Mu RwandaUbubanyi n'Amahanga

Harateganywa Visit Rwanda Muri Brazil

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Imibereho Y'AbaturageMu RwandaUmutekano

RIB Ibakurikiranyeho Gukoresha Telefoni Bagatekera Abandi Umutwe

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUmutekano

Nyamasheke: Yahitanywe N’Ikiraro Cyamuvunikiyeho Avuye Kunywa

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
IkoranabuhangaMu RwandaUbukungu

Rwanda: Bidatinze Drones Zizageza Ibicuruzwa Mu Ngo

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?