Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Abanyarwanda Bahuguwe Uko Batwara Ubwato Bw’Imizigo Iremereye
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Mu Rwanda

Abanyarwanda Bahuguwe Uko Batwara Ubwato Bw’Imizigo Iremereye

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 07 December 2022 6:24 pm
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

I Dar es Salaam muri Tanzania haherutse gutangwa impamyabumenyi zahawe abanyeshuri 10 barimo babiri baturutse mu Rwanda bari bamaze igihe biga gutwara ubwato butwara imizigo iremereye. Abo banyeshuri baturutse mu bihugu bigize Umuhora wo hagati bita Central corridor.

Aba banyeshuri bavuga ko bamenye neza uko gutwara ubwato nka buriya bikorwa, ibyago bibibamo n’uburyo babyitwaramo.

Bemeza ko n’ubwo bo hari ubumenyi bakuye mu masomo bamaze iminsi bahabwa, ariko ari ngombwa ko n’abandi bo mu rungano rwabo basize mu bihugu baturutsemo nabo bahugurwa.

Impamvu ngo ni uko hakiri icyuho mu bantu batwara ubwato nka buriya bukenera imbaraga.

Abimana Fidel usanzwe ari Umunyamabanga uhoraho muri Minisiteri y’ibikorwaremezo yavuze ko muri gahunda za Guverinoma y’u Rwanda harimo ko igomba gukomeza gushyiraho ibikorwa remezo kugira ngo bifashe mu bwikorezo bw’ingeri zose.

Abimana Fidel

Nyuma y’uko bariya banyeshuri bahuguwe kuri buriya bumenyi, hari gahunda y’uko bidatinze buri gihugu mu bihugu bitanu bigize Umuhora wo hagati( central corridor) kizoherexa abanyeshuri batatu bagahugurwa muri kariya kazi.

Umuhora wo hagati ugizwe n’ibihugu bitanu ari byo u Rwanda, u Burundi, Tanzania, Uganda na Repubulika ya Demukarasi ya Congo.

Mu bihe bisanzwe ariya masomo amara imyaka itatu ariko kubera ibibazo birimo na COVID-19 kuri iyi nshuro yarangijwe nyuma y’imyaka itanu.

Gutinda kurangiza amasomo byatewe n’uko abanyeshuri babuze aho gukorera ibyo kwimenyereza umwuga, ibyo bita stage cyangwa internship.

Umunyamabanga nshingwabikorwa w’ikigo CCTTFA cy’ibihugu bikoresha uyu muhora ku cyambu cya Dar es salaam, Me Flory Okandju avuga ko kuba abanyeshuri batarabonye aho bimenyereza heza kandi mu gihe nyacyo byatumye badindira mu masomo bituma amara imyaka itanu kandi yari asanzwe amara imyaka itatu.

Me Flory Okandju
Ni abanyeshuri baturuka mu bihugu bigize icyo bita umuhora wo hagati
TAGGED:featuredHagatiRwandaUbwatoUmuhora
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Yasabye Urukiko Gushyira Mu Bikorwa Igihano Cy’Urupfu Rwamukatiye
Next Article Ingengo Y’Imari Nto Igenerwa Ubuhinzi Iri Mu Bibudindiza
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Afurika Yunze Ubumwe Igiye Gushyiraho Komisiyo Ku Masezerano Ya Kigali Na Kinshasa

Abakekwaho Kwiba Mu Isoko Rya Kimironko Bafashwe

Ruhango: Bakurikiranyweho Gutega Abantu Bakabaniga

Nduhungirehe Yitabiriye Inama Yiga K’Ubufatanye Bw’Ubuyapani N’Afurika

Uburundi Bugiye Gukoresha Amafaranga Y’Ubushinwa Mu Gutumiza Ibintu Hanze

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

MINAGRI Irasaba Abahinzi Kudahubukira Gutera Imyaka

Hari Ikigega Kizaha Urubyiruko Inguzanyo Nta Ngwate

Trump Na Putin Ntibemeranyije Guhagarika Intambara Ya Ukraine

Rwanda: Abakanishi Bagiye Guhugurwa K’Ugukanika Batiri Za Bisi Z’Amashanyarazi

Abakekwaho Kwiba Mu Isoko Rya Kimironko Bafashwe

You Might Also Like

ImikinoMu Rwanda

Afrobasket: Amakipe Y’U Rwanda Yatashye Amara Masa

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaPolitiki

Perezida Kagame Yafashe Mu Mugongo Abo Mu Muryango Wa Dr.Kirabo Washyinguwe

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaPolitiki

Mu Mashuri Abanza Abakobwa Batsinze Kurusha Abahungu-NESA

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Imibereho Y'AbaturageUbuzima

Hakozwe Umuti Wa Malaria W’Impinja

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?