Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Abanyarwanda Umunani Bari Bimuriwe Muri Niger Basubijwe i Arusha
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Ubutabera

Abanyarwanda Umunani Bari Bimuriwe Muri Niger Basubijwe i Arusha

admin
Last updated: 08 February 2022 9:05 am
admin
Share
SHARE

Urwego rwasigaranye imirimo y’inkiko mpuzamahanga mpanabyaha (IRMCT) rwafashe icyemezo cyo gusubiza i Arusha muri Tanzania Abanyarwanda umunani baherukaga kwimurirwa muri Niger, nyuma igategeka ko bava ku butaka bwayo kubera impamvu za dipolomasi.

Ni abanyarwanda bari mu byiciro bibiri: abagizwe abere n’Urukiko mpuzamahanga mpanabyaha rwashyiriweho u Rwanda (ICTR) ku byaha bya Jenoside n’ababihamijwe ariko barangije ibihano.

Nyuma yo kurekurwa banze gusubira iwabo mu Rwanda, babura ikindi gihugu cyabakira.

Ku wa 15 Ugushyingo 2021 nibwo icyizere cy’uko icyo kibazo kigiye gukemuka cyabonetse, ubwo IRMCT yasinyanaga amasezerano na Guverinoma Niger, yemera kubakira uko ari icyenda no kubaha uburenganzira bwo gutura.

- Kwmamaza -
Ad imageAd image

Barimo abahoze ari abanyapolitiki nka Protais Zigiranyirazo wayoboye Perefegitura ya Ruhengeri akaba na muramu wa Juvenal Habyarimana, Ntagerura André wabaye Minisitiri w’Ubwikorezi na Mugiraneza Prosper wabaye Minisitiri w’abakozi ba Leta.

Harimo n’abari abasirikare nka Major François-Xavier Nzuwonemeye, Colonel Alphonse Nteziryayo wayoboye Military Police, Lieutenant-Colonel Tharcisse Muvunyi wayoboye Ecole des Sous-Officiers (ESO) i Butare, Colonel Nsengiyumva Anatole wayoboye iperereza rya gisirikare na Captain Sagahutu Innocent.

Jérôme Bicamumpaka uri mu bashinze ishyaka MDR we yanze kujyana nabo muri Niger, avuga ko afite uburwayi akeneye kwivuza muri Kenya.

Uko ari umunani bagezeyo ku wa 5 Ukuboza, bahabwa ibyangombwa by’inzira n’aho kuba.

Ni icyemezo kitishimiwe n’u Rwanda, ruvuga ko rutigeze rumenyeshwa mbere isinywa ry’ayo masezerano hagati “y’igihugu cy’inshuti” n’umuryango rubarizwamo.

- Advertisement -

Byongeye, rwibazaga niba hari icyakozwe ngo batazagera muri Niger bakinjira mu bikorwa byo kubangamira umutekano warwo, nk’uko byagiye bibaho mbere.

Nzuwonemeye aheruka kwandikira umucamanza ati “Guverinoma yaje kunsaba gusubiza ibyo byangombwa, imbwira ko hari ibintu bigomba gukosorwaho. Ku wa 22 Ukuboza 2021, Guverinoma ya Niger yashyize abapolisi bafite imbunda ku nyubako njye n’abandi bagizwe abere cyangwa barekuwe barangije ibihano twabagamo, batubuza kongera kuhava.”

Guhera uwo munsi ngo ntibongeye kugira aho batarabukira.

Ku wa 27 Ukuboza 2021 Guverinoma ya Niger yatangaje byeruye ko ku mpamvu za dipolomasi, bagomba kuva ku butaka bwayo mu minsi irindwi.

Hitabajwe inkiko, biba iby’ubusa 

Ku wa 31 Ukuboza 2021, umucamanza Joseph E. Chiondo Masanche yanzuye ko kubirukana mu gihugu binyuranyije n’amasezerano IRMCT yasinyanye na Niger.

Harimo ingingo iteganya ko bazamara muri Niger nibura umwaka umwe nyuma yo kwimurirwayo, muri icyo gihe bakabeshwaho n’ubushobozi buzatangwa n’Urwego (IRMCT).

Ku wa 4 Mutarama 2022 Niger yatangaje ko yemeye kubagumana indi minsi 30 yabazwe guhera ku wa 3 Mutarama, iza kurangira ku wa 2 Gashyantare 2022.

Ntabwo ariko yigeze isubiza ibyangombwa bariya banyarwanda ngo batagira aho bajya.

Mbere y’uko itariki ntarengwa igera, ba bantu umunani bitabaje Urukiko rw’Ubujurire rwa Niger, ariko ku wa 25 Mutarama 2022 rutera utwatsi ubusabe bwabo bwo gusubizwa ibyangombwa n’uburenganzira bwo kwidegembya.

Basubiye muri IRMCT bayisaba gushaka ikindi gihugu bimurirwamo bwangu, kuko bitaye ibyo Niger ishobora kubohereza mu Rwanda kandi baranze kujyayo mbere hose.

Mu gutsimbarara isaba ko bava ku butaka bwayo, Niger yaje kwifashisha ikigo cy’abanyamategeko cyo muri Niamey, yohereza imyanzuro muri IRMCT isaba ko icyemezo cy’umucamanza cyo kubagumisha muri icyo gihugu gikurwaho.

Yatanze impamvu ko “kuguma ku butaka bw’iki gihugu ari ikibazo ku ituze rusange n’umutekano w’igihugu,” bituma ikibazo kirushaho gukomera.

 Birangiye basubijwe i Arusha

Mu cyemezo Umucamanza Joseph E. Chiondo Masanche kuri uyu wa Mbere, yemeje ko bariya bantu umunani bagomba gusubira ku cyicaro cya IRMCT i Arusha.

Yavuze ko kubimurira muri Niger byishimiwe cyane, ariko bisa n‘aho bitangiye kubyara ikibazo cyo kubangamira uburenganzira bwa muntu.

Ni mu gihe ngo Urwego akorera rufite inshingano zo kubahiriza ituze ry’abantu barekuwe cyangwa bagizwe abere, mu gihe bategereje kwimurirwa mu kindi gihugu.

Yavuze ko nubwo bariya bantu ngo baba ari ikibazo ku mutekano w’igihugu wa Niger, mbere yo gufata icyemezo yagombaga kubiganiraho n’ubwanditsi bw’Urwego.

Ariko ngo ntibyakozwe, ihitamo kubirukana no gufatira ibyangombwa byabo hirengagijwe amasezerano yasinywe.

Umucamanza ngo yasanze aho ibintu bigeze, bitagishoboka ko amasezerano yo kubimurira muri Niger ashyirwa mu bikorwa.

Byongeye, ngo ntihahita haboneka ikindi gihugu cyabakira, kandi uburyo babayeho muri Niger si ibintu byakomeza.

Yakomeje ati “Bityo nkaba nsanga ari ngombwa gusaba Ubwanditsi bugakora ibishoboka byose kugra ngo bariya bantu bimuriweyo basubizwe ku ishami rya Arusha by’igihe gito, kugeza bishobotse ko boherezwa mu kindi gihugu.”

Yategetse Guverinoma ya Niger gutanga ibikenewe byose kugira ngo iki cyemezo kibashe gushyirwa mu bikorwa.

Yasabye Ubwanditsi ko mu minsi itarenze irindwi, buzamumenyesha aho icyemezo kigeze gishyirwa mu bikorwa.

TAGGED:ArushafeaturedIRMCTNigerZigiranyirazo
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Inama Minisiteri Y’Ubuhinzi Igira Abahinzi Muri Iki Gihe Cy’Imvura Idasanzwe
Next Article Abantu 655 Bishwe n’Impanuka Zo Mu Muhanda Mu 2021
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Niba Utabasha Guhagarara K’Ukuguru Kumwe Mu Masogonda 10 Umenye Ko Washaje…

Bobi Wine Agiye Kongera Kwiyamamariza Kuyobora Uganda

Papa Leo XIV Yasuye Imva Y’Uwo Aherutse Gusimbura

Amazi Yabereye Abatutsi Irimbi Kandi Asanzwe Ari Ubuzima

Equity Group Igiye Guteza Imbere Imishinga Yo Mu Rwanda No Muri DRC

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Nduhungirehe Avuga Ku Mushinga u Rwanda Rufitanye Na Amerika Ku Bimukira

Rwanda: Abagabo Bapfa Baruta Ubwinshi Abagore

Kagame Ari Mu Bufaransa 

Abasirikare Batatu B’u Rwanda Biciwe Muri Mozambique 

Aba Cardinals Batora Papa Bamaze Gushyira Ibintu Ku Murongo…

You Might Also Like

Mu RwandaUbukungu

Kwagura Umuhanda Kigali-Muhanga Byasubitswe

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbukungu

Rwanda: Ingengo Y’Imari Ya 2025-2026 Iziyongeraho Miliyari 1.216

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahanga

Umunyamerika Yatorewe Kuba Papa Wa Mbere Mu Mateka

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbukungu

Umusaruro W’Ibikomoka Ku Buhinzi u Rwanda Rwohereje Hanze Mu Cyumweru Gishize

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • [email protected]
  • [email protected]
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?