Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Abanyarwandakazi Boherejwe Kugarura Amahoro Ku Isi Baravugwa Imyato
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Mu mahanga

Abanyarwandakazi Boherejwe Kugarura Amahoro Ku Isi Baravugwa Imyato

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 03 September 2022 7:22 am
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Umunyamabanga Mukuru wungirije w’Umuryango w’Abibumbye ushinzwe ishami ry’ibikorwa byo kugarura amahoro aho yabuze, Jean Pierre Lacroix yashimye uruhare Abanyarwandakazi mu kugarura amahoro aho boherejwe.

Barimo abasirikare n’abapolisi  bakorera hirya no hino ku isi.

Lacroix yashimye uruhare rwabo cyane cyane  mu bijyanye no kurwanya ihohoterwa rishingiye ku gitsina.

Yabivuze kuri uyu wa Kane, Taliki ya 01, Nzeri, 2022  ubwo yakiraga mu Biro bye uhagarariye u Rwanda mu Muryango w’Abibumbye, Ambasaderi Gatete Claver n’umuyobozi Mukuru wungirije wa Polisi y’u Rwanda ushinzwe ibikorwa (DIGP) Felix Namuhoranye.

- Kwmamaza -
Ad imageAd image
Abapolisi n’Abasirikare b’Abanyarwandakazi bashimirwa uruhare bagira mu kubugangabunga amahoro ku isi

DIGP Namuhoranye ari i New York muri Leta Zunze Ubumwe z’Amerika mu Nama y’Umuryango w’Abibumbye ihuza abakuru ba Polisi z’ibihugu (UNCOPS).

Namuhoranye yashimangiye ubushake bw’u Rwanda bwo gutanga umusanzu mu butumwa bwo kubungabunga amahoro.

Hagati aho kandi  DIGP Namuhoranye yahuye kandi n’abayobozi ba Polisi ya Suwede na Zimbabwe .

Komiseri Hakan Wall uyobora Polisi muri Suwede  mu ishami rishinzwe ibikorwa mpuzamahanga akaba n’umuyobozi ushinzwe ibikorwa byo kugarura amahoro, yashimye ubufatanye hagati ya Suwede n’u Rwanda cyane cyane mu bikorwa byo kubungabunga amahoro.

Hagati aho u Rwanda na Suwede byashyizeho itsinda ryihariye rya Polisi rishinzwe kurwanya ihohoterwa rishingiye ku gitsina bise (SPT-GBV) rikorera mu butumwa bw’Umuryango w’Abibumbye muri Repubulika ya Centrafrique (MINUSCA).

- Advertisement -

U Rwanda rufite amatsinda atatu agizwe n’abapolisi muri MINUSCA; arimo imitwe ibiri y’Abapolisi ikora ibikorwa byo kurinda umutekano n’ituze rusange ry’abaturage (FPUs) hamwe n’umutwe w’abapolisi ushinzwe kurinda abayobozi by’umwihariko (PSU).

Bose hamwe ni abapolisi  460.

The UN Under Secretary General for Department of Peace Operations, Jean Pierre Lacroix has lauded the performance of Rwandan peacekeepers in peace support operations. https://t.co/s37GXO52r6 pic.twitter.com/DXgKxMWejl

— Rwanda National Police (@Rwandapolice) September 2, 2022

Hakan yashimye ubunyamwuga bw’abapolisi b’u Rwanda bari mu butumwa bw’amahoro cyane cyane mu kurwanya ihohoterwa rishingiye ku gitsina agaragaza ko hakenewe guteza imbere ubufatanye.

DIGP Namuhoranye yashimye ubufatanye buriho, asobanura ubushake bw’u Rwanda n’ubushobozi bwo gutanga ‘ubumenyi bwihariye’ mu butumwa bwo kubungabunga amahoro kugira ngo birusheho gutanga umusaruro ku mibereho myiza y’abaturage no hanze ya Repubulika ya Centrafrique.

TAGGED:AbanyarwandakaziAmahoroPolisi
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article CANAL+ Yongereye Iminsi Ya Poromosiyo Ku Mikino Ya UEFA Champions League
Next Article Umwaka Urushize Jay Polly KABAKA Atabarutse
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Papa Leo XIV Yasuye Imva Y’Uwo Aherutse Gusimbura

Amazi Yabereye Abatutsi Irimbi Kandi Asanzwe Ari Ubuzima

Equity Group Igiye Guteza Imbere Imishinga Yo Mu Rwanda No Muri DRC

Burundi: Impunzi Zo Muri DRC Zugarijwe N’Indwara Zikomeye

Kwagura Umuhanda Kigali-Muhanga Byasubitswe

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Nduhungirehe Avuga Ku Mushinga u Rwanda Rufitanye Na Amerika Ku Bimukira

Rwanda: Abagabo Bapfa Baruta Ubwinshi Abagore

Meteo Iraburira Abanyarwanda 

Kagame Ari Mu Bufaransa 

Abasirikare Batatu B’u Rwanda Biciwe Muri Mozambique 

You Might Also Like

Mu mahanga

Umunyamerika Yatorewe Kuba Papa Wa Mbere Mu Mateka

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaUmutekano

Ubuhinde Na Pakistan Byambariye Intambara

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahanga

Roma: Gutora Papa Ku Munsi Wa Mbere Byananiranye

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaUmutekano

M23 Yafashe Ahantu Hakungahaye Kuri Zahabu

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • [email protected]
  • [email protected]
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?