Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Abanyeshuri 62 Bananiwe Gusoza Amasomo Yari Kubahesha Ipeti Rya Su-Liyetona
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Mu Rwanda

Abanyeshuri 62 Bananiwe Gusoza Amasomo Yari Kubahesha Ipeti Rya Su-Liyetona

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 26 April 2021 2:14 pm
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Umuyobozi w’Ishuri rya Gisirikare rya Gako Maj. Gen. Innocent Kabandana yavuze ko abanyeshuri binjijwe mu ngabo z’u Rwanda kuri uyu wa Mbere bakoze akazi gakomeye, ku buryo atari bose babashije kurangiza amasomo.

Perezida Paul Kagame akaba n’Umugaba w’Ikienga w’Ingabo z’u Rwanda, yinjije mu ngabo abanyeshuri 721, bahawe ipeti rya Su-Liyetona. Harimo abakobwa 74.

Bari mu byiciro bitatu birimo 209 bize amasomo y’umwuga wa gisirikare babifatanyije n’amasomo ya Kaminuza y’u Rwanda, yabahesheje impamyabumenyi y’icyiciro cya kabiri cya kaminuza mu buhanga mu bya gisirikare n’ubumenyamuntu, ubuvuzi, ubuhanga mu by’ubukaninishi n’ingufu.

Icyiciro cya kabiri kigizwe n’abanyeshuri 506 bize umwaka umwe amasomo ya gisirikare gusa, bagizwe n’abari abasirikare bato muri RDF (347) n’abari abasivili (159), bafite impamyabumenyi y’icyiciro cya kabiri cya kaminuza.

- Kwmamaza -
Ad imageAd image

Icyiciro cya gatatu kigizwe n’abofisiye batandatu barangirije amasomo ya gisirikare mu bihugu birimo u Bubiligi, Kenya na Sri Lanka.

Gen Kabandana yakomeje ati “Urugendo aba banyeshuri bagenze ntirwari rworoshye. 62 batangiranye ntibabashije kurangiza ku mpamvu zitandukanye zirimo gutsindwa amasomo, imyifatire ndetse n’uburwayi.”

Yavuze ko kuva iri shuri rya Gako ryatangira mu 1999, intego yaryo ari ukwigisha abasore n’inkumi batoranyirijwe kwinjira mu Ngabo z’u Rwanda ku rwego rwa ofisiye, no kubaka ubumenyi, imikorere, n’indangagaciro by’umwuga wa gisirikare.

Gen Kabandana yavuze ko guhera mu 2015, ku bufatanye na Kaminuza y’u Rwanda hatangiye amasomo atandukanye aba banyeshuri barangijemo, afatanywa n’aya gisirikare.

Muri Nzeri 2020 hakiriwe abanyeshuri baziga mu yandi mashami ane y’imibare, ubugenge, ibinyabuzima n’ubutabire. Amasomo yatangiye muri Mata 2021.

- Advertisement -

Perezida Kagame yabwiye aba basirikare bashya ko bafite inshingano zikomeye zo guha abaturage umutekano bakeneye ngo biteze imbere.

Ati “Mugomba guhora muzirikana ko umurimo wanyu mbere na mbere ari ugukorera Abanyarwanda, abavandimwe banyu, ababyeyi banyu, aho mukomoka.”

Yabijeje inkunga mu mirimo yabo, anabibutsa ko RDF hari byinshi ibategerejeho.

Ati “ RDF ni nk’umuryango twese duhuriyemo, ndagira ngo mbabwire ko ari umuryango umeze neza, mwiza, twese twishimira kuba turimo. ”

Yabasabye ko iryo zina ryiza bakomeza kuryubaka, ari nako bubaka igihugu cyabo.

Muri uyu muhango hanahembwe abanyeshuri bahize abandi. Mu bize imyaka ine hahembwe Fred Rugamba, mu bize imyaka itatu hahembwa Jimmy Rutagengwa naho mu bize umwaka hahembwa Alphonse Niyibaho, ari na we wahize abanyeshuri bose.

TAGGED:featuredIngaboInnocent KabandanaPaul KagameRDFUmutekano
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Uwashaka Guhungabanya Ubusugire Bw’Igihugu Cyacu Byamuhenda – Kagame
Next Article Minisitiri Biruta Yahuye Na Mugenzi We W’U Bubiligi
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Mpambara Yashimye Ubutwari Abagore Bafashwe Ku Ngufu Muri Jenoside Bagize

FIFA Yafatiye Ibihano Kiyovu Sports FC Na AS Kigali

Ikawa Yatambutse Ku Cyayi Mu Kwinjiriza u Rwanda Amadovize

UBUSESENGUZI: Urugendo Rwa Trump Mu Bihugu By’Abarabu Ruhatse Iki?

DRC: Impaka Ni Zose Ku Cyemezo Cyo Gucukura Petelori Mu Mariba 52

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Kagame Ari Mu Bufaransa 

Abasirikare Batatu B’u Rwanda Biciwe Muri Mozambique 

Equity Group Igiye Guteza Imbere Imishinga Yo Mu Rwanda No Muri DRC

Roma: Gutora Papa Ku Munsi Wa Mbere Byananiranye

Bobi Wine Agiye Kongera Kwiyamamariza Kuyobora Uganda

You Might Also Like

Mu mahangaMu Rwanda

Perezida Wa Senegal Yaratiye Amahanga u Rwanda

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaUmutekano

DRC: Umusirikare Yarasiye Abantu Mu Kiliziya 

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbubanyi n'Amahanga

Perezida Kagame Mu Nama Na Bagenzi Be Yiga Ku Iterambere Rya Afurika

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbukungu

Ngirente Ashima Uruhare Rwa Rwandair Mu Guhuza Afurika

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • [email protected]
  • [email protected]
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?