Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Abanyeshuri 6500 Babuze Ku Munsi w’Ibizamini Bya Leta
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Mu Rwanda

Abanyeshuri 6500 Babuze Ku Munsi w’Ibizamini Bya Leta

admin
Last updated: 04 October 2021 6:42 pm
admin
Share
SHARE

Umuyobozi Mukuru w’Ikigo gishinzwe Ibizamini n’Ubugenzuzi bw’amashuri Dr Bernard Bahati yavuze ko abanyeshuri 6541 batakoze ibizamini bya leta bisoza amashuri abanza n’icyiciro rusange cy’amashuri yisumbuye, mu gihe abandi 1117 babikoze ariko ntibabirangize.

Kuri uyu wa Mbere nibwo Minisiteri y’Uburezi yatangaje amanota y’ibizamini bya Leta, aho mu mashuri abanza abatsinze ari 82.5% naho mu cyiciro rusange ari 86.3%.

Mu banyeshuri 373,532 bari biyandikishije, ntabwo ariko bose bitabiriye ibizamini.

Dr Bahati yagize ati “Mu kizamini gisoza amashuri abanza, umubare dufite ugaragaza abakandida biyandikishije ariko batakoze ikizamini cya leta bose hamwe ni 5343, akaba ari 2.1%. Hanyuma twajya mu bakandida bari biyandikishije gukora ikizamini gisoza umwaka wa gatatu w’amashuri yisumbuye ariko batabashije gukora ikizamini, ni 1198.”

Yavuze ko mu mpamvu zabiteye harimo n’ibihe bya COVID-19, abo bakaba nta manota bazabona.

Gusa ngo ugereranyije n’indi myaka ishize, “nubundi ni imibare isanzwe imeze gutyo.”

Mu bagerageje gukora ibizamini, harimo n’abatarabirangije byose ku mpamvu zitabaturutseho.

Dr Bahati yakomeje ati “Imibare nayo dufite ku banyeshuri batarangije ikizamini gisoza amashuri abanza ni 1117 ugereranyije abatarakoze ikizamini cya mbere, icya kabiri n’icya gatatu, hanyuma abarangiza umwaka wa gatatu w’amashuri yisumbuye bo ntabwo aba ari benshi basiba gukora ikizamini, bari 916.”

“Abo bakandida rero mu by’ukuri nabo kubera ko baba bakoze ibizamini, kenshi ugasanga hari ibizamini bimwe batakoze atari ku mpamvu zibaturutseho, nabo hari uburyo babariwe amanota ndetse amanota yabo akazajya hanze nk’ay’abandi.”

Minisiteri y’Uburezi yatangaje ko abakoze ibizamini bisoza amashuri abanza bari 251,906.

Abaje mu cyiciro cya mbere cy’abatsinze muri bitanu biteganywa ni abanyeshuri 14,373 bahwanye na 5.7%, icyiciro cya kabiri ni 54,214 bahwanye na 21.5%, icyiciro cya gatatu ni 75,817 bahwanye na 30.10%, mu cya kane ni abanyeshri 63,326 bahwanye na 25.10%.

Abatsinzwe ikizamini ni 44,176 bihwanye na 17.50%.

Ku basoza icyiciro rusange cy’amashuri yisumbuye hakoze abanyeshuri 121,626.

Abaje mu cyiciro cya mbere ni 19,238 bahwanye na 15.8%, icyiciro cya kabiri ni abanyeshuri 22,576 bahwanye na 18.6%, mu cyiciro cya gatatu ni 17,349 bahwanye na 14.3%, mu cyiciro cya kane ni abanyeshuri 45,842 bahwanye na 37.7%.”

Abatsinzwe ni 16,466 bahwanye na 13.6%, bose bakaba bagomba gusibira.

Umuyobozi Mukuru w’Ikigo gishinzwe Ibizamini n’Ubugenzuzi bw’amashuri Dr Bernard Bahati
TAGGED:COVID-19Dr Bernard BahatifeaturedIbizamini bya LetaMINEDUC
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Icyo Abaturage Bavuga Kubyo Basabwa N’Ikigo Cy’Imiti N’Ibiribwa, Rwanda FDA
Next Article WhatsApp, Instagram Na Facebook Byaviriyeho Rimwe
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Israel Yoherereje Abatuye Gaza Inyandiko Zibasaba Guhunga Inzira Zikigendwa

Hari Icyo RSSB Isaba Abashaka Kuzahabwa RAMA

FERWAFA Yagennye Umubare Mushya W’Abanyamahanga Mu Ikipe Yitabiriye Shampiyona

Congo Yarenze Umurongo Utukura Ubwo Yavugaga Ko Dukora Jenoside- Amb.Urujeni

Ibyahoze Ari Ibiryabarezi Binagurwamo Ibikoresho By’Ingirakamaro

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Icyo Abazasiganwa Mu Irushanwa Ry’Isi Ry’Amagare Bavuga Ku Mihanda Y’u Rwanda

Groupe Kassav Niyo Izasusurutsa Abazita Ingagi Amazina

Twishimiye Drones Zitwara Abagenzi-Kagame Avuga Ku Ikoranabuhanga Mu By’Indege

Amerika Ikomeje Kureshya DRC Ku Byerekeye Amabuye Y’Agaciro

Mutwarasibo Yiyahuye Kubera Umugore We

You Might Also Like

IkoranabuhangaMu RwandaUbukungu

Asaba Ko Drones Nini Zazakoreshwa Mu Kubagezaho Intanga

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbubanyi n'Amahanga

Harateganywa Visit Rwanda Muri Brazil

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Imibereho Y'AbaturageMu RwandaUmutekano

RIB Ibakurikiranyeho Gukoresha Telefoni Bagatekera Abandi Umutwe

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUmutekano

Nyamasheke: Yahitanywe N’Ikiraro Cyamuvunikiyeho Avuye Kunywa

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?