Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Abanyeshuri Ba Sudani Bagiye Kwigishwa N’u Rwanda
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Ububanyi n'Amahanga

Abanyeshuri Ba Sudani Bagiye Kwigishwa N’u Rwanda

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 01 August 2023 7:47 pm
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Kubera  umutekano muke uri muri Sudani, hari Kaminuza yo muri iki gihugu igiye kuherereza u Rwanda abanyeshuri biga ubuvuzi kugira ngo barukomerezemo amasomo.

Abanyeshuri 200 biga iby’amenyo n’abiga ubuvuzi rusange nibo bazaza kubikomereza mu Rwanda kuko ngo rufite ibikoresho bihagije kandi bigezweho muri izo nzego.

Dr Didas Kayihura akaba umuyobozi wungurije wa Kaminuza y’u Rwanda avuga ko na mbere y’uko abo banyeshuri bemererwa kuzazanwa mu Rwanda hari hari kwigwa uko habaho imikoranire ya za Kaminuza zo mu Rwanda n’izo muri Sudani.

Yabwiye RBA ati: “ Hazaza abanyeshuri 200 biga mu buvuzi rusange no mu buvuzi bw’amenyo. Bahisemo kubazana iwacu nyuma yo kubona ko dufite ibikoresho bihambaye muri uru rwego.”

- Kwmamaza -
Ad imageAd image
Dr. Kayihura Didas Muganga

U Rwanda kandi ngo rufite ibitaro byigisha ku rwego rwa Kaminuza bityo n’abanyamahanga bashobora kuza kuzigamo.

Dr Kayihura avuga ko hari abahanga bo muri Sudani bazaza baherekeje abo banyeshuri kugira ngo babakurikirane mu myigire yabo.

Abo bahanga ariko ngo bazasigara mu Rwanda mu gihe runaka nyuma y’uko amahoro azaba agarutse iwabo, bakazakorana n’abahanga b’Abanyarwanda.

Abanyeshuri bo mu mahanga biga mu Rwanda bavuga ko rufite amahoro kandi abaturage barwo bakagira urugwiro.

Biri mu bituma biga batekanye kandi bagatsinda kuko baba babonye uburezi bufite ireme.

- Advertisement -

Intambara iri muri Sudani yatangiye rwagati muri Mata, 2023 nyuma y’ubwumvikane buke hagati y’abajenerali babiri bakuru bategekaga iki gihugu.

Kuva icyo gihe umutekano warabuze kandi hari abantu bagera ku bihumbi byinshi baguye muri iyo ntambara.

Abenshi biganjemo abana n’abagore bibaye impunzi.

TAGGED:AbanaAbanyeshurifeaturedKaminuzaSudaniUbuvuzi
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Abagabo Barasabwa Gushishikariza Abagore Konsa
Next Article Mali Na Burkina Faso Bahaye Gasopo Abazohereza Ingabo Muri Niger
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Rwanda: Ingengo Y’Imari Ya 2025-2026 Iziyongeraho Miliyari 1.216

Umunyamerika Yatorewe Kuba Papa Wa Mbere Mu Mateka

Mu Myaka 61 Imaze Mu Rwanda Croix Rouge Yamariye Iki Abaturage?

Umusaruro W’Ibikomoka Ku Buhinzi u Rwanda Rwohereje Hanze Mu Cyumweru Gishize

Ubuhinde Na Pakistan Byambariye Intambara

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Nduhungirehe Avuga Ku Mushinga u Rwanda Rufitanye Na Amerika Ku Bimukira

Amerika: Abanyarwandakazi Bo Muri RDF Barangije Amasomo Y’Ubukanishi

Rwanda: Abagabo Bapfa Baruta Ubwinshi Abagore

Perezida Wa Guinea Conakry Yaraye Yakiriwe N’Abaturage Be Baba Mu Rwanda

Meteo Iraburira Abanyarwanda 

You Might Also Like

Mu RwandaUbukungu

Rwanda: Ni Ryari Abaturage Bo Mu Cyaro Bazabona Amazi Meza Abahagije?

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahanga

Roma: Gutora Papa Ku Munsi Wa Mbere Byananiranye

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaUmutekano

M23 Yafashe Ahantu Hakungahaye Kuri Zahabu

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbubanyi n'Amahanga

Kagame Ari Mu Bufaransa 

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • [email protected]
  • [email protected]
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?