Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Abanyeshuri Bo Muri Bukavu Na Goma Bagiye Gukora Ibizami
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Imibereho Y'AbaturageMu mahanga

Abanyeshuri Bo Muri Bukavu Na Goma Bagiye Gukora Ibizami

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 02 March 2025 7:31 am
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Hasigaye amasaha make abanyeshuri b’i Goma n’i Bukavu bagakora ibizami by’ibyiciro by’amashuri barangije nk’uko  byemejwe na Visi Guverineri wa Kivu y’Amajyaruguru Willy Manzi.

Yabwiye Kivu Today dukesha iyi nkuru ko we n’abandi bayobozi bo muri iriya Ntara bamaze gushyira ku murongo ibizakenerwa byose kugira ngo ikorwa rya biriya bizamini rigende neza.

Yizera ko haba muri Goma no muri Bukavu, ibizamini bizakorwa neza nta kidobya iyo ari yo yose.

Ati: “ Kuri uyu wa Mbere amashuri yose azafungura kandi abana bazakora ibizami nta kidobya na mba!”

Ni inkuru nziza ku babyeyi bari bararangije kwiheba; bibaza uko abana babo bazimuka bava mu  cyiciro kimwe cy’amashuri bajya mu kindi.

Benshi muri bo bumvaga ko amashuri abana babo bize mu myaka irenga ibiri intambara imaze muri biriya bice yabaye impfabusa.

Imyiteguro mu nzego zose irakomeje, haba mu basirikare, abayobozi n’abarimu, byose bigakorwa hagamijwe ko ibizamini bizakorerwa igihe kandi mu buryo butunganye.

Abavuga ibyo gukora biriya bizami, ku rundi ruhande, bazi neza ko mu minsi mike ishize i Bukavu haturikiye igisasu kica abantu 11 bari baje kumva imigabo n’imigambi Corneille Nangaa uyobora AFC/M23 afitiye abatuye uyu murwa mukuru w’Intara ya Kivu y’Amajyepfo.

Ni igikorwa cyakuye benshi umutima, abakoresha imbuga nkoranyambaga babanza gukekeranya ko cyatezwe n’ingabo z’Uburundi.

Nyuma haje kumvikana ijwi ry’umuntu uvuga Igiswayili wiyitaga ko ari we muyobozi wa Wazalendo muri  Bukavu wavugaga ko ari bo bateze icyo gisasu.

Yavugaga ko icyo gisasu ari icya mbere mu bindi byinshi bazatega, akaburira abayobozi ba M23 mu nzego zose ko bibeshye ko Bukavu ari kimwe na Goma.

Ati: “[…] Ubwo mwari muri i Bukavu twababwiye ko turi kumwe namwe ntimwabyemera ariko ubu noneho mwabibonye ko duhari n’imizi n’imiganda kandi abantu nka Corneille Nangaa n’abandi nkawe tuzabahiga kugeza tubafashe, aho bazashaka guca hose, haba ku butaka cyangwa mu mazi tuzabafata. Imodoka, ubwato cyangwa indege bazakoresha batembera muri Bukavu tuzabitwika.

Guhera ubu Bukavu ni nka Libya, Bukavu ni nka Gaza; niba ibintu bigomba kuba bibi; nimureke bibe bibi kandi ubu ntabyo kubivugana ikinyabupfura cyangwa kwigengesera ukundi’’.

Kuri uyu wa Mbere tariki 03, Werurwe, 2024, nibwo bizagaragara niba ibikubiye mubyo  AFC/M23 yatangarije Kivu Today byo kuzakoresha abana ibizamini nyuma yo gusubira kwiga bizaba impamo.

TAGGED:AbabyeyiAbanaAbanyeshuriAmashuriBukavufeaturedGomaIbizamiManziWilly
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article M23 Yashyikirije u Rwanda Abarwanyi Ba FDLR Yafashe
Next Article DRC: Minisitiri W’Intebe Yatangije Ubukangurambaga Burwanya u Rwanda
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Israel Yoherereje Abatuye Gaza Inyandiko Zibasaba Guhunga Inzira Zikigendwa

Hari Icyo RSSB Isaba Abashaka Kuzahabwa RAMA

FERWAFA Yagennye Umubare Mushya W’Abanyamahanga Mu Ikipe Yitabiriye Shampiyona

Congo Yarenze Umurongo Utukura Ubwo Yavugaga Ko Dukora Jenoside- Amb.Urujeni

Ibyahoze Ari Ibiryabarezi Binagurwamo Ibikoresho By’Ingirakamaro

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Icyo Abazasiganwa Mu Irushanwa Ry’Isi Ry’Amagare Bavuga Ku Mihanda Y’u Rwanda

Groupe Kassav Niyo Izasusurutsa Abazita Ingagi Amazina

Twishimiye Drones Zitwara Abagenzi-Kagame Avuga Ku Ikoranabuhanga Mu By’Indege

Amerika Ikomeje Kureshya DRC Ku Byerekeye Amabuye Y’Agaciro

Mutwarasibo Yiyahuye Kubera Umugore We

You Might Also Like

IkoranabuhangaMu RwandaUbukungu

Asaba Ko Drones Nini Zazakoreshwa Mu Kubagezaho Intanga

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbubanyi n'Amahanga

Harateganywa Visit Rwanda Muri Brazil

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaUmutekano

I Yeruzalemu Hagabwe Igitero Kica Batandatu Barimo Umugore Utwite

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Imibereho Y'AbaturageMu RwandaUmutekano

RIB Ibakurikiranyeho Gukoresha Telefoni Bagatekera Abandi Umutwe

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?