Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Abapolisi Bakuru Basuye Minisiteri Y’Umutekano
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Mu Rwanda

Abapolisi Bakuru Basuye Minisiteri Y’Umutekano

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 15 March 2022 8:41 am
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Abapolisi bo mu bihugu bitandukanye bari mu masomo mu ishuri ryigisha aba ofisiye bakuru riri i Musanze baraye basuye Minisiteri y’umutekano w’igihugu. Byari mu rwego rwo kureba uko ikora kugira ngo babihuze n’ibyo bamaze iminsi biga.

Bari bagize Icyiciro cya 10 cy’Aba Ofisiye Bakuru 34 bakomoka mu bihugu bitandukanye byo muri Afurika bari mu masomo mu Ishuri rikuru rya Polisi y’u Rwanda (National Police College -NPC) riba i Musanze.

Urugendo shuri barimo ruzamara Icyumweru.

Ku ikubitiro basuye Minisiteri y’Umutekano bakirwa n’Umunyamabanga uhoraho muri iyi Minisiteri witwa Sesonga Benjamin.

Yababwiye ko inshingano ya mbere y’iriya Minisiteri ari uguharanira ko Abanyarwanda bagira umutekano, amahoro n’ituze birambye.

Sesonga yarababwiye ati: “Minisiteri y’umutekano mu gihugu yashinzwe nyuma y’urugamba rwo guhagarika Jenoside yakorewe Abatutsi muri Nyakanga 1994. Politiki y’umutekano w’imbere mu Rwanda ni umurongo ngenderwaho n’ingamba ku Rwanda kugira ngo abaturarwanda n’ umutungo wabo bicungirwe umutekano. Ni Politiki itanga uburyo bwo guhuza no gukorana kugira ngo umutekano wuzuye kandi usesuye ugerweho mu gihugu hose, aho buri wese asabwa kwirinda ibikorwa bishobora kuwuhungabanya.”

Umunyamabanga uhoraho muri iyi Minisiteri witwa Sesonga Benjamin aganiriza abashyitsi

Bariya banyeshuri barimo n’abapolisi bakuru muri Polisi y’u Rwanda ndetse harimo n’Umuyobozi w’Ishuri rikuru rya Polisi y’u Rwanda Commissioner of Police( CP) Rafiki Mujiji.

CP Mujiji yavuze ko ikigo ayobora giha abapolisi amasomo yo ku rwego rwo hejuru, abayarangije bagahabwa impamyabumenyi zemeza ko ari abanyamwuga kandi bashoboye.

Abayarangije bahabwa impamyabushobozi y’icyiciro cya gatatu cya Kaminuza mu bijyanye no kwimakaza umuco w’amahoro no gukemura amakimbirane.

CP Mujiji yagize ati: “Iyo abanyeshuri bamaze guhabwa amasomo yo mu ishuri; bajya no hanze gukora isesengura ry’ibyo bize bakabona n’uburyo bishyirwa mu bikorwa. Muri uru rugendoshuri, bazasura Minisiteri zitandukanye, Ibigo bya Leta by’Imiyoborere, Inzego zishinzwe umutekano mu gihugu, Inzego z’ibanze, Imishinga y’iterambere n’imibereho myiza y’abaturage basure n’ibigo bitandukanye by’umuco.”

CP Rafiki Mujiji

Ba Ofisiye bakuru batangiye urugendoshuri ni Icyiciro cya 10 kigizwe na Ba Ofisiye 12 bakomoka mu bihugu 7 aribyo Kenya, Namibia, Malawi, Tanzania, Sudani y’epfo, Somalia na Zambia.

Harimo n’Abanyarwanda 22 bagizwe n’abapolisi  18,  babiri baturutse mu Rwego rw’Igihugu rushinzwe Imfungwa n’Abagororwa (RCS) na babiri bo mu rwego rw’igihugu rw’Ubugenzacyaha(RIB).

Ubwo bari binjiye mu Kigo Minisiteri y’umutekano w’u Rwanda ikoreramo
Muri iri tsinda harimo abanyeshuri baturutse muri Polisi zo mu mahanga
Harimo n’Abanyarwanda bakora mu Rwego rw’igihugu rw’amagereza
Harimo n’abagore bafite ipeti rya Chief Superintendent

Amafoto: Minisiteri y’umutekano

TAGGED:featuredMinisiteriMujijiPolisiRwandaUmutekano
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Gen Kainerugaba Muhoozi Yongeye Guhura Na Perezida Kagame
Next Article Umusirikare Wa Uganda Yiyahuye
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Amatara Ya Kigali Pélé Stadium Afite Ibibazo

Masudi Djuma Watozaga Etincelles Yirukanywe

Amerika Yahanuye Indege Ya Gisirikare Ya Iran

Espagne: Imbuga Nkoranyambaga Zigiye Gukumirwa Mu Bafite Munsi Y’Imyaka 16

U Rwanda Rwagobotse Mozambique Yashegeshwe N’Imyuzure

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Amerika Irashaka Intambara Yeruye Na Iran

Uko RURA Yabangamiye Ishoramari Ry’Abahoze Mu Ngabo

Abasora Ipatanti N’Umusoro Ku Nyungu Z’Ubukode Babyihutishe- Komiseri Muri Revenue 

Hemejwe Umushinga W’Itegeko Rishyiraho Kaminuza Y’Ingabo Z’u Rwanda

Drones Za Polisi Ziri Hafi No Gukorera Mu Mihanda Yo Mu Ntara 

You Might Also Like

ImikinoMu Rwanda

Umuyobozi Wa Polisi Yasezeranyije Kubaka Ikipe Y’Umupira W’Amaguru Ikomeye 

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahanga

DRC: Ikigega Cya Lisansi Cyakongotse

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbubanyi n'Amahanga

Ambasaderi Busabizwa Asanga Ubutwari Atari Amagambo

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaUbubanyi n'Amahanga

Tshisekedi Yagiye Muri Leta Ziyunze Z’Abarabu Gusinya Amasezerano Mu Bucukuzi

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?