Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Abapolisi Barindwi Bafunzwe Bakekwaho Ruswa Mu Bizamini Bya Perimi
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Ubutabera

Abapolisi Barindwi Bafunzwe Bakekwaho Ruswa Mu Bizamini Bya Perimi

admin
Last updated: 03 November 2021 10:16 pm
admin
Share
SHARE

Polisi y’u Rwanda yataye muri yombi abapolisi barindwi barimo ba ofisiye, bakekwaho icyaha cya ruswa mu bizamini byo gukorera impushya zo gutwara ibinyabiziga.

Abafashwe bakekwaho ko bakoranaga n’abarimu bo mu mashuri yigisha ibinyabiziga mu kwaka ruswa abanyeshuri, ariko nyuma biza gutahurwa.

Bose bahakana uruhare baba baragize mu byaha bya ruswa bakekwaho.

Gusa umwe mu baturage baganiriye n’itangazamakuru kuri uyu wa Gatatu, yavuze ko ubwo yigaga imodoka, umwalimu we yamubwiye ko bitoroshye ko yabona perimi mu gihe utavuganye n’umupolisi.

Ati “Biza kurangira ambwiye ko ngomba kugira icyo nkora kugira ngo mbone perimi nashakaga. Babanje kunsaba 300,000 Frw bambwiye ko ari ikiguzi, ikizamini kimaze kuba mbongera 100,000 Frw.”

Yemeye gutanga ruswa anyuze kuri mwalimu we, ku buryo bamubwiye ko yatsinze ikizamini cya perimi atanagikoze.

Yakomeje ati “Ku munsi w’ikizamini bambwiye ko atari ngombwa gukora kuko byari byarangiye, ntabwo nigeze nkora ikizamini.”

Ni ukuvuga ko yabwiwe ko yatsinze ikizamini kandi ataragikora. Gusa ngo mu buryo bw’ikoranabuhanga ntabwo yigeze yibona mu batsinze.

Umuvugizi wa Polisi y’u Rwanda, CP John Bosco Kabera, yavuze ko abafashwe bose “bakekwaho kurya akatagabuye bagatanga ibyo batemerewe.”

Yavuze ko kubera ruswa, hari abantu bageze ahakorerwaga ibizamini mu Ntara y’Amajyepfo, Iburengerazuba n’Amajyaruguru, ntibakoreshwe ibizamini kandi bikaza kwemezwa ko batsinze.

CP Kabera yakomeje ati “Hari n’undi watanze amafaranga ntiyagera aho hantu ngo abone uruhushya rwo gutwara ibinyabiziga.”

“Abo bapolisi barindwi bakoranaga n’abasivili bakora mu mashuri yigisha gutwara ibinyabiziga, bakaba babihuriyeho ari umugambi umwe kandi bitemewe.”

Yavuze ko amakuru amaze kumenyekana bayakurikiranye, birangira abakekwaho ibyo byaha batawe muri yombi.

CP Kabera yavuze ko imyitwarire yose inyuranyije n’amategeko igomba gukurikiranwa hatitawe ku ipeti ry’umupolisi.

TAGGED:CP KaberafeaturedperimiPolisi y'u RwandaRuswa
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Intara y’Amajyepfo Yatanze Imisoro Ya Miliyari 44.5 Frw Mu 2020/2021
Next Article Biba Byiza Cyane Iyo Intsinzi Ibonetse Biciye Mu Mucyo- Minisitiri Munyangaju
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Undi Mugore Yafatanywe Urumogi

Miliyoni Frw 464 Z’Ishimwe Zahawe Abatse EBM

Babona Bate Inkuru Zibakorwaho?

Rubavu: Abafite Ubumuga Basaba M23 Kubakomorera Ku Bicuruzwa Byose Bijya i Goma

Trump Na Putin Ntibemeranyije Guhagarika Intambara Ya Ukraine

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Hari Ikigega Kizaha Urubyiruko Inguzanyo Nta Ngwate

Nyanza: Umugore Yishe Umugabo We

Haravugwa Umwuka Mubi Hagati Ya Israel Na Qatar 

Trump Na Putin Ntibemeranyije Guhagarika Intambara Ya Ukraine

DRC: Uwahoze Ari Minisitiri W’Ubutabera Yasabiwe Gukora Imirimo Nsimburagifungo

You Might Also Like

Mu RwandaUbukungu

Rwanda: Abakanishi Bagiye Guhugurwa K’Ugukanika Batiri Za Bisi Z’Amashanyarazi

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaPolitikiUbukungu

Minisitiri W’Intebe Yasuye Icyanya Cy’Inganda Cya Musanze

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaPolitikiUbukungu

P.M Nsengiyumva Asaba Urubyiruko Kudata Umwanya Mu Biciriritse

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbucuruzi MpuzamahangaUbukungu

U Rwanda Rugiye Gushyira Ikawa Muri Cyamunara Mpuzamahanga 

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?