Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Abapolisi ‘Batabara Aho Rukomeye’ Barangije Imyitozo
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Mu Rwanda

Abapolisi ‘Batabara Aho Rukomeye’ Barangije Imyitozo

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 15 September 2023 6:54 am
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Mu Karere ka Bugesera ahari ikigo gitoza abapolisi batabara aho rukomeye haraye habereye umuhango wo kwakira abagera kuri 228 barangije imyitozo y’ibanze agenga akazi kabo.

Ni amasomo bita ‘Special Force Courses,’ atangirwa mu Murenge wa Mayange, Akarere ka Bugesera.

Iki kigo kiyoborwa na Commissioner of Police Emmanuel Butera.

Minisitiri w’umutekano mu gihugu Alfred  Gasana yababwiye ko iyo umupolisi atojwe neza haba mu by’umubiri n’iby’ubwenge bigirira akamaro abo azarinda ndetse n’ibyo batunze.

Yabibukije ko Perezida Kagame nk’Umugaba w’ikirenga w’ingabo na Polisi by’u Rwanda aba ashaka ko bagira imyitozo nyayo kugira ngo bubake igipolisi gikomeye mu nzego zacyo zose.

Minisitiri Gasana yabibukije ko ikinyabupfura ari cyo muzi wa byose, ko iyo kibuze n’ibindi bisenyuka.

Ati: “ Iyo mudakoresheje neza ubumenyi bwanyu, icyari umutekano gihinduka akaduruvayo, abantu ntibatekane kandi ari byo mwatojwe, mushinzwe. Ibyo ntabwo twe nk’ubuyobozi twabyemera kandi n’Abanyarwanda ni uko!Mugomba gusobanukirwa neza inshingano zanyu mukemenya icyo mwatorejwe ko ari ugutuma Abanyarwanda bose batekana.”

Umuyobozi mukuru wa Polisi y’u Rwanda CG Felix Namuhoranye yabwiye abapolisi barangije ayo masomo ko hari andi abategereje.

Abapolisi barangije iki cyiciro ni abakirangije ku nshuro ya 11.

Nta mukobwa ubarimo.

Amafoto yerekana uko batojwe:

Kumanikira ku mugozi bisaba gushirika ubwoba no kugira imitsi ikora neza
Kumenya kudahusha intego nabyo ni ingenzi ku bakomando
Umuyobozi mukuru wa Polisi areba uko abahungu be bagenda ku mugozi
Yababwiye ko hari indi myitozo ibategereje
Bize no gutera umujugujugu w’icyuma
Umugeri umena amatafari
N’amaboko nayo ni uko
Kumenya kwambuka ahantu h’inzitane birafasha
Iyo abantu bageze aho bikomeye, ni ngombwa gukorana nk’ikipe
Bigishijwe gukomeza ibizigira
Banatojwe kwambuka imigezi n’imivumba y’amazi menshi
Byose babikora hari abarimu bari kubatoza kandi ntawe ugomba kurenza igihe cyagenwe
Baca no mu kibatsi
Bigira mu biyaga biba m Karere ka Bugesera
Uva mu mazi ukomereza ku butaka…
Ni abapolisi bagize umutwe ushinzwe gutabara aho rukomeye
TAGGED:AbapolosiBugeserafeaturedGasanaIkinyabupfuraImyitozoMayangeNamuhoranye
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article RSSB Ikomeje Kunguka
Next Article DRC: Bujakera Wa Jeune Afrique Yimuriwe Muri Gereza Nkuru
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Abakekwaho Kwiba Mu Isoko Rya Kimironko Bafashwe

Ruhango: Bakurikiranyweho Gutega Abantu Bakabaniga

Nduhungirehe Yitabiriye Inama Yiga K’Ubufatanye Bw’Ubuyapani N’Afurika

Uburundi Bugiye Gukoresha Amafaranga Y’Ubushinwa Mu Gutumiza Ibintu Hanze

Afrobasket: Amakipe Y’U Rwanda Yatashye Amara Masa

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

MINAGRI Irasaba Abahinzi Kudahubukira Gutera Imyaka

Hari Ikigega Kizaha Urubyiruko Inguzanyo Nta Ngwate

Trump Na Putin Ntibemeranyije Guhagarika Intambara Ya Ukraine

Rwanda: Abakanishi Bagiye Guhugurwa K’Ugukanika Batiri Za Bisi Z’Amashanyarazi

DRC: Uwahoze Ari Minisitiri W’Ubutabera Yasabiwe Gukora Imirimo Nsimburagifungo

You Might Also Like

Mu RwandaPolitiki

Perezida Kagame Yafashe Mu Mugongo Abo Mu Muryango Wa Dr.Kirabo Washyinguwe

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaPolitiki

Mu Mashuri Abanza Abakobwa Batsinze Kurusha Abahungu-NESA

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Imibereho Y'AbaturageUbuzima

Hakozwe Umuti Wa Malaria W’Impinja

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
IbidukikijeMu Rwanda

REMA Yatangaje Igihe Cyo Gusuzumisha Ibyuka Byo Mu Binyabiziga

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?