Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Abapolisi B’i Rubavu Basabwe Kuba Maso Kubera Imiterere Y’Aho Bakorera
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Mu Rwanda

Abapolisi B’i Rubavu Basabwe Kuba Maso Kubera Imiterere Y’Aho Bakorera

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 12 August 2022 9:04 am
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Umuyobozi wa Polisi wungirije ushinzwe ibikorwa, DIGP Felix Namuhoranye, aherutse gusaba abapolisi bo mu Karere ka Rubavu ‘guhora bari maso’ bagakora neza akazi ko gucungira abaturage umutekano badahuga.

Yabasabye kurushaho kubikora kinyamwuga.

DIGP Namuhoranye yabibukije ko akazi kabo ari ugucunga umutekano w’Abanyarwanda n’ibintu byabo by’umwihariko abatuye Akarere bakoreramo  ka Rubavu.

Yabasabye guhora bari maso.

Uyu mupolisi mukuru ushinzwe ibikorwa bya Polisi y’u Rwanda( Operations) yarababwiye ati:  “Mugomba kuba maso buri gihe, mugaharanira ko umutekano uhora wizewe kugira ngo u Rwanda rugumane isura nziza mu ruhando rw’amahanga. “

Avuga ko Abanyarwanda bagomba kwishimira umutekano wabo kandi abibutsa ko Polisi ishinzwe kuwushimangira, ugahora utajegajega.

Yongeye kubibutsa ko kimwe mu bintu bitihanganirwa muri Polisi y’u Rwanda ari ruswa.

Namuhoranye kandi yabasabye gukomeza kuba maso bagakumira ko mu Rwanda hinjira ibiyobyabwenge, magendu n’ibindi bihungabanya umutekano w’Abanyarwanda n’ubukungu bwarwo.

Umuvugizi wa Polisi Commissioner of Police( CP) John Bosco Kabera avuga ko kuba Umuyobozi wa Polisi wungirije ushinzwe ibikorwa yarasabye abapolisi b’i Rubavu gukomeza kuba maso, bitavuze ko badohotse ahubwo ko ari uburyo bwo ‘kubashishikariza gukomereza aho’ mu kazi kabo kuko bakorera ahantu hakunze kugaragara ibNi ahantu hashobora kuba umutekano muke kubera hakurya, ikindi hari magendu,

CP Kabera ati: “ Umuyobozi yari yagiye gushishikariza abapolisi b’i Rubavu gukomereza aho mu kazi kabo kuko ahantu bakorera murabizi ko hakunze kugaragara ibibazo by’umutekano muke.”

Akarere ka Rubavu ni kamwe mu nzira zikomeye zo gucuruza magendu kubera ko aho gaherereye ku mupaka uhana imbibi n’igihugu cya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Kongo (DRC).

Si magendu cyangwa ibiyobyabwenge byinjirira i Rubavu gusa kuko hari n’ubwo ibibazo by’umutekano muke byo muri DRC bijya byototera u Rwanda.

Urugero ni urw’umusirikare w’aho uherutse kwinjira mu Rwanda akarasa abapolisi ariko nawe umwe muri bo akamurasa akamwica.

Hari n’undi nawe uherutse kurasirwa mu Murenge wa Busasamana ubwo yakanganga abana bari baragiye ihene akisanga yageze mu Rwanda afite imbunda akaraswa agapfa.

Izi ngero ni izerekana ko abashinzwe umutekano mu Karere ka Rubavu bagomba guhora bari maso, bafite amakuru ahagije y’ibihabera ndetse n’ay’ibibera mu bice bigakikije haba ku ruhande rw’u Rwanda cyangwa urwa Repubulika ya Demukarasi ya Congo kugira ngo hatagira uhungabanya u Rwanda uko abishatse n’igihe abishakiye.

TAGGED:BusasamanaNamuhoranyeRubavu
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Hari Itike Y’Umunyamuryango Wa Rayon Sports Igura Miliyoni Frw 1
Next Article Sheebah Afite Impungenge Z’Uko Umwanya We Wo Kuririmba Mu Gitaramo Uri Bube Muto
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Kagame Yaganiriye N’Abayobozi Ba EU K’Ubufatanye Mu Gukora Inkingo

Kagame Yibukije Abanyaburayi Akamaro Ko Gukorana Neza N’Abanyafurika

Gasabo: Arakekwaho Kwangiza Amapiloni Y’Amashanyarazi

Ab’i Rwamagana N’i Kigali Bagiye Kubona Andi Mazi Meza

Israel Na Hamas Basinye Icyiciro Kibanza Cy’Amasezerano Y’Amahoro Ya Trump

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Abanyarwandakazi Barangije Amasomo Ya Ofisiye Muri Polisi Ya Singapore

Rwanda: Bariga Guhunika Umusaruro Ngo Inzara Izacike

Israel N’U Rwanda Twanze Guheranwa N’Amateka Mabi- Ambasaderi Einat

U Rwanda Ruzakira Inama Y’Abaminisitiri B’Ububanyi N’amahanga Mu Bihugu Bivuga Igifaransa

Musanze: Umusore Na Nyina Bafatanywe Urumogi

You Might Also Like

Mu RwandaPolitiki

Ingabire Immaculée Wayoboraga Transparency Yatabarutse

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbukungu

Bwa Mbere Ikilo Cy’Ikawa Y’u Rwanda Cyaguzwe $88.18

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUmutekano

Bafatanywe Intsinga Za Metero 250 Bikekwa Ko Bibye

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUmutekano

Huye: Abagabo Bane Bakurikiranyweho Gutema Abaturage

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?