Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Abarenga Icya Kabiri Cy’Abatuye Zimbabwe Barashonje Cyane
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Mu mahanga

Abarenga Icya Kabiri Cy’Abatuye Zimbabwe Barashonje Cyane

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 15 May 2024 3:02 pm
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Zimbabwe ni cyo gihugu cyazahajwe n’ingaruka za El Nino zabiteye kwadukamo uruzuba rwatumye haduka amapfa ubu inzara ikaba inuma.

Iyo nzara yageze ku baturage barenga kimwe cya kabiri cy’abaturage b’iki gihugu.

El Nino ni imikorere kamere y’uburyo inyanja zibika ubushyuhe bukazateza imiyaga ifite ibicu by’amoko atandukanye biteza imvura mu bice bimwe, bigateza amapfa ahandi.

Ibiro Ntaramakuru by’Abongereza Reuters bivuga abenshi mu batuye icyaro cya Zimbabwe barumbije kubera uruzuba rwabaye rurerure.

Abaturage miliyoni 6 bo mu cyaro barashonje n’aho abagera kuri miliyoni 1.7 bo mu mujyi nabo barashonje.

Ibi ni ibitangazwa n’Ikigo Zimbabwe Livelihoods Assessment Committee (Zimlac).

Ibindi bihugu byo mu Karere Zimbabwe iherereyemo byagizweho ingaruka na El Nino ni Afurika y’Epfo, Zambia na Malawi.

Ni amapfa akomeye cyane kandi yaherukaga muri Zimbabwe mu myaka 40 ishize.

Imibare iherutse kugezwa ku Nama y’Abaminisitiri muri Guverinoma ya Zimbabwe yerekanaga ko umusaruro w’ubuhinzi wagabanutse ku kigero cya  77 %.

Abacuruzi b’ingano muri iki gihugu bavuga ko bateganya kuzatumiza toni miliyoni 1.4 z’iki kinyampeke kugira ngo bagaburire abaturage.

Bavuga ko bazatumiza impeke muri Brazil.

Zimbabwe imaze igihe isaba amahanga ko yayifasha kubona Miliyari $ 2.

Guhera mu mwaka wa 2000 Zimbabwe yatangiye kubura ibiribwa bihagije nyuma y’uko Robert Mugabe akoze impinduka mu by’ubutaka, abari abahinzi ba kizungu bakamburwa ubutaka bweraga ibigori byinshi.

TAGGED:featuredInzaraZimbabwe
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Ryandikayo Na Charles  Sikubwabo Bashakishwaga Kubera Jenoside Barapfuye
Next Article Volleyball: Imikino Ibanziriza Iya Nyuma Igiye Gutangira
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Undi Mugore Yafatanywe Urumogi

Miliyoni Frw 464 Z’Ishimwe Zahawe Abatse EBM

Babona Bate Inkuru Zibakorwaho?

Rubavu: Abafite Ubumuga Basaba M23 Kubakomorera Ku Bicuruzwa Byose Bijya i Goma

Trump Na Putin Ntibemeranyije Guhagarika Intambara Ya Ukraine

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Hari Ikigega Kizaha Urubyiruko Inguzanyo Nta Ngwate

Nyanza: Umugore Yishe Umugabo We

Haravugwa Umwuka Mubi Hagati Ya Israel Na Qatar 

DRC: Uwahoze Ari Minisitiri W’Ubutabera Yasabiwe Gukora Imirimo Nsimburagifungo

Trump Na Putin Ntibemeranyije Guhagarika Intambara Ya Ukraine

You Might Also Like

Mu RwandaUbukungu

Rwanda: Abakanishi Bagiye Guhugurwa K’Ugukanika Batiri Za Bisi Z’Amashanyarazi

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaUmutekano

DRC: Intara Ya Ituri Iri Kuberamo Imirwano Ikomeye

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaPolitikiUbukungu

Minisitiri W’Intebe Yasuye Icyanya Cy’Inganda Cya Musanze

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaPolitikiUbukungu

P.M Nsengiyumva Asaba Urubyiruko Kudata Umwanya Mu Biciriritse

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?