Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Abari Abayobozi Muri FDLR Bakatiwe
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Mu Rwanda

Abari Abayobozi Muri FDLR Bakatiwe

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 20 April 2023 1:31 pm
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Abagabo batandatu bahoze ari abayobozi bo hejuru muri FDLR bakatiwe gufungwa imyaka itanu. Ni icyemezo cy’Urukiko rukuru, urugereko rwihariye rushinzwe kuburanisha ibyaha mpuzamahanga n’ibyamburanya imbibi ruri i Nyanza mu Majyepfo y’u Rwanda.

Abakatiwe ni Léopard Mujyambere  bahimba izina rya Musenyeri, Mpakaniye Emélien, Ruzindana Félicien, Habimana Marc, Emmanuel Habimana na Habyarimana Joseph.

Baregwaga kuba mu mutwe w’iterabwoba n’ibyaha by’irema ry’umutwe w’ingabo utemewe ndetse n’icyaha cy’ubugambanyi.

Ubushinjacyaha bwavugaga ko muri aba bagabo bahoze ari  abasirikare muri FDLR-FOCA ufite ipeti rito ari ufite irya Colonel.

Bwavugaga kandi ko mu bihe bitandukanye, bagabye ibitero ku Rwanda.

Urugero ni igitero bise “Oracle du Seigneur”.

Abaregwa bose baburanye bahakana ibyaha baregwa.

Bavuga ko binjijwe mu mutwe wa FDLR ku gahato katigobotorwa, ko bityo na bo bajyanwa mu ngando i Mutobo nk’abandi babanjirije muri FDLR kandi bari babakuriye.

Urukiko rwaje kwiherera rusuzuma impande zombi ruza kwemeza ko ibikorwa bariya bantu baregwaga babikoze, kandi babyiyemerera.

Abaregwa kandi ngo banemeye ko bahawe inshingano zitandukanye muri FDLR-FOCA.

Rwisunze ingingo z’amategeko, urukiko rwasanze  kuba barabaye muri FDLR bakayigumamo kugeza bafashwe n’ingabo z’igihugu cya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo bibahamya icyaha cyo kuba mu mutwe w’iterabwoba.

Urukiko rusanga icyaha cyo kurema umutwe w’ingabo utemewe n’ubugambanyi bose kitabahama, kuko nta bimenyetso bihagije Ubushinjacyaha bwabitangiye.

Iby’uko bajyanwa i Mutobo ngo bagororwe nta shingiro bifite ahubwo ko bakwiye guhanwa.

Rushingiye ko abaregwa batagoye urukiko ndetse bikaba ari ubwa mbere bageze imbere y’inkikol inteko iburanisha yanzuye ko Léopard Mujyambere alias Musenyeri, Mpakaniye Emelien, Ruzindana Felecien, Habimana Marc, Emmanuel Habimana na Habyarimana Joseph bahanishwa igihano cy’igifungo cy’imyaka itanu.

Aba baburana bafungiye muri gereza ya Nyarugenge hazwi nka Mageragere, urukiko rwabasoneye amagarama y’urubanza kuko baburana bafunze.

TAGGED:AbarwanyiFDLRfeaturedMutobo
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Mali: Ushinzwe Ibiro Bya Perezida Yishwe
Next Article Huye: Kubona Abaguye Mu Kirombe Cya Metero 80 Biracyari Ingorabahizi
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Kagame Yaganirije Ingabo Azisanze i Gabiro

Uburundi Bwatsembye Ko Butazafungura Vuba Umupaka Wabwo N’u Rwanda

Gaza: Ingabo Za Israel Zishe Abanyamakuru

Bafatanywe lbilo 30 By’urumogi Babitwaye Kuri Moto

Abangilikani Bizihije Imyaka 100 Ishize Bageze Mu Rwanda

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

MINAGRI Irasaba Abahinzi Kudahubukira Gutera Imyaka

Abakekwaho Kwiba Mu Isoko Rya Kimironko Bafashwe

Afurika Yunze Ubumwe Igiye Gushyiraho Komisiyo Ku Masezerano Ya Kigali Na Kinshasa

Kacyiru Hari Gusizwa Ibibanza Bizubakwamo Inzu Ndende ‘Koko’

Nduhungirehe Yitabiriye Inama Yiga Ku Bufatanye Bw’Ubuyapani N’Afurika

You Might Also Like

Mu RwandaUbucuruzi MpuzamahangaUbukungu

Rwanda: Abohereza Ikawa Mu Burayi Basabwe Gukurikiza Ibyo Bushaka

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbubanyi n'AmahangaUmutekano

U Rwanda Rwatumye Abaturage Bacu Bongera Gutekana-Min W’Ingabo Za Mozambique

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbubanyi n'AmahangaUmutekano

Abayobozi Bakuru Mu Ngabo Za Mozambique Bari Mu Rwanda

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Imibereho Y'AbaturageMu RwandaPolitiki

Nyaruguru: Bagiye Gusasa Inzobe Kucyatumye Abana Batsindwa

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?