Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Abari Abayobozi Muri FDLR Bakatiwe
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Mu Rwanda

Abari Abayobozi Muri FDLR Bakatiwe

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 20 April 2023 1:31 pm
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Abagabo batandatu bahoze ari abayobozi bo hejuru muri FDLR bakatiwe gufungwa imyaka itanu. Ni icyemezo cy’Urukiko rukuru, urugereko rwihariye rushinzwe kuburanisha ibyaha mpuzamahanga n’ibyamburanya imbibi ruri i Nyanza mu Majyepfo y’u Rwanda.

Abakatiwe ni Léopard Mujyambere  bahimba izina rya Musenyeri, Mpakaniye Emélien, Ruzindana Félicien, Habimana Marc, Emmanuel Habimana na Habyarimana Joseph.

Baregwaga kuba mu mutwe w’iterabwoba n’ibyaha by’irema ry’umutwe w’ingabo utemewe ndetse n’icyaha cy’ubugambanyi.

Ubushinjacyaha bwavugaga ko muri aba bagabo bahoze ari  abasirikare muri FDLR-FOCA ufite ipeti rito ari ufite irya Colonel.

Bwavugaga kandi ko mu bihe bitandukanye, bagabye ibitero ku Rwanda.

Urugero ni igitero bise “Oracle du Seigneur”.

Abaregwa bose baburanye bahakana ibyaha baregwa.

Bavuga ko binjijwe mu mutwe wa FDLR ku gahato katigobotorwa, ko bityo na bo bajyanwa mu ngando i Mutobo nk’abandi babanjirije muri FDLR kandi bari babakuriye.

Urukiko rwaje kwiherera rusuzuma impande zombi ruza kwemeza ko ibikorwa bariya bantu baregwaga babikoze, kandi babyiyemerera.

Abaregwa kandi ngo banemeye ko bahawe inshingano zitandukanye muri FDLR-FOCA.

Rwisunze ingingo z’amategeko, urukiko rwasanze  kuba barabaye muri FDLR bakayigumamo kugeza bafashwe n’ingabo z’igihugu cya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo bibahamya icyaha cyo kuba mu mutwe w’iterabwoba.

Urukiko rusanga icyaha cyo kurema umutwe w’ingabo utemewe n’ubugambanyi bose kitabahama, kuko nta bimenyetso bihagije Ubushinjacyaha bwabitangiye.

Iby’uko bajyanwa i Mutobo ngo bagororwe nta shingiro bifite ahubwo ko bakwiye guhanwa.

Rushingiye ko abaregwa batagoye urukiko ndetse bikaba ari ubwa mbere bageze imbere y’inkikol inteko iburanisha yanzuye ko Léopard Mujyambere alias Musenyeri, Mpakaniye Emelien, Ruzindana Felecien, Habimana Marc, Emmanuel Habimana na Habyarimana Joseph bahanishwa igihano cy’igifungo cy’imyaka itanu.

Aba baburana bafungiye muri gereza ya Nyarugenge hazwi nka Mageragere, urukiko rwabasoneye amagarama y’urubanza kuko baburana bafunze.

TAGGED:AbarwanyiFDLRfeaturedMutobo
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Mali: Ushinzwe Ibiro Bya Perezida Yishwe
Next Article Huye: Kubona Abaguye Mu Kirombe Cya Metero 80 Biracyari Ingorabahizi
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Inteko Y’U Rwanda Yikomye Iy’Ubumwe Bw’Uburayi

Ubwumvikane Bwa Amerika N’Ubushinwa Ku Ikoreshwa Rya TikTok

Minisitiri W’Intebe W’Ubufaransa Mushya Azanye Amatwara Adasanzwe

Inteko Iratangaza Icyemezo Ku Byo Iy’Uburayi Iherutse Kuvuga Ku Rwanda

Muntoye Nagarurira Kenya Icyubahiro Yahoranye Kubwa Kibaki- Gachagua

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Asaba Ko Drones Nini Zazakoreshwa Mu Kubagezaho Intanga

Ibyahoze Ari Ibiryabarezi Binagurwamo Ibikoresho By’Ingirakamaro

Harateganywa Visit Rwanda Muri Brazil

Congo Yarenze Umurongo Utukura Ubwo Yavugaga Ko Dukora Jenoside- Amb.Urujeni

Hari Icyo RSSB Isaba Abashaka Kuzahabwa RAMA

You Might Also Like

Mu RwandaUbutabera

Ruhango: Abasaza Babiri Bagiye Kwiba Umwe Arahagwa

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbubanyi n'Amahanga

Umuco Nyarwanda Wamurikiwe Muri Koreya Y’Epfo

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaPolitiki

Umuturage Wa Israel Akurikiranyweho Kunekera Iran

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbutaberaUmutekano

Polisi Ikomeje Gufata Abakiliya B’Abacukura Amabuye Y’Agaciro Batabyemerewe

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?