Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Abarimo Uwigeze Kuba Umuvugizi Wa RDF Bagiye Mu Kiruhuko Cy’Izabukuru
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Mu Rwanda

Abarimo Uwigeze Kuba Umuvugizi Wa RDF Bagiye Mu Kiruhuko Cy’Izabukuru

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 16 July 2022 7:17 am
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Ubuyobozi bw’ingabo z’u Rwanda bwaraye bukoze igitaramo cyo gushimira no gusezera mu cyubahiro abasirikare bacyuye igihe mu ngabo z’u Rwanda. Barimo Major General Ferdinand Safari wigeze kuba Umuvugizi w’Ingabo z’u Rwanda by’agateganyo agasimburwa na Lt Col Innocent Munyengango.

Umuhango wo gusezera mu ngabo z’u Rwanda abasirikare bacyuye igihe waraye ubaye ku nshuro ya 20.

Mu ngabo z’u Rwanda, abasezererwa ko bacyuye igihe ni abagejeje ku myaka igenwa n’itegeko rigena imikorere y’ingabo z’u Rwanda cyangwa abo amasezerano yabo y’akazi yarangiye.

Ku Kimihurura ahubatse icyicaro cya Minisiteri y’ingabo z’u Rwanda niho habereye uwo muhango.

Minisitiri w’ingabo Major General Albert Murasira niwe wari uhagarariye Umugaba w’ikirenga w’ingabo z’u Rwanda, Perezida wa Repubulika Paul Kagame.

Hari n’Umugaba mukuru w’ingabo z’u Rwanda, General Jean Bosco Kazura n’abandi basirikare bakuru ku mapeti atandukanye.

Maj Gen Murasira yashimye umurimo bariya basirikare bacyuye igihe bakoreye u Rwanda, avuga ko berekanye ubwitange kandi ashimira imiryango yabo yabareye ingabo mu bitugu ntiyabatererana mu kazi gakomeye bari bashinzwe.

Rwanda Defence Force (RDF) has for the tenth time held a send-off ceremony to honour the service of Military personnel who reached retirement age and those whose service contracts came to an end. https://t.co/PY1Rbm7HHh pic.twitter.com/tFf2yKVD5u

— Rwanda Defence Force (@RwandaMoD) July 15, 2022

Uwavuze mu izina rya bagenzi be bushe ikivi ni Major General Ferdinand Safari.

Nawe yashimye Umugaba w’ikirenga w’ingabo z’u Rwanda Perezida Paul Kagame kubera ubuyobozi bumuranga haba mu kuyobora ingabo n’Abanyarwanda muri rusange.

Gen Safari yavuze ko kuba bacyuye igihe muri RDF bitavuze ko bayizibukiriye ahubwo ngo bazakomeza kuyikorera mu buryo buziguye kandi mu nyungu z’Abanyarwanda.

Abacyuye igihe bahawe inyandiko z’icyubahiro zemeza ko bakoreye u Rwanda  barubera ingabo y’amahina.

TAGGED:AbanyarwandafeaturedIngaboPerezidaRDFSafari
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Mu Rwanda Hagiye Kubakwa Icyicaro Nyafurika Gishinzwe Imiti
Next Article Rwanda: Ibitaro Bitanga Imibare Mito Y’Abishwe Na Malaria
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Abayapani 100,000 Bagize Imyaka 100, Ibintu Bitigeze Biba Ahandi

Congo: ADF Yishe Abantu 102

Croix Rouge Mu Guhangana N’Ingaruka Z’Imihindagurikire Y’Ikirere

U Rwanda Rushyigikiye Ko Palestine Yigenga Byuzuye

REMA Irakataje Mu Gupima Ubuziranenge Bw’Ibyuka Biva Mu Binyabiziga

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Igisasu Cy’Uburusiya Cyarashwe Ku Nyubako Ya Guverinoma Ya Ukraine 

General Kabandana Yatabarutse

Rusizi: Meya Yasabye Abarimu Kureka Ubusinzi No Gutukana

Rwanda: Bidatinze Drones Zizageza Ibicuruzwa Mu Ngo

Asaba Ko Drones Nini Zazakoreshwa Mu Kubagezaho Intanga

You Might Also Like

Imibereho Y'AbaturageMu RwandaUbuzima

Urubyiruko Rw’U Rwanda Ruriyahura Cyane-RBC

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaPolitikiUbutabera

Gusomera Kabila Byasubitswe, Hari Ibigiye Gusubirwamo

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaUbubanyi n'Amahanga

Minisitiri w’Intebe Wa Qatar Arajya Kurega Israel Kuri Trump

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUmutekano

Polisi Irashakisha Abantu Bahohoteye Umugore Bikomeye

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?