Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Abarimo Uwigeze Kuba Umuvugizi Wa RDF Bagiye Mu Kiruhuko Cy’Izabukuru
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Mu Rwanda

Abarimo Uwigeze Kuba Umuvugizi Wa RDF Bagiye Mu Kiruhuko Cy’Izabukuru

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 16 July 2022 7:17 am
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Ubuyobozi bw’ingabo z’u Rwanda bwaraye bukoze igitaramo cyo gushimira no gusezera mu cyubahiro abasirikare bacyuye igihe mu ngabo z’u Rwanda. Barimo Major General Ferdinand Safari wigeze kuba Umuvugizi w’Ingabo z’u Rwanda by’agateganyo agasimburwa na Lt Col Innocent Munyengango.

Umuhango wo gusezera mu ngabo z’u Rwanda abasirikare bacyuye igihe waraye ubaye ku nshuro ya 20.

Mu ngabo z’u Rwanda, abasezererwa ko bacyuye igihe ni abagejeje ku myaka igenwa n’itegeko rigena imikorere y’ingabo z’u Rwanda cyangwa abo amasezerano yabo y’akazi yarangiye.

Ku Kimihurura ahubatse icyicaro cya Minisiteri y’ingabo z’u Rwanda niho habereye uwo muhango.

Minisitiri w’ingabo Major General Albert Murasira niwe wari uhagarariye Umugaba w’ikirenga w’ingabo z’u Rwanda, Perezida wa Repubulika Paul Kagame.

Hari n’Umugaba mukuru w’ingabo z’u Rwanda, General Jean Bosco Kazura n’abandi basirikare bakuru ku mapeti atandukanye.

Maj Gen Murasira yashimye umurimo bariya basirikare bacyuye igihe bakoreye u Rwanda, avuga ko berekanye ubwitange kandi ashimira imiryango yabo yabareye ingabo mu bitugu ntiyabatererana mu kazi gakomeye bari bashinzwe.

Rwanda Defence Force (RDF) has for the tenth time held a send-off ceremony to honour the service of Military personnel who reached retirement age and those whose service contracts came to an end. https://t.co/PY1Rbm7HHh pic.twitter.com/tFf2yKVD5u

— Rwanda Defence Force (@RwandaMoD) July 15, 2022

Uwavuze mu izina rya bagenzi be bushe ikivi ni Major General Ferdinand Safari.

Nawe yashimye Umugaba w’ikirenga w’ingabo z’u Rwanda Perezida Paul Kagame kubera ubuyobozi bumuranga haba mu kuyobora ingabo n’Abanyarwanda muri rusange.

Gen Safari yavuze ko kuba bacyuye igihe muri RDF bitavuze ko bayizibukiriye ahubwo ngo bazakomeza kuyikorera mu buryo buziguye kandi mu nyungu z’Abanyarwanda.

Abacyuye igihe bahawe inyandiko z’icyubahiro zemeza ko bakoreye u Rwanda  barubera ingabo y’amahina.

TAGGED:AbanyarwandafeaturedIngaboPerezidaRDFSafari
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Mu Rwanda Hagiye Kubakwa Icyicaro Nyafurika Gishinzwe Imiti
Next Article Rwanda: Ibitaro Bitanga Imibare Mito Y’Abishwe Na Malaria
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Vietnam: Imyuzure Yishe Abantu 90 Abandi 12 Baburirwa Irengero

Umuyobozi Wa Imbuto Foundation Hari Icyo Asaba Abato

Abajenerali 21 Ba DRC Baravugwaho Kuyigambanira

Nta Muntu Uri Hejuru Y’Amategeko- Rutikanga Avuga Ku Ifungwa Ry’Abanya Sudani

Gisagara: Ikamyo Ya Howo Yishe Abana Babiri

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

RDB Yakoresheje Imibare Inyomoza Abanditse Ko Abanyamerika Bashora Mu Rwanda Bagabanutse

Abo YouTube Ihemba Bize Uko Ubwenge Buhangano Bwarushaho Kubungura

Umuyobozi Wa Polisi Ashima Umusanzu W’Iya Eswatini 

Icyerekezo Minisiteri Y’Uburezi Ifite Ku Mubare W’Abarimu

IVUGURUYE: Umuyobozi W’Ikirenga Wa Qatar Yageze i Kigali

You Might Also Like

Mu mahanga

Igitutu Cya Trump Kuri Ukraine Ngo Ikunde Ibone Amahoro

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahanga

Qatar Yasinyanye Na DRC Amasezerano Atandatu

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Imibereho Y'Abaturage

Umutekano W’Abana Urenze Indyo Yuzuye-Umuyobozi wa UNICEF Mu Rwanda

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Imibereho Y'Abaturage

Nyamagabe: Ikibazo Cy’Ingo Zidafite Ubwiherero Buboneye Kirakomeye

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?