Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Abarimu Ba Kaminuza Y’u Rwanda Barataka Umushahara Muto
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Imibereho Y'AbaturageMu Rwanda

Abarimu Ba Kaminuza Y’u Rwanda Barataka Umushahara Muto

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 26 October 2024 8:21 am
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Abakozi ba Kaminuza y’u Rwanda basabye Minisitiri w’Intebe w’u Rwanda ko bakongererwa imishahara.

Prof David Tuyishime wavuze mu izina rya bagenzi be bakorana muri Kaminuza y’u Rwanda, yabwiye Minisitiri w’Intebe ko bishimira kuba ingorane bagaragaje mu gihe cyahise byakemuwe ariko ko kuri ubu bahangayikishijwe n’abakozi bafite uburambe n’ubushobozi bigira mu yindi mirimo, bagacika Kaminuza.

Biterwa ahanini nuko imishahara iba ari mito.

Prof Tuyishimire yagize ati: “Mu gihe turi kurwana no kuzamura Kaminuza y’u Rwanda ku rugero rwo hejuru, hari ingorane duhura nazo, idukomereye cyane ikaba iy’uko abahanga bafite uburambe n’abahuguwe bihagije dufite bari kuducika. Ntitwabasha kugera aho twifuza turi kugenda dutakaza abo bakozi”.

Yunzemo ko biraturuka ku mpamvu zirimo n’imishahara n’ibindi bihembo bitakijyanye n’igihe, kuko hashize igihe kirekire bitongerwa muri Kaminuza y’u Rwanda.

Ati: ” Turasaba Guverinoma y’u Rwanda kwita kuri iki kibazo.”

Mu kubasubizi, Minisitiri w’Intebe yavuze ko amavugurura muri Kaminuza yatangiye kandi azakomeza.

Avuga ko ayo mavugurura yatangiye mu ntangiriro z’umwaka wa 2024.

Yagize ati: “Nk’uko mubizi, mu ntangiriro z’uyu mwaka hatangajwe amavugurura ya Kaminuza y’u Rwanda, yari amaze igihe ategurwa, ariko yemejwe n’Inama y’Abaminisitiri mu ntangiriro z’uyu mwaka. Uyu munsi turishimira ko bimwe mu byari biteganyijwe muri ayo mavugurura byatangiye gushyirwa mu bikorwa, bikaba bikomeje gushyirwa mu bikorwa.”

Ngirente avuga ko hari n’ibindi bizakorwa, agasaba abarimu kuzabigiramo uruhare rutaziguye.

Ibi biganiro byabaye ubwo Minisitiri w’Intebe yahagarariraga umuhango wo guha abanyeshuri ba Kaminuza y’u Rwanda impamyabumenyi ku nshuro ya 10, zikaba zahawe abantu 8,068.

Harimo ab’igitsina gore 3,109 n’ab’igitsina gabo 4959.

6,657 muri bo bahawe impamyabumenyi za Bachelor’s, 946 bahabwa iza Master’s.

Hari n’abahawe izindi mpamyabumenyi harimo izisumbuyeho ku rwego rw’amashuri bari bagezeho ( Diplomas, Postgraduate Diplomas, Postgraduate Certificate).

Muri bo abagera kuri 53 bahawe impamyabumenyi z’ikirenga (PhD), iyi ikaba ari intambwe iri guterwa na Kaminuza y’u Rwanda mu gutanga abahanga kuko mu mwaka ushize abazihawe ari 38.

Mu bahawe impamyabumenyi kandi, harimo 126 baturutse mu bihugu byo hanze y’u Rwanda.

TAGGED:AbarimufeaturedKaminuzaUmushahara
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Kaminuza Y’u Rwanda Irasabwa Kongera Umwanya Iha Ubushakashatsi
Next Article Israel Yagabye Ibitero By’Indege Muri Iran
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Umuryango FPR-Inkotanyi Mu Bufatanye Na Leta Ya Israel

U Rwanda Na Brésil Byasinye Amasezerano Yo Gufatanya Mu Bukungu

Amatara Ya Kigali Pélé Stadium Afite Ibibazo

Masudi Djuma Watozaga Etincelles Yirukanywe

Amerika Yahanuye Indege Ya Gisirikare Ya Iran

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Amerika Irashaka Intambara Yeruye Na Iran

Uko RURA Yabangamiye Ishoramari Ry’Abahoze Mu Ngabo

Abasora Ipatanti N’Umusoro Ku Nyungu Z’Ubukode Babyihutishe- Komiseri Muri Revenue 

Hemejwe Umushinga W’Itegeko Rishyiraho Kaminuza Y’Ingabo Z’u Rwanda

Drones Za Polisi Ziri Hafi No Gukorera Mu Mihanda Yo Mu Ntara 

You Might Also Like

IkoranabuhangaMu mahanga

Espagne: Imbuga Nkoranyambaga Zigiye Gukumirwa Mu Bafite Munsi Y’Imyaka 16

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbubanyi n'Amahanga

U Rwanda Rwagobotse Mozambique Yashegeshwe N’Imyuzure

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
ImikinoMu Rwanda

Umuyobozi Wa Polisi Yasezeranyije Kubaka Ikipe Y’Umupira W’Amaguru Ikomeye 

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahanga

DRC: Ikigega Cya Lisansi Cyakongotse

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?