Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Abarundi 60 Bashyizwe Mu Kato
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Mu mahanga

Abarundi 60 Bashyizwe Mu Kato

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 30 November 2022 1:28 pm
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Mu Mujyi witwa Busia uri muri Kenya hari Abarundi 60 barimo n’abana bashyizwe mu kato bakekwaho Ebola bavanye muri Uganda.

Igikuba cyacitse mu batuye uriya mujyi nyuma yo kubona Abarundi bageze muri kariya gace, baturutse muri Uganda mu gace kamazemo igihe karimo Ebola.

Muri Uganda n’aho bahageze baturutse  mu Rwanda aho bageze baturutse iwabo mu Burundi bahunga icyo bise ‘umutekano muke.’

Abaturage b’i Busia bavuga ko bafite impungenge z’uko hari bamwe muri bariya Barundi bageze i Busia batabanje gusuzumwa ngo harebwe niba  nta ndwara zandura bafite harimo na Ebola.

Izi mpungenge zatumye n’ubuyobozi bw’ibanze muri kariya gace bwanga kubegera ngo hato batagira uwo banduza!

Kutabegera bivuze ko bataranabururwa ngo harebwe abujuje ibisabwa bajyanwe mu nkambi y’impunzi iri ahitwa Kakuma.

Izi mpunzi zageze muri Kenya ziturutse muri Uganda zinjirira ku mupaka wa Jinja ahantu habonetse abarwanyi benshi ba Ebola.

Ni Intara iherereye mu Burasirazuba bwa Uganda.

The Nation yo muri Kenya yanditse ko ziriya mpunzi zicyambuka zikagera muri Kenya zabanje gukambika kuri station ya Polisi iri hafi aho.

Abapolisi bazisabye kuva aho ngaho zikareba ahandi zijya kubera ko bavugaga ko zishobora kubanduza.

Zimaze kubona ko ntaho zerekeza, zahisemo kujya guca ingando hafi y’umuhanda aho za  Busia.

Umwe muri bo witwa Joseline Toheyimana  yagize ati: “ Urugendo rwatugejeje inaha rwatangiriye iwacu mu Burundi, dukomereza mu Rwanda, tuhava tuza muri Uganda none ndebera tugeze no muri Kenya!”

Avuga ko muri Kenya ari ho honyine basanze bashobora kubaho batekanye, ariko ngo n’aho bahageze basanga ntibabashaka kubera kubakekaho kabutindi ya Ebola.

Ngo  ubwo bageraga muri Kenya abantu batangiye kubishisha bavuga ko bifitemo  Ebola ndetse ngo Polisi yababwiye ko bakwiye kuzinga utwabo bagasubira muri Uganda.

Mu  rugendo rwabo, aho bacaga baragendaga bagahingira abantu bakabaha amafaranga yo kugura agasabune, udukweto dushya n’ibindi by’ingenzi.

Ubuyobozi bushinzwe abinjira n’abasohoka muri Kenya buvuga ko bwasabye ziriya mpunzi gusubira aho zaje zituruka kugira haboneke uburyo bwo kuzipima niba zitaranduye, ariko ziranga.

Ibi ngo nibyo byatumye Polisi izisaba kuguma aho ziri ntizizahave mu rwego rwo kwirinda ko zakwanduza abandi.

Ikindi ubuyobozi bw’uru rwego ruvuga, ni uko bariya bantu bageze muri Kenya mu buryo budakurikije amategeko bityo ko ibyabo bigomba gusuzumanwa ubwitonzi ariko hirindwa ko bagira abo banduza.

TAGGED:AbarundifeaturedKenyaPolisiRwandaUganda
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Uganda: Hasohotse Itegeko Nshinga Ryanditswe Mu Nyandiko Y’Abatabona, Mu Rwanda Bigeze He?
Next Article Dukoresha Neza Amadolari Baduteramo Inkunga Kurusha Undi Wese – Perezida Kagame
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Espagne: Imbuga Nkoranyambaga Zigiye Gukumirwa Mu Bafite Munsi Y’Imyaka 16

U Rwanda Rwagobotse Mozambique Yashegeshwe N’Imyuzure

Umuyobozi Wa Polisi Yasezeranyije Kubaka Ikipe Y’Umupira W’Amaguru Ikomeye 

DRC: Ikigega Cya Lisansi Cyakongotse

Ambasaderi Busabizwa Asanga Ubutwari Atari Amagambo

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Amerika Irashaka Intambara Yeruye Na Iran

Uko RURA Yabangamiye Ishoramari Ry’Abahoze Mu Ngabo

Abasora Ipatanti N’Umusoro Ku Nyungu Z’Ubukode Babyihutishe- Komiseri Muri Revenue 

Hemejwe Umushinga W’Itegeko Rishyiraho Kaminuza Y’Ingabo Z’u Rwanda

Drones Za Polisi Ziri Hafi No Gukorera Mu Mihanda Yo Mu Ntara 

You Might Also Like

Mu mahangaUbubanyi n'Amahanga

Tshisekedi Yagiye Muri Leta Ziyunze Z’Abarabu Gusinya Amasezerano Mu Bucukuzi

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Imyidagaduro

Grammy Awards: Kendrik Lamar Yahize Abandi Baraperi Mu Bihembo Byinshi Abitse

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
ImikinoMu Rwanda

Bigoranye Police FC Yakuye Ku Izima APR FC

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaPolitiki

Abantu Babiri Bananirwa Bate Kubana?-Kagame Abaza Abashakanye

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?