Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Abarundi Babwiye Perezida Wabo Ibibahangayikishije
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Mu mahanga

Abarundi Babwiye Perezida Wabo Ibibahangayikishije

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 03 June 2022 4:04 pm
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Kuri uyu wa Gatanu taliki 03, Kamena, 2022 Perezida w’u Burundi Evariste Ndayishimiye yatangiye ingendo zigamije kumva ibibazo by’abaturage. Ab’i Makamba bamubwiye ko bahangayikishijwe no kutagira amazi meza, amashanyarazi n’ibibazo by’ubutaka.

Abaturage babwiye Perezida Ndayishimiye ko ubukene bubamereye nabi kubera ko n’abagize amahirwe bakajya mu ishuri bakaba bafite imishinga, bafite ikibazo cy’uko iyo bayigejeje kuri Banki ziyanga.

Bavuze ko bibaca intege kandi bigatuma babura amahirwe yo gucuruza cyangwa gukora ibindi byabavana mu bukene.

Abaturage b’i Makamba babwiye Perezida w’u Burundi ko we n’abo bakorana bakomeza kuganira na za Banki z’ubucuruzi hakarebwa uko abakoze imishinga bajya begerwa bakerekwa uko yanonosorwa bityo bagahabwa inguzanyo.

Bamubwiye ko nta mazi ahagije bafite
Ibibazo by’amasambu byabaye byinshi mu baturage

Abandi babwiye Umukuru w’u Burundi ko mu mitumba( mu Kinyarwanda ni ku Mirenge) nta mashanyarazi bafite, nta mazi meza mu baturage kandi n’amasambu ni mato.

Ibi bituma abaturage bahorana indwara zituruka ku isuku nke ndetse no mu makimbirane aterwa n’ubuto bw’amasambu.

Babwiye Perezida Evariste Ndayishimiye ko bagira n’ikindi kibazo cy’uko nta bantu bazi amategeko baba hafi yabo ngo bajye babunga bitabaye ngombwa ko bajya mu nkiko cyangwa ngo bashyamirane bigere n’ubwo bicana.

Perezida yabahumurije…

Umukuru w’u Burundi yabwiye abatuye i Makamba ko muri iki gihe u Burundi buri gufata umurongo wa Politiki uhamye kandi ugamije iterambere rya bose.

Yabahaye urugero rw’uko byifashe mu rwego rw’ubutabera( mu Burundi babwita ubutungane) ababwira ko ‘hari abantu batoranyijwe’ ngo bajye bacyemura amakimbirane avuka hagati y’abaturage.

Ndayishimiye yabasabye gukomeza guharanira guteza imbere ubumwe hagati yabo kugira ngo hatagira ubateranya bagasubiranamo kandi basangiye igihugu.

Ab’i Makamba yabasabye guhinga bakeza kandi bagahinga kijyambere kugira ngo babone uko basagurira isoko ry’ahandi hatari i Makamba.

Yihanije abayobozi batita ku bibazo by’abaturage.

Ati: “ Umuyobozi wese unyumva yaba ari hano cyangwa ahandi mu gihugu, agomba kuzirikana ko ari ho kugira ngo akorere abaturage.”

Le Chef de l'État @GeneralNeva rassure la population de #Makamba que des changements positifs sont attendus et commencent à se manifester dans le secteur de la justice, parce que maintenant les chefs de juridictions ont été choisis parmi les magistrats intègres. pic.twitter.com/ptTFUhijB5

— RTNB (@RTNBurundi) June 3, 2022

Yabibukije ko amafaranga bahembwa ari imisoro itangwa n’abaturage.

TAGGED:AbaturageBurundifeaturedMakambaNdayishimiye
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Hon Donatille Mukabalisa Ati: “ Tuzi Icyo Kubura Amahoro Bivuze”
Next Article LeBron James Umukinnyi Wa Mbere Ku Isi Wa Basket Utunze Miliyari Ya $
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Mu Rwanda Hamaze Kubakwa Ibiraro 300 Byo Mu Kirere

Ingabo Za Israel Zatangije Ibitero Byo Ku Butaka Byo Gusenya Gaza Yose

Musanze: Bafatanywe Litiro 1000 Z’Inzoga Itemewe

Amerika Yatwitse Ubundi Bwato Bwa Venezuela

AFC/M23 Irashaka Gushinga Igisirikare Cy’Umwuga

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Congo Yarenze Umurongo Utukura Ubwo Yavugaga Ko Dukora Jenoside- Amb.Urujeni

Hari Icyo RSSB Isaba Abashaka Kuzahabwa RAMA

Akamaro K’Amashanyarazi Akomoka Ku Mirasire Y’Izuba Ni Ntagereranywa

Ikipe y’Igihugu Y’Ingimbi Ya Volleyball Yitabiriye Igikombe Cya Afurika

Qatar Irashaka Kurega Netanyahu 

You Might Also Like

Mu mahangaUbuzima

Uganda: Batangiye Kwitegura Guhangana Na Ebola

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaPolitikiUbukungu

Kagame Yayoboye Inama Y’Abaminisitiri Yibanze Ku Biciro By’Amashanyarazi

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaPolitikiUbubanyi n'Amahanga

Inteko Y’U Rwanda Yikomye Iy’Ubumwe Bw’Uburayi

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
IkoranabuhangaMu mahanga

Ubwumvikane Bwa Amerika N’Ubushinwa Ku Ikoreshwa Rya TikTok

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?