Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Abarundi Babwiye Perezida Wabo Ibibahangayikishije
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Mu mahanga

Abarundi Babwiye Perezida Wabo Ibibahangayikishije

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 03 June 2022 4:04 pm
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Kuri uyu wa Gatanu taliki 03, Kamena, 2022 Perezida w’u Burundi Evariste Ndayishimiye yatangiye ingendo zigamije kumva ibibazo by’abaturage. Ab’i Makamba bamubwiye ko bahangayikishijwe no kutagira amazi meza, amashanyarazi n’ibibazo by’ubutaka.

Abaturage babwiye Perezida Ndayishimiye ko ubukene bubamereye nabi kubera ko n’abagize amahirwe bakajya mu ishuri bakaba bafite imishinga, bafite ikibazo cy’uko iyo bayigejeje kuri Banki ziyanga.

Bavuze ko bibaca intege kandi bigatuma babura amahirwe yo gucuruza cyangwa gukora ibindi byabavana mu bukene.

Abaturage b’i Makamba babwiye Perezida w’u Burundi ko we n’abo bakorana bakomeza kuganira na za Banki z’ubucuruzi hakarebwa uko abakoze imishinga bajya begerwa bakerekwa uko yanonosorwa bityo bagahabwa inguzanyo.

Bamubwiye ko nta mazi ahagije bafite
Ibibazo by’amasambu byabaye byinshi mu baturage

Abandi babwiye Umukuru w’u Burundi ko mu mitumba( mu Kinyarwanda ni ku Mirenge) nta mashanyarazi bafite, nta mazi meza mu baturage kandi n’amasambu ni mato.

Ibi bituma abaturage bahorana indwara zituruka ku isuku nke ndetse no mu makimbirane aterwa n’ubuto bw’amasambu.

Babwiye Perezida Evariste Ndayishimiye ko bagira n’ikindi kibazo cy’uko nta bantu bazi amategeko baba hafi yabo ngo bajye babunga bitabaye ngombwa ko bajya mu nkiko cyangwa ngo bashyamirane bigere n’ubwo bicana.

Perezida yabahumurije…

Umukuru w’u Burundi yabwiye abatuye i Makamba ko muri iki gihe u Burundi buri gufata umurongo wa Politiki uhamye kandi ugamije iterambere rya bose.

Yabahaye urugero rw’uko byifashe mu rwego rw’ubutabera( mu Burundi babwita ubutungane) ababwira ko ‘hari abantu batoranyijwe’ ngo bajye bacyemura amakimbirane avuka hagati y’abaturage.

Ndayishimiye yabasabye gukomeza guharanira guteza imbere ubumwe hagati yabo kugira ngo hatagira ubateranya bagasubiranamo kandi basangiye igihugu.

Ab’i Makamba yabasabye guhinga bakeza kandi bagahinga kijyambere kugira ngo babone uko basagurira isoko ry’ahandi hatari i Makamba.

Yihanije abayobozi batita ku bibazo by’abaturage.

Ati: “ Umuyobozi wese unyumva yaba ari hano cyangwa ahandi mu gihugu, agomba kuzirikana ko ari ho kugira ngo akorere abaturage.”

Le Chef de l'État @GeneralNeva rassure la population de #Makamba que des changements positifs sont attendus et commencent à se manifester dans le secteur de la justice, parce que maintenant les chefs de juridictions ont été choisis parmi les magistrats intègres. pic.twitter.com/ptTFUhijB5

— RTNB (@RTNBurundi) June 3, 2022

Yabibukije ko amafaranga bahembwa ari imisoro itangwa n’abaturage.

TAGGED:AbaturageBurundifeaturedMakambaNdayishimiye
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Hon Donatille Mukabalisa Ati: “ Tuzi Icyo Kubura Amahoro Bivuze”
Next Article LeBron James Umukinnyi Wa Mbere Ku Isi Wa Basket Utunze Miliyari Ya $
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Ushaka Kuyobora FERWAFA Afitiye Abasifuzi Gahunda Yo Kubahemba

Ibibera Muri DRC Bitugiraho Ingaruka Mu Buryo Bwinshi- Amb. Ngoga

Undi Muyobozi Muri WASAC Yafunzwe

Gen Nkubito Yabwiye Abo Mu Burengerazuba Ko FDLR Idakwiye Kubahahamura

Abakoresha Amadovize Bishyurana Bitemewe Bagiye Gucika-BNR

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

MINAGRI Irasaba Abahinzi Kudahubukira Gutera Imyaka

Abakekwaho Kwiba Mu Isoko Rya Kimironko Bafashwe

Afurika Yunze Ubumwe Igiye Gushyiraho Komisiyo Ku Masezerano Ya Kigali Na Kinshasa

Nduhungirehe Yitabiriye Inama Yiga Ku Bufatanye Bw’Ubuyapani N’Afurika

Uburundi Bugiye Gukoresha Amafaranga Y’Ubushinwa Mu Gutumiza Ibintu Hanze

You Might Also Like

Mu mahangaPolitikiUmutekano

Uburusiya Bwasutse Undi Muriro Kuri Ukraine

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaPolitikiUbubanyi n'Amahanga

Iterambere Ryose Ribanzirizwa N’Umutekano-Nduhungirehe

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbutaberaUmutekano

Ruhango: Bakurikiranyweho Gutega Abantu Bakabaniga

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
ImikinoMu Rwanda

Afrobasket: Amakipe Y’U Rwanda Yatashye Amara Masa

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?