Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Abarundikazi Bahoze Ari Intwari- Perezida W’u Burundi Ndayishimiye
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Mu mahanga

Abarundikazi Bahoze Ari Intwari- Perezida W’u Burundi Ndayishimiye

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 10 March 2022 1:38 pm
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Umukuru w’u Burundi Evariste Ndayishimiye avuga ko Abarundikazi bahoze ari intwari, agatanga urugero rw’Umwamikazi Inamujandi wahangaye n’Abakoloni b’Ababiligi mu mwaka wa 1934 atashakaga ko bagira u Burundi ingaruzwamuheto.

Perezida Ndayishimiye yashimye ubutwari bw’Abarundikazi ubwo hizihizwaga umunsi mpuzamahanga wo kwibuka no kuzirikana akamaro k’umugore mu buzima bwa muntu.

Ni umunsi uba buri Taliki 08, Werurwe, buri mwaka.

Mu Burundi umuhango wo kwizihiza uriya munsi wabereye ku musozi wa Rumonge, aho abatumirwa barimo abayobozi bakuru mu Burundi n’inshuti zabwo bari bateranye ngo bafatanye kwizihiza umunsi wahariwe abagore.

- Kwmamaza -
Ad imageAd image

Ndayishimiye yavuze ko igihugu cye kigomba kizakora uko gishoboye kose kigakomeza guteza imbere imibereho myiza y’umugore haba mu burezi no mu zindi nzego, bigakorwa hirindwa ko yakwimwa amahirwe ayo ari yo yose mu iterambere ry’igihugu cye.

Ndayishimiye yagize ati: “ Tuzaharanira ko Umurundikazi atera imbere kandi ntagire ikimubuza gukorera igihugu cye. Tuzarwanya ruswa, dushyireho amahirwe kuri bose batuye u Burundi kandi ntituzirengagiza gukurikirana abapfusha ubusa umutungo w’igihugu.”

Umuhango wo kuzirikana akamaro k’umugore mu iterambere ry’u Burundi, wazihijwe kandi n’imbyino zerekana umuco w’Abarundi zabyinwe n’abagore barimo n’abasirikare mu ngabo z’u Burundi.

Hanerekanywe abagize Komite nshya y’Inama y’Abagore b’Abarundikazi.

Abarundikazi bashimiwe uruhare bagira mu guteza imbere igihugu cyabo binyuze mu buhinzi bukoresha imbuto y’indobanure.

- Advertisement -

Nta terambere iryo ari ryo ryose ku isi ryagezweho hatabanje kuzamura urwego rw’ubuhinzi n’ubworozi.

Umwamikazi Inamujandi yari muntu ki?

Umunyabugeni washushanyije Inamujandi

Inyandiko nke Taarifa yashoboye gusoma zivuga ku mwamikazi w’Abarundi witwaga Inamujandi, zivuga ko uriya mugore yavutse rwagati mu Kinyejana cya 19 Nyuma ya Yezu Kristu.

Yavukiye ku musozi wa Ndora, aho ni mu Majyaruguru y’u Burundi mu Ntara ya Cibitoke.

Nta mateka y’ubuto bwe menshi azwi gusa ikizwi ni uko akomoka mu bwoko bw’Abarundi bari bafite inshingano ibwami, izo nshingano zikaba ari izo gukora imihango yo gutabariza abami b’i Burundi.

Mu mwaka wa 1934 Inamujandi yahagurukije abaturage ababwira ko bagomba kurwanya umugabo witwa Pierre Baranyanka wari washyizweho n’Abakoloni b’Ababiligi.

Inamujandi yavugaga ko bidakwiye ko abaturage be bategekwa n’umuntu batihitiyemo.

Inamujandi yavukiye muri Cibitoke y’ubu

Hari inyandiko ivuga ko Inamujandi yari atinyitse no mu maso y’Abakoloni kubera ko bari baziko ari Umupfumukazi ukorana n’imbaraga zidasanzwe.

Ndetse ngo yakoranaga n’Imana y’Abarundi yitwa Kiranga.

Abakoloni bamwitaga Mujande.

Gusa ku rundi ruhande bivugwa ko yakerensheje imbaraga z’amasasu y’imbunda z’Abazungu, akavuga ko iyo ageze ku muntu wizeye ibyo yamubwiye ahinduka nk’amashaza cyangwa amazi.

Nyuma ariko abamuyobotse baje gucika intege bitewe n’uko barashwe n’ingabo noneho y’amasasu yitaga amashaza akabakura umutima bagacisha macye.

Yaje gufatwa taliki 06, Ugushyingo, 1934, acirirwa ahitwa Ruyigi ariko aza kuhagwa.

TAGGED:AbagoreBurundifeaturedIntwaliNdayishimiyeUmurundikazi
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Umutoza W’Amavubi Mashami Vincent Ntiyongerewe Amasezerano
Next Article Agacurama Kadasanzwe Kabonetse Mu Rwanda Nyuma y’Imyaka 40
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

U Rwanda Rurafungura Ambasade Muri Hongrie

Rwanda: Abana Basobanukiwe Ibidukikije Bagiye Kubisangiza Abandi

Nyarugenge: Bafatanywe Ubwoko 31 Bw’Amavuta Yangiza Uruhu

Niba Utabasha Guhagarara K’Ukuguru Kumwe Mu Masogonda 10 Umenye Ko Washaje…

Bobi Wine Agiye Kongera Kwiyamamariza Kuyobora Uganda

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Nduhungirehe Avuga Ku Mushinga u Rwanda Rufitanye Na Amerika Ku Bimukira

Rwanda: Abagabo Bapfa Baruta Ubwinshi Abagore

Kagame Ari Mu Bufaransa 

Abasirikare Batatu B’u Rwanda Biciwe Muri Mozambique 

Aba Cardinals Batora Papa Bamaze Gushyira Ibintu Ku Murongo…

You Might Also Like

Mu mahangaPolitiki

Papa Leo XIV Yasuye Imva Y’Uwo Aherutse Gusimbura

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbutabera

Amazi Yabereye Abatutsi Irimbi Kandi Asanzwe Ari Ubuzima

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Ubukungu

Equity Group Igiye Guteza Imbere Imishinga Yo Mu Rwanda No Muri DRC

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahanga

Burundi: Impunzi Zo Muri DRC Zugarijwe N’Indwara Zikomeye

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • [email protected]
  • [email protected]
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?