Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Abarusiya Bakomeye Bari Gupfa Mu Buryo Bw’Amayobera
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Mu mahanga

Abarusiya Bakomeye Bari Gupfa Mu Buryo Bw’Amayobera

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 04 January 2023 6:49 am
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Mu Buhinde haravugwa urupfu rw’Abarusiya batatu bapfuye mu buryo kugeza ubu bukiri amayobera. Uherutse gupfa ni Umurusiya wari enjeniyeri( engineer) basanze yapfiriye muri Hoteli yari acumbitsemo.

Uyu yitwaga Sergey Milyakov akaba yari afite imyaka  51 y’amavuko.

Hoteli yapfiriye mo iri ahitwa Odisha hafi y’icyambu cya Paradip Port.

Mu Byumweru bike bishize, hari indi mirambo ibiri y’Abarusiya babonye( mu bihe bitandukanye) muri Hoteli zo mu Buhinde.

Abo ni umukire wahoze mu Nteko ishinga amategeko y’u Burusiya ( bayita DUMA) witwa Pavel Antov n’inshuti ye yitwa  Vladimir Bydanov.

Pavel Antov yahanutse hejuru y’inzu ahantu yari acumbitse muri Hoteli agwa hasi arapfa.

Hari abavuga ko bitabaye guhanuka ahubwo bishoboka ko hari uwamusunitse akagwa.

Vladimir Bydanov we bivugwa ko yishwe n’umutima ariko nta bisubizo byo kwa muganga birabyemeza mu buryo budasubirwaho.

Icyakora Polisi yo mu Buhinde iri guperereza iby’urupfu rwa bariya Barusiya.

Iri gusuzuma amashusho yafashwe na cameras z’umutekano ndetse ikabaza n’abantu bose babonye cyangwa bashobora kuba barabonanye na bariya bagabo mu bihe byabanjirije urupfu rwabo.

Hagati aho hari amakuru avuga ko abo bantu bari bamaze iminsi banenga intambara Putin yatangije muri Ukraine.

TAGGED:AmayoberaBurusiyaIntambaraUkraineUrupfu
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Kayonza: Bavanye Abana Mu Ishuri Ngo Bazabiyigishiriza
Next Article DRC: Havutse Umutwe W’Inyeshyamba Bita Zaïre
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Kuki Ibibazo By’Ubufaransa Bizajegeza Uburayi Bwose

Gaza: Hamas Yasabye Abarwanyi 7,000 Gusubira Aho Ingabo Za Israel Zavuye

Mfite Impungenge Ko Ibyo Kwaka FDLR Intwaro Bizaba Amasigarakicaro- Dr Buchanan

Ingabo Za Amerika Zamaze Kugera Muri Israel

Makuza Ayoboye Indorerezi Za Afurika Yunze Ubumwe Mu Matora Yo Muri Cameroun

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Rwanda: Bariga Guhunika Umusaruro Ngo Inzara Izacike

U Rwanda Ruzakira Inama Y’Abaminisitiri B’Ububanyi N’amahanga Mu Bihugu Bivuga Igifaransa

Israel N’U Rwanda Twanze Guheranwa N’Amateka Mabi- Ambasaderi Einat

Musanze: Umusore Na Nyina Bafatanywe Urumogi

Hamas Yasabye Israel Kuyiha Umurambo Wa Yahya Sinwar

You Might Also Like

Mu mahangaUbubanyi n'Amahanga

DRC: Leta Yategetse FDLR Kwishyira Mu Maboko Y’Ingabo

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaUbubanyi n'Amahanga

Israel Na Hamas Basinye Icyiciro Kibanza Cy’Amasezerano Y’Amahoro Ya Trump

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
ImikinoMu mahanga

Imikino Ya NBA Igiye Gusubukurwa Mu Bushinwa

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaPolitiki

Macron Mu Ihurizo Ryo Kubona Minisitiri W’Intebe Uhamye 

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?