Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Abarwanyi Ba Hamas Batunze Igitabo Mein Kampf Cya Hitler
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Mu mahanga

Abarwanyi Ba Hamas Batunze Igitabo Mein Kampf Cya Hitler

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 13 November 2023 1:00 pm
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Mu kiganiro Perezida wa Israel Isaac Herzog yaraye ahaye BBC yavuze ko abasirikare be basanze kuri umwe barwanyi ba Hamas  bishe yari yitwaje igitabo Mein Kampf cya Hitler wakoreye Abayahudi Jenoside.

Cyari cyanditse mu Cyarabu  nk’uko Herzog yabwiye umunyamakuru wa BBC witwa Laura Kuenssberg.

Ubwo ingabo za Israel zagabaga ibitero muri Gaza ngo zirukane abarwanyi ba Hamas, umwe muri zo yaje kubona hafi y’umurambo w’umwe muri abo barwanyi, kiriya gitabo aragitora agishyira umugaba we.

Karahererekanyijwe kigezwa mu Biro by’Umukuru wa Israel, Isaac Herzog.

Mein Kampf yanditswe mu mwaka wa 1925, ubwo Hitler yari afunzwe azira gushaka guhirika ubutegetsi.

Kubera ko Ubudage bwari buri mu bibazo byakuruwe n’ibihano bwafatiwe kubera gushoza intambara ya Mbere y’isi, Hitler yanditse ko Abayahudi ari bo ntandaro y’akaga kari mu isi, ashyiramo n’izindi yise impamvu zo kwanga Abayahudi.

Perezida Herzog yabwiye BBC ko kuba kiriya gitabo cyarasanzwe kuri umwe mu barwanyi ba Hamas, bigaragaza urwango bafite rwo gutsemba Abayahudi.

Perezida Isaac Herzog

Avuga ko barebye muri iki gitabo basanga abo barwanyi ba Hamas baragisomye kenshi, baca uturongo mu mapaji n’imirongo bumvaga bakunze, bibabibamo ingabitekerezo yo kwanga no kurimbura Abayahudi.

Yunzemo ko uwo mugambi wananiye Hitler kandi ko na Hamas itazawusohoza.

Hagati aho, Israel irasaba abantu bose, aba abarwayi, abarwaza cyangwa abaganga kumva mu bitaro by’ahitwa Shifa kuko ari ho Hamas yagize ibirindiro.

Ni umuburo iri gutanga mbere y’uko ihasuka umuriro nk’uko Perezida Isaac Herzog yabibwiye BBC.

TAGGED:BBCHamasJenosidePerezida
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Imihanda Y’I Musanze Yangiritse Itamaze Kabiri
Next Article Braverman Wakurikiranaga Ikibazo Cy’Abimukira Bazaza Mu Rwanda Yirukanywe
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Inzoga Z’Inkorano Zikomeje Kwangiza Ubuzima Bw’Abanyarwanda

Hari Isezerano BK Iha Abafite Inganda Z’Ikawa…

DRC: Amakamyo 100 Yaheze Mu Byondo

Zaria Igiye Kubona Umufatanyabikorwa Ukomeye

Kamala Harris Aracyashaka Kuba Perezida Wa Amerika 

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Umunyarwanda Uterura Ibiremereye Kurusha Abandi Agiye Kuruhagararira Mu Misiri

U Rwanda Rugiye Kubaka Irindi Shuri Rihambaye Ry’Ubuhinzi N’Ubworozi

Rwamagana: Uruganda SteelRwa Rukomeje Kuba Ikibazo Ku Buzima Bw’Abaturage

Uburundi, Ububiligi, DRC, Amerika… -Nduhungirehe Asobanura Uko U Rwanda Rubanye Nabyo

Huye: Urubyiruko Rwahawe Ibibuga By’Imikino Bikozwe Na Croix Rouge Y’u Rwanda 

You Might Also Like

Mu mahangaPolitiki

Muri Somalia Byifashe Bite?

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaPolitiki

Côte d’Ivoire: Miliyoni Umunani Bitabiriye Amatora Y’Umukuru W’Igihugu

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaPolitikiUbubanyi n'Amahanga

Byaba Byagenze Gute Ngo Amerika Ihagarike Gukorana Na Israel?

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaPolitiki

DRC: Gusimbura Vital Kamerhe Bikomeje Kugorana

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?