Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Abarwanyi Barenga 100 Barimo Aba FDLR Bamanitse Amaboko
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Mu mahanga

Abarwanyi Barenga 100 Barimo Aba FDLR Bamanitse Amaboko

admin
Last updated: 23 June 2021 11:39 am
admin
Share
SHARE

Abarwanyi bagera ku 110 bo mu mitwe yitwaje intwaro irimo FDLR/FOCA bamanitse amaboko, bishyikiriza Ingabo za Repubulika ya Demokarasi ya Congo, FARDC. Bari bafite imbunda 73.

Bishyikirije ingabo za Leta ku wa Mbere, mu gikorwa cyitabiriwe na Guverineri wa gisirikare w’Intara ya Kivu y’Amajyaruguru, Lieutenant Général Constant Ndima. Yari mu ruzinduko mu gice cya Masisi.

Lieutenant Général Ndima yavuze igihe cy’imishyikirano n’imitwe yitwaje intwaro cyarangiye, ko igisigaye ari ukuzana amahoro mu buryo bwose nk’uko Radio Okapi yabitangaje.

Ati “Abaturage bacu barambiwe ubugizi bwa nabi no gushimutwa mu ntara yacu. Kubera iyo mpamvu, mu rwego rw’ibihe bidasanzwe byashyizweho n’umukuru w’igihugu, intego yacu ni ukugarura amahoro. Naje muri Masisi gutangiza icyo gikorwa.”

“Umuntu wese uzemera gushyira intwaro hasi ku bushake azakirwa nk’inshuti. Ariko uzabirengaho azafatwa nk’umwanzi w’igihugu. Kandi hamwe namwe tuzashyira iherezo ku mutekano muke.”

Yasabye abaturage kurushaho gushyira hamwe, bakarandura imitwe yitwaje intwaro.

Abamanitse amaboko bahise bajyanwa mu mujyi wa Goma, mu rugendo rugamije kubasubiza mu buzima busanzwe.

 

TAGGED:FARDCFDLRfeaturedUmutekano
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Abishe Jamal Kashoggi Batorejwe Muri Amerika
Next Article Resitora Zimwe z’I Nyamirambo Zimuriwe Mu Mihanda
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Nduhungirehe Yitabiriye Inama Yiga K’Ubufatanye Bw’Ubuyapani N’Afurika

Uburundi Bugiye Gukoresha Amafaranga Y’Ubushinwa Mu Gutumiza Ibintu Hanze

Afrobasket: Amakipe Y’U Rwanda Yatashye Amara Masa

Amerika Irashaka Gufasha DRC Guhashya Ruswa

MINAGRI Irasaba Abahinzi Kudahubukira Gutera Imyaka

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Hari Ikigega Kizaha Urubyiruko Inguzanyo Nta Ngwate

Rwanda: Abakanishi Bagiye Guhugurwa K’Ugukanika Batiri Za Bisi Z’Amashanyarazi

Trump Na Putin Ntibemeranyije Guhagarika Intambara Ya Ukraine

DRC: Uwahoze Ari Minisitiri W’Ubutabera Yasabiwe Gukora Imirimo Nsimburagifungo

MINAGRI Irasaba Abahinzi Kudahubukira Gutera Imyaka

You Might Also Like

Mu RwandaPolitiki

Perezida Kagame Yafashe Mu Mugongo Abo Mu Muryango Wa Dr.Kirabo Washyinguwe

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaPolitiki

Mu Mashuri Abanza Abakobwa Batsinze Kurusha Abahungu-NESA

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Imibereho Y'AbaturageUbuzima

Hakozwe Umuti Wa Malaria W’Impinja

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
IbidukikijeMu Rwanda

REMA Yatangaje Igihe Cyo Gusuzumisha Ibyuka Byo Mu Binyabiziga

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?