Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Abasenateri Bagaragaje Impungenge Ku Cyemezo Cyo Kwandika Kuri Leta Ubutaka Bw’Abaturage
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Politiki

Abasenateri Bagaragaje Impungenge Ku Cyemezo Cyo Kwandika Kuri Leta Ubutaka Bw’Abaturage

admin
Last updated: 17 March 2021 7:53 pm
admin
Share
SHARE

Abasenateri bagaragaje impungenge ko igikorwa cyo kwandika mu mutungo wa leta ubutaka abaturage batandikishije, kidashingiye ku itegeko cyangwa ibwiriza kandi kigira ingaruka ku baturage.

Kuri uyu wa Gatatu abasenateri bagize Komisiyo y’Iterambere ry’Ubukungu n’Imari baganiriye n’ubuyobozi bw’Ikigo Gishinzwe Imicungire n’Imikoreshereze y’Ubutaka, mu rwego rwo kumenya imiterere y’igikorwa cyo kwandika by’agateganyo kuri Leta ibibanza ba nyirabyo batandikishije.

Perezida wa Komisiyo Senateri Nkusi Juvénal yavuze ko iki gikorwa kigamije kumenya impamvu ubu butaka bwanditswe by’agateganyo kuri Leta, imikoreshereze yabwo, imikoreshereze y’umutungo uriho nk’inzu, amashyamba n’ibindi, n’icyo nyirabwo asabwa kugira ngo azabusubizwe igihe azaboneka.

Umuyobozi Mukuru w’ikigo cy’ubutaka Mukamana Esperance yabwiye Abasenateri ko ingingo ya 20 y’Itegeko rigenga ubutaka mu Rwanda iha inshingano buri wese yo kwandikisha ubutaka.

- Kwmamaza -
Ad imageAd image

Yavuze ko itegeko rigenga ubutaka rishyira mu mutungo bwite wa Leta ubutaka butagira umuntu n’umwe ubufiteho uburenganzira bwihariye.

Ibyo ngo bivuze ko ubutaka butandikishijwe na bwo bwafatwa nk’aho butagira ubufiteho uburenganzira, kugeza igihe ubukoresha azabwandikisha.

Mukamana yavuze ko tariki 30 Ukuboza 2020, mu gihugu hose ubutaka butari bwanditse kuri ba nyirabwo bwageraga ku bibanza 1.499.845.

Ati “Ibi bibanza byahise byandikwa by’agateganyo kuri Leta by’agateganyo mu gihe hategerejwe ko ba nyirabwo bazaza kubwandikisha.”

Abasenateri bagaragaje impungenge z’uko iki cyemezo kidashingiye ku itegeko cyangwa ibwiriza kandi kigira ingaruka ku baturage ndetse itegeko nshinga rivuga ko umutungo w’umuntu ari ntavogerwa.

- Advertisement -

Basabye ko hakorwa ubukangurambaga abaturage bakandikisha ubutaka, aho kubwandika kuri Leta.

Senateri Nkusi Juvénal yabwiye Taarifa ko icyo bagamije ari ugutanga inama kugira ngo ibintu bisobanuke.

Ati “Ntabwo turarangiza ubusesenguzi ngo dukore raporo, nidusoza imyanzuro yacu tuzayigeza ku nteko rusange ya Sena iyifateho icyemezo, ari naho hazava imyanzuro y’aho Sena ihagaze kuri icyo kibazo.”

Ikigo cy’ubutaka kivuga ko umwaka ushize warangiye habaruwe ubutaka 11.539.974 mu gihugu cyose.

Abasenateri mu kiganiro n’ubuyobozi bw’ikigo cy’ubutaka

TAGGED:featuredSena
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Abimukira Bamaze Igihe Kinini Mu Rwanda Bagiye Koroherezwa Kubona Ubwenegihugu
Next Article Perezida Magufuli Wa Tanzania Yapfuye
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Rwanda: Ingengo Y’Imari Ya 2025-2026 Iziyongeraho Miliyari 1.216

Umunyamerika Yatorewe Kuba Papa Wa Mbere Mu Mateka

Mu Myaka 61 Imaze Mu Rwanda Croix Rouge Yamariye Iki Abaturage?

Umusaruro W’Ibikomoka Ku Buhinzi u Rwanda Rwohereje Hanze Mu Cyumweru Gishize

Ubuhinde Na Pakistan Byambariye Intambara

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Nduhungirehe Avuga Ku Mushinga u Rwanda Rufitanye Na Amerika Ku Bimukira

Amerika: Abanyarwandakazi Bo Muri RDF Barangije Amasomo Y’Ubukanishi

Rwanda: Abagabo Bapfa Baruta Ubwinshi Abagore

Meteo Iraburira Abanyarwanda 

Aba Cardinals Batora Papa Bamaze Gushyira Ibintu Ku Murongo…

You Might Also Like

Mu RwandaUbukungu

Rwanda: Ni Ryari Abaturage Bo Mu Cyaro Bazabona Amazi Meza Abahagije?

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahanga

Roma: Gutora Papa Ku Munsi Wa Mbere Byananiranye

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaUmutekano

M23 Yafashe Ahantu Hakungahaye Kuri Zahabu

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbubanyi n'Amahanga

Kagame Ari Mu Bufaransa 

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • [email protected]
  • [email protected]
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?