Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Abasenyeri Gatolika Bo Mu Rwanda Bunamiye Cardinal Laurent Monsengwo
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Amadini N'Iyobokamana

Abasenyeri Gatolika Bo Mu Rwanda Bunamiye Cardinal Laurent Monsengwo

admin
Last updated: 14 July 2021 10:27 am
admin
Share
SHARE

Abasenyeri Gatolika bo mu Rwanda boherereje ubutumwa bw’akababaro Arkiyepiskopi wa Kinshasa Fridolin Cardinal Ambongo n’Inama y’Abepiskopi ya Repubulika ya Demokarasi ya Congo, nyuma y’urupfu rwa Laurent Cardinal Monsengwo rwabaye ku Cyumweru tariki 11 Nyakanga.

Cardinal Laurent Monsengwo Pasinya wari ufite imyaka 81, yari umwe mu bantu bubashywe cyane muri RDC.  Yaguye mu gace ka Versailles mu Bufaransa, aho yivurizaga guhera mu ntangiro za Nyakanga.

Mu ibaruwa yoherejwe na Musenyeri Philippe Rukamba, yihanganishije Cardinal Ambongo, abasenyeri, abihaye Imana n’umuryango wa Cardinal Monsengwo witabye Imana.

Igira iti “Twifatanyije namwe mu isengesho ryo gusabira Cardinal Laurent Monsengwo Pasinya kugira ngo Imana ishobora byose kandi nyirimbabazi imuhe iruhuko ridashira n’ibyishimo bisesuye mu rusange rw’abatagatifu.”

Cardinal Laurent Monsengwo yayoboye Arkidiyosezi ya Kinshasa kugeza ku wa 25 Ugushyingo 2018 ubwo yasimburwaga na Cardinal Fridolin Ambongo.

Arkisiyosezi ya Kinshasa yatangaje ko umurambo we uzagezwa muri RDC ku wa Gatandatu tariki 17 Nyakanga. Azashyingurwa ku wa 21 Nyakanga muri Cathédrale Notre Dame du Congo, i Kinshasa.

Yavutse mu 1939 mu muryango w’abana umunani, ahabwa ubupadiri mu 1963, aba musenyeri mu 1980 abihawe na Papa Yohani Pawulo II.

TAGGED:ArkidiyoseziArkiyepiskopiCardinal Laurent Masengwo PasinyaCENCOfeaturedKinshasaMusenyeri Philippe RukambaRDC
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article U Rwanda Rugiye Gukorerwa Igenzura Ku Mushinga Wo Gukora Inkingo Za COVID-19
Next Article Itegeko Rishya Rishobora Gukora Kuri Moïse Katumbi
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

DRC Yarakajwe N’Uko Kenya Yagennye Uyihagarariye i Goma

Uko Umukino Wa APR Na Dynamos Wagenze

Burera Ikomeje Kuba Icyambu Kinini Cy’ Ibiyobyabwenge

Undi Mugore Yafatanywe Urumogi

Miliyoni Frw 464 Z’Ishimwe Zahawe Abatse EBM

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Hari Ikigega Kizaha Urubyiruko Inguzanyo Nta Ngwate

Trump Na Putin Ntibemeranyije Guhagarika Intambara Ya Ukraine

Nyanza: Umugore Yishe Umugabo We

Rwanda: Abakanishi Bagiye Guhugurwa K’Ugukanika Batiri Za Bisi Z’Amashanyarazi

Haravugwa Umwuka Mubi Hagati Ya Israel Na Qatar 

You Might Also Like

Imibereho Y'AbaturageMu RwandaUbukungu

Rubavu: Abafite Ubumuga Basaba M23 Kubakomorera Ku Bicuruzwa Byose Bijya i Goma

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaPolitikiUbukungu

Minisitiri W’Intebe Yasuye Icyanya Cy’Inganda Cya Musanze

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaPolitikiUbukungu

P.M Nsengiyumva Asaba Urubyiruko Kudata Umwanya Mu Biciriritse

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbucuruzi MpuzamahangaUbukungu

U Rwanda Rugiye Gushyira Ikawa Muri Cyamunara Mpuzamahanga 

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?