Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Abashaka Kuducamo Ibice No Kudutesha Umurongo Bazakomeza Kunanirwa – Kagame
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Kwibuka27

Abashaka Kuducamo Ibice No Kudutesha Umurongo Bazakomeza Kunanirwa – Kagame

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 07 April 2021 4:02 pm
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Perezida Paul Kagame yavuze ko nta gihe u Rwanda rwaranzwe n’ubumwe no kureba imbere nk’ubu, ku buryo abantu bagamije gucamo ibice Abanyarwanda no kubatesha umurongo bazakomeza kunanirwa.

Ni ubutumwa yatanze nyuma yo gucana urumuri rw’icyizere, nk’intangiriro y’iminsi 100 yo Kwibuka ku nshuro ya 27 Jenoside yakorewe Abatutsi. Yavuze ko nubwo uyu muhango ubaye bwa kenshi, abanyarwanda batawufata nk’ibisanzwe kubera ko buri gihe ubibutsa byinshi bikomeye.

Ati “Kugeza uyu munsi turacyabona imibiri y’abajugunywe mu byobo hirya no hino mu gihugu. Abakoze aya mahano baracyidegembya hirya no hino ku isi, ariko ntabwo twakwemera ko uburemere bw’ayo mateka buduherana.”

“Ikindi kandi ni inshuro ya kabiri Kwibuka bibaye muri iki gihe cy’icyorezo cya COVID-19. Kuba tudashoora guteranira hamwe nk’uko bisanzwe birongerera agahinda abarokotse Jenoside kandi ukwihangana kwabo no kudacika intege ari byo biduha imbaraga zo gukomeza kwiyubaka no kubaka igihugu.”

Yavuze ko kongera kwiyubaka kw’abanyarwanda babikesha abanyarwanda benshi bashatse kubaka u Rwanda rwiza rubabereye, bakanga kuba ibikoresho by’abayobozi babi.

Ati “Kubera izi mpamvu, no mu bihe by’ibibazo bikomeye, n’abifuzaga kubarangaza no kubatesha igihe, abanyarwanda barushijeho gukomeza kunga ubumwe. Nta kindi gihe u Rwanda rwaranzwe n’ubumwe no kureba imbere nk’ubu. Aha ndavuga cyane cyane urubyiruko ari narwo rugize umubare munini w’abaturage b’igihugu cyacu. Iyi ni nayo mpamvu abashaka kuducamo ibice no kudutesha umurongo bananiwe kandi bazakomeza kunanirwa.”

Perezida Kagame yagaragaje ko hari n’ibibazo abanyarwanda bagihanganye nabyo, birimo abantu bakomeje gupfobya Jenoside n’ibihugu bitayiha agaciro ikwiye ku buryo bicumbikiye abayigizemo uruhare.

Yasabye abanyarwanda bose kutarebera abashaka guhindura abateka banyuzemo.

Ati “Ni ukuri kuzatahinduka. Ariko rero biba abahakana amateka, ibyabaye, bitabatera isoni, njyewe, wowe, twagirira iki ubwoba bwo guhangana nabo?

TAGGED:featuredKwibuka 27Paul Kagame
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Ibaruwa Abarokotse Jenoside Yakorewe Abatutsi Baba Mu Bufaransa Bandikiye Macron
Next Article Kagame Yanenze Ibihugu Bicumbikiye Abakoze Jenoside n’Abakora Iterabwoba
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Uko Umukino Wa APR Na Dynamos Wagenze

Burera Ikomeje Kuba Icyambu Kinini Cy’ Ibiyobyabwenge

Undi Mugore Yafatanywe Urumogi

Miliyoni Frw 464 Z’Ishimwe Zahawe Abatse EBM

Babona Bate Inkuru Zibakorwaho?

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Hari Ikigega Kizaha Urubyiruko Inguzanyo Nta Ngwate

Nyanza: Umugore Yishe Umugabo We

Trump Na Putin Ntibemeranyije Guhagarika Intambara Ya Ukraine

Haravugwa Umwuka Mubi Hagati Ya Israel Na Qatar 

Rwanda: Abakanishi Bagiye Guhugurwa K’Ugukanika Batiri Za Bisi Z’Amashanyarazi

You Might Also Like

Imibereho Y'AbaturageMu RwandaUbukungu

Rubavu: Abafite Ubumuga Basaba M23 Kubakomorera Ku Bicuruzwa Byose Bijya i Goma

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaPolitikiUbukungu

Minisitiri W’Intebe Yasuye Icyanya Cy’Inganda Cya Musanze

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaPolitikiUbukungu

P.M Nsengiyumva Asaba Urubyiruko Kudata Umwanya Mu Biciriritse

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbucuruzi MpuzamahangaUbukungu

U Rwanda Rugiye Gushyira Ikawa Muri Cyamunara Mpuzamahanga 

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?