Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Abashinwa Umunani Bashimutiwe Muri RDC
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Mu mahanga

Abashinwa Umunani Bashimutiwe Muri RDC

Last updated: 21 November 2021 11:39 am
Share
(Pascaline Kavuo Mwasi Saambili, GPJ Democratic Republic of Congo)
SHARE

Umusirikare umwe wa Repubulika ya Demokarasi ya Congo yishwe naho Abashinwa umunani barashimutwa, mu gitero cyagabwe mu ijoro rishyira kuri iki Cyumweru aho bacukuraga zahabu mu Ntara ya Kivu y’Epfo.

Ni igitero cyagabwe n’abantu bataramenyekana ku birombe bicukurwamo zahabu n’ikigo Bayond Mining cy’Abashinwa, biherereye i Mukera muri teritwari ya Fizi.

Umuyobozi w’imiryango itari iya Leta i Mukera, Christophe Bonanée, yabwiye ikinyamakuru ACTUALITE.CD ko ahagana saa tatu z’ijoro kuri ibyo birombe by’Abashinwa humvikanye amasasu menshi.

Ati “Abasirikare bahanganye nabo, kubw’ibyago umwe ahasiga ubuzima naho undi arakomereka cyane. Amaperereza arakomeje, twasanze abashinwa umunani bashimuswe n’abo bagizi ba nabi.”

“Umutwe wabigizemo uruhare ntabwo uramenyekana. Tubabajwe cyane n’ibikorwa nk’ibi bimaze kuba karande muri aka gace.”

Umuyobozi wa teritwari ya Fizi, Kawaya Aimé na we yemeje icyo gitero cyashimutiwemo abo bashinwa. Yavuze ko mu bashimuswe harimo n’abasirikare babiri.

Yavuze ko amaperereza akomeje kugira ngo abashimuswe babohorwe n’ababigizemo uruhare babiryozwe.

Icyo gitero cyabayeho mu gihe hamaze iminsi amakimbirane hagati y’abaturage bo muri ako gace n’ikigo Bayond Mining na koperative y’abacukuzi b’amabuye y’agaciro yo muri ako gace, COMIDI.

Abaturage babashinja kutubaha uburenganzira bw’abakozi, ndetse ko batigeze batanga ingurane ku mirima y’abaturage yangijwe n’ibikorwa byabo byo gucukura zahabu.

TAGGED:AbashinwaAmabuye y'agacirofeaturedRDCUbucukuziZahabu
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Ibizagenderwaho Mu Gukingira COVID-19 Abana Bafite Imyaka 12
Next Article Amafoto: Perezida Kagame Yitabiriye Car Free Day
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Uko RURA Yabangamiye Ishoramari Ry’Abahoze Mu Ngabo

Umuhuza Wa Afurika Yunze Ubumwe Mu Kibazo Cy’u Rwanda Na DRC Ari i Kigali

Mobicash Yabaye Ihagaritswe 

Hemejwe Umushinga W’Itegeko Rishyiraho Kaminuza Y’Ingabo Z’u Rwanda

DRC: Guverinoma Irashaka Kwisubiza Bunagana Kugeza Uvira

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

‘Board Of Peace’ Ya Trump Ni Iki?

Burundi: Haravugwa Guhangana Hagati Ya Ndayishimiye N’Umunyamabanga  Wa CNDD-FDD

Amerika Irashaka Intambara Yeruye Na Iran

U Rwanda Rurashaka Ko Ubwongereza Buruha Amafaranga Yarwo Yose

Rulindo:Habonetse Imibiri 173 Y’Abazize Jenoside Yakorewe Abatutsi

You Might Also Like

Imibereho Y'AbaturageMu Rwanda

Inenge Mu Burezi Bw’u Rwanda Kubera Ruswa

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaPolitiki

Inama Y’Igihugu Y’Umushyikirano Iragarutse

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUmutekano

Drones Za Polisi Ziri Hafi No Gukorera Mu Mihanda Yo Mu Ntara 

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
IbidukikijeUbumenyi Rusange

Mu Isanzure Haba Inyenyeri Zingahe?

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?