Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Abashinzwe Ibya Gisirikare Muri Ambasade Beretswe Aho Umusirikare Wa DRC Yarasiwe
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Mu Rwanda

Abashinzwe Ibya Gisirikare Muri Ambasade Beretswe Aho Umusirikare Wa DRC Yarasiwe

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 22 November 2022 1:31 pm
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Umuyobozi ushinzwe ubufatanye mu bya gisirikare muri Minisiteri y’ingabo z’u Rwanda Brig General Patrick Karuretwa avuga ko RDF yasabwe n’abashinzwe iby’umutekano muri za Ambasade ziri mu Rwanda ko bajya kwerekwa aho umusirikare wa DRC aherutse kurasirwa.

Uyu musirikare utaratangajwe amazina n’ipeti rye, yarashwe mu ijoro ryo ku wa Gatandatu.

Bivugwa ko yambutse umupaka ugabanya igihugu cye n’u Rwanda atangira kurasa ku ngabo z’u Rwanda zari zihacungiye umutekano nazo ziramurasa arapfa.

Yaguye ahitwa mu Kagari ka Mbugangari mu Murenge wa Gisenyi mu Karere ka Rubavu.

Nyuma y’uko inkuru ibaye kimomo ndetse na Minisiteri y’ingabo z’u Rwanda igasohora itangazo ribyemeza, ngo abahagarariye inyungu za gisirikara muri za Ambasade zikorera mu Rwanda basabye ko bajya kwerekwa aho byabereye.

Itangazo rya Minisiteri y’ingabo rivuga ko abo bantu bitwa Military Attachés bifuje kureba aho biriya byabereye kugira ngo bagire n’ibibazo babaza.

Bakigera i Rubavu bakiriwe n’Umuyobozi w’ingabo zigize Division ya Gatatu witwa Brig Gen Andrew Nyamvumba wagiye kubereka aho byabereye.

Beretswe aho uriya musirikare wa DRC yaciye kugira ngo agere k’ubutaka bw’u Rwanda atangire arase n’abasirikare yasanze baburinze.

Defence Attachés accredited to Rwanda witness the circumstances that led to the fatal shooting of a DRC soldier who crossed the Rubavu border and opened fire against RDF position on 19 November2022.https://t.co/b7UvfeNDCg pic.twitter.com/juNJAGWBMd

— Rwanda Defence Force (@RwandaMoD) November 21, 2022

Abo basirikare b’u Rwanda bari bari mu minara ibiri bacunga umutekano.

Brig Gen A. Nyamvumba ati: “ Abasirikare bacu bahise bamurasa bamwica ataragira uwo ahutaza cyangwa ahitana.”

Brig Patrick Karuretwa avuga ko kuba bariya bantu bakora muri za Ambasade zikorera mu Rwanda baraje kwirebera ibyabereye muri kariya gace, byatewe ahanini n’uko bitari bibaye ubwa mbere hari ibisasu biraswa mu Rwanda bivuye muri DRC ndetse n’abasirikare b’iki gihugu bamaze iminsi nabwo binjira mu Rwanda.

Yasabye DRC kureka ibikorwa yise ‘iby’ubushotoranyi.’

TAGGED:AmbasadeDRCfeaturedKaruretwaMinisitiriNyamvumbaRDF
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Ruhango: Umusore Aravugwaho Kwica Nyina
Next Article Arabie Saoudite Yakoze Amateka Itsinda Argentine Ya Messi
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Kuki Hari Imyanzuro u Rwanda Rwemera K’Uburenganzira Bwa Muntu Ntishyirwe Mu Bikorwa Yose

Ese Intambara Ya Amerika N’Uburayi Irashoboka

Hatangijwe Ubufatanye Mu Kuzamura Ubwinshi N’Ubwiza Bw’Imbuto 

Abatanga Ubutabera Bajye Basura Amahanga Barebe Uko Bigenda-Sosiyete Sivile

Uko RDF Yakiriwe Muri Jamaica

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Irani: Imyigaragambyo Ikomeje Kuzengereza Leta

Nyamasheke: Yakubise Gitifu Amuziza Kumwimisha Inkunga Y’Ibiribwa

Ese Robo Zitwara Imodoka Mu Buryo Butekanye Kurusha Abantu?

Niki Cyateye Igiciro Cy’Ikawa Y’u Rwanda Kuzamuka?

Menya Impamvu Kugabanya Ibiro Bigora

You Might Also Like

Mu Rwanda

U Rwanda Rwishimira Intambwe Yatewe Mu Kurwanya Igwingira Mu Bana Bato

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu Rwanda

Bafatanywe Amadolari Y’Amakorano

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu Rwanda

Minisitiri W’Intebe Yakiriye Uyobora Ikigo Mpuzamahanga Cy’Abagiraneza

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahanga

Tchad: Hadutse Intambara

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?