Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Abashinzwe Ibya Gisirikare Muri Ambasade Beretswe Aho Umusirikare Wa DRC Yarasiwe
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Mu Rwanda

Abashinzwe Ibya Gisirikare Muri Ambasade Beretswe Aho Umusirikare Wa DRC Yarasiwe

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 22 November 2022 1:31 pm
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Umuyobozi ushinzwe ubufatanye mu bya gisirikare muri Minisiteri y’ingabo z’u Rwanda Brig General Patrick Karuretwa avuga ko RDF yasabwe n’abashinzwe iby’umutekano muri za Ambasade ziri mu Rwanda ko bajya kwerekwa aho umusirikare wa DRC aherutse kurasirwa.

Uyu musirikare utaratangajwe amazina n’ipeti rye, yarashwe mu ijoro ryo ku wa Gatandatu.

Bivugwa ko yambutse umupaka ugabanya igihugu cye n’u Rwanda atangira kurasa ku ngabo z’u Rwanda zari zihacungiye umutekano nazo ziramurasa arapfa.

Yaguye ahitwa mu Kagari ka Mbugangari mu Murenge wa Gisenyi mu Karere ka Rubavu.

Nyuma y’uko inkuru ibaye kimomo ndetse na Minisiteri y’ingabo z’u Rwanda igasohora itangazo ribyemeza, ngo abahagarariye inyungu za gisirikara muri za Ambasade zikorera mu Rwanda basabye ko bajya kwerekwa aho byabereye.

Itangazo rya Minisiteri y’ingabo rivuga ko abo bantu bitwa Military Attachés bifuje kureba aho biriya byabereye kugira ngo bagire n’ibibazo babaza.

Bakigera i Rubavu bakiriwe n’Umuyobozi w’ingabo zigize Division ya Gatatu witwa Brig Gen Andrew Nyamvumba wagiye kubereka aho byabereye.

Beretswe aho uriya musirikare wa DRC yaciye kugira ngo agere k’ubutaka bw’u Rwanda atangire arase n’abasirikare yasanze baburinze.

Defence Attachés accredited to Rwanda witness the circumstances that led to the fatal shooting of a DRC soldier who crossed the Rubavu border and opened fire against RDF position on 19 November2022.https://t.co/b7UvfeNDCg pic.twitter.com/juNJAGWBMd

— Rwanda Defence Force (@RwandaMoD) November 21, 2022

Abo basirikare b’u Rwanda bari bari mu minara ibiri bacunga umutekano.

Brig Gen A. Nyamvumba ati: “ Abasirikare bacu bahise bamurasa bamwica ataragira uwo ahutaza cyangwa ahitana.”

Brig Patrick Karuretwa avuga ko kuba bariya bantu bakora muri za Ambasade zikorera mu Rwanda baraje kwirebera ibyabereye muri kariya gace, byatewe ahanini n’uko bitari bibaye ubwa mbere hari ibisasu biraswa mu Rwanda bivuye muri DRC ndetse n’abasirikare b’iki gihugu bamaze iminsi nabwo binjira mu Rwanda.

Yasabye DRC kureka ibikorwa yise ‘iby’ubushotoranyi.’

TAGGED:AmbasadeDRCfeaturedKaruretwaMinisitiriNyamvumbaRDF
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Ruhango: Umusore Aravugwaho Kwica Nyina
Next Article Arabie Saoudite Yakoze Amateka Itsinda Argentine Ya Messi
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Ingabo Z’u Rwanda Zasinyanye N’Iz’Ubushinwa Amasezerano Y’Ubufatanye

Rihanna Agiye Kubona Icyo Yari Yarabuze

Ubukungu Bw’u Rwanda Bwazamutseho 7.8%-MINECOFIN

Uburundi: Umunyarwanda Yafunganywe N’Umu Youtuber

Dushora Mu Gusukura Ikirere Cyacu- Minisitiri Arakwiye

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Akamaro K’Amashanyarazi Akomoka Ku Mirasire Y’Izuba Ni Ntagereranywa

Ikipe y’Igihugu Y’Ingimbi Ya Volleyball Yitabiriye Igikombe Cya Afurika

Qatar Irashaka Kurega Netanyahu 

Ibya Ariel Wayz Byajemo Gishegesha

Gen Gatama Yoherejwe Kuyobora Inzego Z’u Rwanda Z’Umutekano Muri Mozambique

You Might Also Like

Mu mahangaPolitiki

DRC: Abanyamahanga Ntibemerewe Gukora Ubucuruzi Buto Buto

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Imibereho Y'AbaturageMu RwandaUbukungu

Imiterere Y’Ubucuruzi Bw’u Rwanda N’Amahanga Muri 2025

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Imibereho Y'AbaturageMu Rwanda

Drone Y’Ingabo Z’u Rwanda Yakoze Impanuka 

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbukungu

Mu Rwanda Hamaze Kubakwa Ibiraro 300 Byo Mu Kirere

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?