Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Abasirikare Batatu B’Abarusiya Biciwe Muri Centrafrique
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Politiki

Abasirikare Batatu B’Abarusiya Biciwe Muri Centrafrique

Last updated: 31 May 2021 11:52 am
Share
SHARE

Abasirikare batatu b’u Burusiya n’abapolisi babiri ba Repubulika ya Centrafrique baguye mu gitero, ubwo igisasu cyaturitsaga imodoka barimo mu majyaruguru y’uburengerazuba bw’igihugu.

Umuvugizi wa Guverinoma ya Centrafrique, Ange Maxime Kazagui, yabwiye AFP ko bishwe n’igisasu cyaturikije imodoka yabo ku wa Kane.

Yagize ati “Abasirikare batatu b’Abarusiya n’abapolisi babiri ba Centrafrique barishwe, hari n’abandi benshi bakomeretse.”

Igisasu cyaturikije iyo modoka mu muhanda uhuza ibice bya Berbérati na Bouar, ni muri kilometero nibura 400 uvuye mu murwa mukuru Bangui.

Mu cyumweru gishize kandi imodoka y’Ingabo z’Umuryango w’Abibumbye yakandagiye igisasu mu gace gakoreramo umutwe witwaje intwaro wa 3R, abarimo barakomereka.

Umuyobozi w’ubutumwa bw’Umuryango w’Abibumbye muri Centrafrique (MINUSCA,) Mankeur Ndiaye, yavuze ko abari muri buriya butumwa bagomba kwitondera ibisasu bigaragara hirya no hino mu gihugu, nk’ikibazo gihangayikishije Repubulika ya Centrafrique.

Ni mu ijambo yavuze ku wa Gatandatu, ubwo hizihizwaga umunsi mpuzamahanga w’intumwa zirimo kubungabunga amahoro hirya no hino ku isi.

TAGGED:CentrafriquefeaturedU Burusiya
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article ‘Isonga’, Umushinga Wa Ambasade Y’ U Bufaransa Mu Kuzamura Siporo Mu Rwanda
Next Article Amafoto: Abakinnyi B’Amavubi Mu Mwiherero
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Makuza Ayoboye Indorerezi Za Afurika Yunze Ubumwe Mu Matora Yo Muri Cameroun

Knowless Yagiye Tanzania Kuhasohorera Indirimbo

DRC: Leta Yategetse FDLR Kwishyira Mu Maboko Y’Ingabo

Rwanda: Amagaraje Atujuje Ibisabwa Azafungwa

Kagame Yaganiriye N’Abayobozi Ba EU K’Ubufatanye Mu Gukora Inkingo

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Rwanda: Bariga Guhunika Umusaruro Ngo Inzara Izacike

U Rwanda Ruzakira Inama Y’Abaminisitiri B’Ububanyi N’amahanga Mu Bihugu Bivuga Igifaransa

Israel N’U Rwanda Twanze Guheranwa N’Amateka Mabi- Ambasaderi Einat

Musanze: Umusore Na Nyina Bafatanywe Urumogi

Hamas Yasabye Israel Kuyiha Umurambo Wa Yahya Sinwar

You Might Also Like

Mu RwandaUbubanyi n'Amahanga

Kagame Yibukije Abanyaburayi Akamaro Ko Gukorana Neza N’Abanyafurika

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Imibereho Y'AbaturageMu RwandaUbukungu

Ab’i Rwamagana N’i Kigali Bagiye Kubona Andi Mazi Meza

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaUbubanyi n'Amahanga

Israel Na Hamas Basinye Icyiciro Kibanza Cy’Amasezerano Y’Amahoro Ya Trump

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaPolitiki

Ingabire Immaculée Wayoboraga Transparency Yatabarutse

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?