Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Abasirikare Batatu B’Abarusiya Biciwe Muri Centrafrique
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Politiki

Abasirikare Batatu B’Abarusiya Biciwe Muri Centrafrique

admin
Last updated: 31 May 2021 11:52 am
admin
Share
SHARE

Abasirikare batatu b’u Burusiya n’abapolisi babiri ba Repubulika ya Centrafrique baguye mu gitero, ubwo igisasu cyaturitsaga imodoka barimo mu majyaruguru y’uburengerazuba bw’igihugu.

Umuvugizi wa Guverinoma ya Centrafrique, Ange Maxime Kazagui, yabwiye AFP ko bishwe n’igisasu cyaturikije imodoka yabo ku wa Kane.

Yagize ati “Abasirikare batatu b’Abarusiya n’abapolisi babiri ba Centrafrique barishwe, hari n’abandi benshi bakomeretse.”

Igisasu cyaturikije iyo modoka mu muhanda uhuza ibice bya Berbérati na Bouar, ni muri kilometero nibura 400 uvuye mu murwa mukuru Bangui.

Mu cyumweru gishize kandi imodoka y’Ingabo z’Umuryango w’Abibumbye yakandagiye igisasu mu gace gakoreramo umutwe witwaje intwaro wa 3R, abarimo barakomereka.

Umuyobozi w’ubutumwa bw’Umuryango w’Abibumbye muri Centrafrique (MINUSCA,) Mankeur Ndiaye, yavuze ko abari muri buriya butumwa bagomba kwitondera ibisasu bigaragara hirya no hino mu gihugu, nk’ikibazo gihangayikishije Repubulika ya Centrafrique.

Ni mu ijambo yavuze ku wa Gatandatu, ubwo hizihizwaga umunsi mpuzamahanga w’intumwa zirimo kubungabunga amahoro hirya no hino ku isi.

TAGGED:CentrafriquefeaturedU Burusiya
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article ‘Isonga’, Umushinga Wa Ambasade Y’ U Bufaransa Mu Kuzamura Siporo Mu Rwanda
Next Article Amafoto: Abakinnyi B’Amavubi Mu Mwiherero
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Hari Icyo RSSB Isaba Abashaka Kuzahabwa RAMA

FERWAFA Yagennye Umubare Mushya W’Abanyamahanga Mu Ikipe Yitabiriye Shampiyona

Congo Yarenze Umurongo Utukura Ubwo Yavugaga Ko Dukora Jenoside- Amb.Urujeni

Ibyahoze Ari Ibiryabarezi Binagurwamo Ibikoresho By’Ingirakamaro

Asaba Ko Drones Nini Zazakoreshwa Mu Kubagezaho Intanga

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Icyo Abazasiganwa Mu Irushanwa Ry’Isi Ry’Amagare Bavuga Ku Mihanda Y’u Rwanda

Trump Yategetse Hamas Guhita Irekura Abanya Israel Bose Yashimuse

Groupe Kassav Niyo Izasusurutsa Abazita Ingagi Amazina

Twishimiye Drones Zitwara Abagenzi-Kagame Avuga Ku Ikoranabuhanga Mu By’Indege

Amerika Ikomeje Kureshya DRC Ku Byerekeye Amabuye Y’Agaciro

You Might Also Like

Mu RwandaUbubanyi n'Amahanga

Harateganywa Visit Rwanda Muri Brazil

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Imibereho Y'AbaturageMu RwandaUmutekano

RIB Ibakurikiranyeho Gukoresha Telefoni Bagatekera Abandi Umutwe

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
IkoranabuhangaMu RwandaUbukungu

Rwanda: Bidatinze Drones Zizageza Ibicuruzwa Mu Ngo

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaPolitiki

Minisitiri W’Intebe W’Ubufaransa Ashobora Kweguzwa

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?