Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Abasirikare Baturuka Mu Bihugu 11 By’Afurika Barangirije Amasomo Mu Rwanda
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Mu Rwanda

Abasirikare Baturuka Mu Bihugu 11 By’Afurika Barangirije Amasomo Mu Rwanda

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 12 June 2022 9:04 am
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Abasirikare bakuru 48 baturutse mu bihugu bitandukanye (Senior Command and Staff) baraye bahawe impamyabumenyi nyuma y’amasomo mu bya gisirikare bari bamazemo umwaka. 29 muri ni Abanyarwanda mu ngabo z’u Rwanda, Abapolisi  b’u Rwanda babiri n’abasirikare 17 baturutse mu bihugu bitandukanye bya Afurika.

Bavuga ko mu gihe cy’umwaka bari bamaze biga bungutse byinshi birimo no kumenya kuyobora ingabo ku rugamba kandi zikaba ari ingabo zirwanira mu ngeri zitandukanye haba ku butaka, mu mazi cyangwa mu kirere.

Intego yabo bose ngo ni ugukomeza guharanira ko umuturage atekana

Harimo n’abapolisi babiri ba Polisi y’u Rwanda

Amasomo barangije, ari ku rwego rwa Kaminuza ku cyiciro cya gatatu.

Minisitiri w’Ingabo z’u Rwanda, Maj Gen Albert Murasira wari umushyitsi mukuru,  yasabye abasirikare bakuru barangije ariya amasomo mu ishuri rikuru rya Gisirikari, Rwanda Defence Force Command and Staff College riherereye i Nyakinama kuyabyaza umusaruro barushaho gucunga umutekano w’abaturage.

Minisitiri w’Ingabo z’u Rwanda, Maj Gen Albert Murasira wari umushyitsi mukuru

Yabasabye gukomeza gucunga umutekano w’abaturage babyaza umusaruro aya masomo bahawe.

Muri uyu muhango hahembwe abasirikare batatu bitwaye neza kurusha abandi mu byiciro bitandukanye bijyanye by’umutekano.

Umwe mu banyeshuri b’abanyamahanga wahawe iriya mpamyabumenyi witwa Maj Bervyn Gondwe akaba asanzwe ari uwo mu ngabo za Zambia zirwanira mu kirere yavuze ko afite gahunda yo gukomeza kunguka ubumenyi abinyujije ku mubano yagiranye na bagenzi be bamaze umwaka bigana.

Kurangiza ariya amasomo byahuriranye no kwizihiza isabukuru y’imyaka 10 ishuri rikuru rya Gisirikari, Rwanda Defence Force Command and Staff College rimaze rishinzwe.

TAGGED:AbasirikarefeaturedIngaboIshuriKaminuzaMurasiraRDF
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Rwamagana: Abarema Isoko Ry’Imbuto Ry’i Gishari Ntibazongera Kunywa Amazi Yanduye
Next Article Kigali : Hari Salon Itunganya Imisatsi Y’Abana GUSA
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Asaba Ko Drones Nini Zazakoreshwa Mu Kubagezaho Intanga

Harateganywa Visit Rwanda Muri Brazil

I Yeruzalemu Hagabwe Igitero Kica Batandatu Barimo Umugore Utwite

RIB Ibakurikiranyeho Gukoresha Telefoni Bagatekera Abandi Umutwe

Nyamasheke: Yahitanywe N’Ikiraro Cyamuvunikiyeho Avuye Kunywa

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Ubushinwa Bweretse Isi Ko Ku Ntwaro Bwihagazeho

Icyo Abazasiganwa Mu Irushanwa Ry’Isi Ry’Amagare Bavuga Ku Mihanda Y’u Rwanda

Miliyari Frw 135 Zishyirwa Mu Kugaburirira Abana Ku Ishuri Buri Mwaka-Min. Bagabe

Abawazalendo Bigaragambije Ku Cyemezo Cya Leta

Trump Yategetse Hamas Guhita Irekura Abanya Israel Bose Yashimuse

You Might Also Like

IkoranabuhangaMu RwandaUbukungu

Rwanda: Bidatinze Drones Zizageza Ibicuruzwa Mu Ngo

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaPolitiki

Minisitiri W’Intebe W’Ubufaransa Ashobora Kweguzwa

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
ImikinoMu Rwanda

Miliyari Frw 2 Rayon Iteganya Gukoresha Muri Shampiyona Zizava He?

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaPolitiki

Ishyaka CCM Ryemeje Suluhu Nk’Umukandida Mu Matora Ya Perezida

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?