Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Abasirikare n’Abapolisi b’u Rwanda Muri Mozambique Bamaze Kuba Hafi 2000
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Ububanyi n'Amahanga

Abasirikare n’Abapolisi b’u Rwanda Muri Mozambique Bamaze Kuba Hafi 2000

admin
Last updated: 12 October 2021 11:43 am
admin
Share
SHARE

Perezida Kagame yavuze ko ingabo z’u Rwanda n’abapolisi bari mu butumwa bwo guhangana n’umutwe w’iterabwoba mu Ntara ya Cabo Delgado muri Mozambique ubu bagera hafi ku 2000, kandi bakomeje gutanga umusaruro ufatika.

Yabivugiye mu kiganiro yatanze mu nama yiswe Global Security Forum 2021, yitabiriye mu buryo bw’ikoranabuhanga.

Muri Nyakanga nibwo Guverinoma y’u Rwanda yohereje muri Mozambique abasirikare n’abapolisi 1000 nk’uko icyo gihe byatangajwe, ariko uwo mubare waje kwiyongera.

Perezida Kagame yagarutse ku buryo ibihugu bijya gucunga umutekano mu butumwa bw’amahoro, bitewe n’imiterere yabwo ugasanga bumaze igihe kirekire nyamara budatanga umusaruro ukomeye. Yatanze ingero ku bihugu bya Repubulika ya Demokarasi ya Congo na Afghanistan.

Yavuze ko u Rwanda rumaze kohereza ingabo mu butumwa bwaba ubw’Umuryango w’Abibumbye (UN) cyangwa Ubumwe bwa Afurika (AU), hakaba n’ahandi rwagiye rwohereza ingabo mu bwumvikane bw’ibihugu bibiri.

Ubwo buryo bwa kabiri buheruka gukoreshwa ku bihugu bya Repubulika ya Centrafrique na Mozambique, kandi ngo bwatanze umusaruro ufatika.

Yavuze ko u Rwanda rwagiye muri Mozambique rutumiwe na Guverinoma y’icyo gihugu nk’uko yatumiye abaturanyi bo mu muryango w’ibihugu bya Afurika y’Amajyepfo (SADC), ngo biyitere ingabo mu bitugu mu guhangana n’iterabwoba.

Yakomeje ati “U Rwanda rwagiye hariya ku bwumvikane bw’ibihugu byombi, ku butumire bw’igihugu cy’inshuti cyari gikeneye ubwo bufasha bwihutirwa. Twaritabiriye, ahubwo twohereje abarenga 1000, ubu dufite hafi 2000 ubaze abasirikare n’abapolisi.”

“Nshaka ko wumva nk’urugero, byakozwe mu buryo bwihuse, dushyira abasirikare n’abapolisi hariya kandi ikibazo kimaze gukemurwa ku rwego runini, hari intambwe yatewe kandi ni u Guverinoma y’u Rwanda irimo gukorana na Mozambique. Twembi twabonye ubushobozi bwo kohereza ingabo, gutera inkunga ibi bikorwa, nta nkunga n’imwe twabonye iturutse hanze.”

Perezida Kagame yavuze ko ibihugu bibiri byiyemeje gukemura ikibazo muri Afurika, byabigeraho mu buryo bwihuse nk’uko bimaze kugaragara.

Yakomeje ati “Ni mu gihe ubundi buryo, nk’urugero iyo tugomba gutegereza kugeza igihe gahunda zimaze gushyirwaho, ubukangurambaga bugakorwa, hakoreshejwe uburyo busanzwe twashobora kuba n’ubu tugitegereje, tutazi neza igihe tuzatangirira.”

Yavuze ko nyuma y’intambwe imaze guterwa muri Mozambique, ibi bihugu birimo gufatanya kureba neza imizi y’ikibazo n’ibikeneye gukorwa gikemuke burundu.

Ati “Iby’ibanze kandi bigomba gukorwa na Guverinoma ya Mozambique, bikazaba bisubiza ibibazo by’imiyoborere n’iby’umutekano byashamikiyeho, ariko no kongerera ubushobozi inzego za leta harimo n’amahugurwa no guherekeza ingabo za Mozambique kugira ngo zibashe guhangana n’ibibazo by’igihugu bitabaye ngobwa guhora zitegereje inkunga iturutse hanze.”

Perezida Kagame yashimangiye ko ingabo z’u Rwanda cyangwa izindi zidashobora kuhagua ubuziraherezo, ahubwo zitanga ubufasha igihe bukenewe ariko bikaba biganisha ku bushobozi bw’igihugu ngo kibashe kwihagararaho ubwacyo.

Ingabo z’u Rwanda ziheruka gutangaza ko mu basirikare biherejwe muri Mozambique, bane bamaze kwitaba Imana.

TAGGED:Cabo DelgadoFADMfeaturedIngabo z'u RwandaMozambiquePaul KagamePolisi y'u RwandaRDF
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Aho Tuzatumwa Gucunga Umutekano Hose Tuzabikora Neza- Perezida Kagame
Next Article Abakora Muri Za Isange One Stop Centers Barasabwa ‘Kwiminjiramo Agafu’
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

REMA Irakataje Mu Gupima Ubuziranenge Bw’Ibyuka Biva Mu Binyabiziga

Urubyiruko Rw’U Rwanda Ruriyahura Cyane-RBC

Gusomera Kabila Byasubitswe, Hari Ibigiye Gusubirwamo

Minisitiri w’Intebe Wa Qatar Arajya Kurega Israel Kuri Trump

Polisi Irashakisha Abantu Bahohoteye Umugore Bikomeye

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Mutwarasibo Yiyahuye Kubera Umugore We

Hari Ubwoba Bw’Intambara Ya Amerika Na Venezuela 

Igisasu Cy’Uburusiya Cyarashwe Ku Nyubako Ya Guverinoma Ya Ukraine 

General Kabandana Yatabarutse

Rusizi: Meya Yasabye Abarimu Kureka Ubusinzi No Gutukana

You Might Also Like

Mu mahangaPolitikiUbutabera

Kabila Arasomerwa

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
IbyamamareImyidagaduroMu Rwanda

Ibya Ariel Wayz Byajemo Gishegesha

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbukungu

Akamaro K’Amashanyarazi Akomoka Ku Mirasire Y’Izuba Ni Ntagereranywa

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaPolitikiUbubanyi n'Amahanga

Qatar Irashaka Kurega Netanyahu 

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?