Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Abatega Imodoka Bazajya Bishyurira Aho Ibagejeje- Minisitiri Gasore
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Ubukungu

Abatega Imodoka Bazajya Bishyurira Aho Ibagejeje- Minisitiri Gasore

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 12 February 2024 6:57 am
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Minisiteri y’ibikorwaremezo yatangaje ko mu byumweru bike biri imbere umugenzi azajya yishyura urugendo rwa bisi bitewe n’aho ageze aho kwishyura urugendo rwose rw’aho igarukira.

Izi ngamba ngo zigamije gufasha Abanyarwanda kutaremererwa n’ikiguzi cy’urugendo ubwo Guverinoma izaba yahagaritse “nkunganire” yarihiraga umugenzi.

Umuntu azajya yishyura igiciro kingana n’aho bisi imugejeje

Minisitiri w’ibikorwa remezo Dr. Jimmy Gasore yavuze kandi ko muri Werurwe, 2024 hari izindi bisi 100 zizaba zageze mu Mujyi wa Kigali zisanga izindi nk’izi nazo zahageze muri Mutarama.

Guverinoma ivuga ko ibi byose byakozwe mu rwego rwo gufasha Abanyarwanda kugenda mu Mujyi wa Kigali n’ahandi mu Ntara batekanye, badahenzwe kandi badakererewe.

Hagati aho kandi guhera kuri uyu wa Mbere taliki 12, Gashyantare, 2024 igiciro ku ipompo ya essence cyagabanutseho Frw 2 n’aho icyo kuya mazout cyagabanutseho Frw 3.

Minisitiri Dr. Gasore avuga ko n’ubwo umuntu yakumva ko ayo mafaranga ari make, ariko ngo  ni icyemezo Guverinoma yafashe yirinda ko igiciro cyazamuka.

Yavuze ko hari hagamijwe ko igiciro abantu bamaze amezi abiri bishyura cyaba ari cyo bagumana.

TAGGED:EssencefeaturedGasoreIbiciroIbikorwaremezoMazoutMinisitiri
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Ibiciro Ku Masoko Y’u Rwanda Byagabanutseho 5%-Ibarurishamibare
Next Article Impera Za Gashyantare Nazo Zizagwamo Imvura Nyinshi- Meteo
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Abatahutse Bava DRC Batangajwe N’Uko Basanze U Rwanda Rusa

Burundi: Umushinjacyaha Aravugwaho Kwiba Amafaranga Ya Leta Akayajyana Tanzania

Nyanza: Nyiri Akabari Akurikiranyweho Guta Umukecuru Mu Bwiherero

Nyuma Yo Kwica Abantu 114 Muri Philippines Inkubi Ikomereje Muri Vietnam

DRC: Uburayi Burasaba Abo Mu Burasirazuba Koroshya Ngo Ubutabazi Bugere Ku Mbabare

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Tanzania: Ishyaka CHADEMA Ryagize Icyo Rivuga Ku Byavuye Mu Matora

DRC: Yarashe Afande We Amuziza Kumurira Amafaranga

Afurika Yunze Ubumwe Yashimiye Samia Ku Ntsinzi Ye

Suluhu Yatangajwe Ko Yatsinze Amatora Y’Umukuru W’Igihugu

Twifuza Ko Kagame Yatubera Umuhuza-Ambasaderi Wa Sudani

You Might Also Like

Ibidukikije

Rutsiro: Imbwa Z’Ibihomora Zugarije Pariki Ya Gishwati-Mukura N’Abayituriye

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Ubukungu

Ubwoba Ku Bitero By’Ikoranabuhanga Ku Bakiliya Bwatumye MTN Ihanga Agashya

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Imikino

Minisitiri Mukazayire Yahaye Abadepite Isezerano Abantu Bakwiye ‘Guhanga Amaso’

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahanga

Dagalo Uvugwaho Gukora Jenoside Muri Sudani Ni Muntu Ki?

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?