Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Abaturage Bashaka Impinduka Ntibagira Ikibakoma Imbere
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Inkuru Zihariye

Abaturage Bashaka Impinduka Ntibagira Ikibakoma Imbere

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 30 June 2021 12:29 pm
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Mu bwami buto buri mu Majyepfo y’Umugabane W’Afurika bitwa e-Swatini hari imidugararo y’abaturage bavuga ko barambiwe ubwami, ko bashaka Repubulika. Ese bazabigeraho? Hari abemeza ko icyo abaturage bashaka bakigeraho byanze bikunze.

Abaturage bo muri e-Swatini bavuga ko umwami yabakenesheje, ko aho kugira ngo atekereze imishinga yo guteza imbere igihugu, ahugira mu kurongora abagore benshi. Ubu afite abagore 15.

Hari abandi babona ko ayoboresha igitugu, agasesagura umutungo wa Leta binyuze mu mihango isa n’ihoraho yo kurongora abagore benshi kandi itangwaho amafaranga menshi.

Abatuye e-Swatini y’ubu bahoze bafite igihugu kitwa Swaziland.

Ni izina ryakomotse ku baturage bo mu bwoko bw’aba Swazi, bahoze batuye igice kigizwe na Afurika y’Epfo y’ubu, Lesotho na e-Swatini.

Ubwo abatuye ibi bihugu bashakaga kwigenga, bamwe bashinze igihugu bakita Swaziland, abandi bashinga na Lesotho( aba Sotho).

Umwami Muswati III mu bibazo

Nta gihe kinini gishize umwami Muswati III ategetse ko izina Swaziland rivanwaho, ubwami bwe bukitwa e-Swatini.

Guhindura iri zina nabyo byateje urujijo mu baturage, batangira kwibaza impamvu zabyo ariko barabyemera kuko ari ‘irivuze umwami.’

Muri iki gihe abenshi mu badashaka ubwami, ni urubyiruko cyane cyane urwiga muri Kaminuza.

Umwe muri bo niwe uherutse kuba imbarutso y’imyigaragambyo iri muri kiriya gihugu.

Yarigaragambije hanyuma imodoka ya Polisi iramugonga arapfa birakaza bagenzi be bigabiza imihanda bamagana ubwami.

Ibiri kuba yo kandi bisa n’ibyabaye muri Tunisia mu ntangiriro z’umwaka wa 2010 ubwo umusore wari wararembejwe n’ubushomeri yitwikaga bikarakaza bagenzi be bagafata imihanda bakigaragambya bigakwira henshi mu bihugu by’Abarabu.

Ni mu nkundura yise ‘Arab Spring.’

Muri e-Swatini abanyeshuri bari guhangana  bikomeye na Polisi y’aho ndetse hari aho bigabije bimwe mu bigize imari bwite y’umwami Muswati babiha inkongi.

Ubwami bwa e-Swatini  buri mu bihugu byigeze kwibasirwa cyane n’ubwandu bwa SIDA kandi yahitanye benshi.

Izi mpamvu hamwe n’izindi ziyongera ku bukene ziri mu zateye urubyiruko guhaguruka rukamagana ubwami, rugasaba ko busimburwa na Repubulika.

Umwarimu muri Kaminuza y’u Rwanda wigisha politiki mpuzamahanga  Dr Ismael Buchanan yabwiye Taarifa ko kuba abaturage bahagurutse bakamagana uburyo bayobowe ari uburenganzira bwabo kandi ngo nta kintu gishobora kubakoma imbere.

Ati: “ Ushobora kumbaza niba kwigaragambya muri iki gihe cya COVID-19 ari ibintu bikwiye, ariko ndakumenyesha ko iyo abaturage bafite ubushake bwo kubona impinduka, bakaba bafite aho bashingira, nta kintu wabona wabikoraho. Iyo ari bo bahagurutse babishaka nta zindi mbaraga zibari inyuma ntawe ubakoma imbere.”

Dr Ismael Buchanan

Dr Buchanan avuga ko Leta ishobora gukoma imbere agatsiko ariko itakoma imbere imbaga y’abaturage bahagurutse ngo bamagane imiyoborere mibi.

Ikibazo si Ubwami Cyangwa Repubulika…

Uyu muhanga muri Politiki n’ububanyi n’amahanga avuga ko kuba muri iki gihe hari ibihugu bitegekwa n’abami, ubwabyo atari ikibazo, ahubwo ko ikibazo ari uburyo abantu bayobowe.

Avuga ko muri Politiki abaturage bayoborwa bitewe n’uko babyifuza.

Ku rundi ruhande ariko avuga ko iyo urebye aho Isi igeze usanga ubwami butagezweho henshi ku isi ndetse ngo ni imwe mu mpamvu zituma urubyiruko rubwamagana.

Dr Buchanan avuga ko nta politiki ihamye, wavuga ko ari yo ikwiye kurusha izindi.

Ati: “ Politiki nziza ni iha abaturage uburenganzira, umutekano n’ibindi bakenera. Si ubwami cyangwa Repubulika ubwabyo.  Kandi hari n’aho bemeye kuyoborwa n’ubwami urugero nka Maroc n’ahandi nko muri Espagne, u Bubiligi  kandi ubona bayobowe neza.”

Kugeza ubu nta makuru adafite uruhande abogamiyeho aratangazwa yemeza ko Umwami Muswati III yahungiye muri Afurika y’Epfo.

TAGGED:AbaturageE-SwatinifeaturedImyigaragambyoPolisiTunisia
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Imibare Igaragaza Ibice Byibasiwe Na COVID-19 Kurusha Ibindi Mu Rwanda
Next Article Muhitira Yirukanywe Mu Bazahagararira U Rwanda Mu Mikino Olempike
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Gaza: Ingabo Za Israel Zishe Abanyamakuru

Bafatanywe lbilo 30 By’urumogi Babitwaye Kuri Moto

Abangilikani Bizihije Imyaka 100 Ishize Bageze Mu Rwanda

Misiri Irashaka Gukaza Umutekano Ku Mupaka Wayo Na Gaza

Kacyiru Hari Gusizwa Ibibanza Bizubakwamo Inzu Ndende ‘Koko’

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

MINAGRI Irasaba Abahinzi Kudahubukira Gutera Imyaka

Abakekwaho Kwiba Mu Isoko Rya Kimironko Bafashwe

Afurika Yunze Ubumwe Igiye Gushyiraho Komisiyo Ku Masezerano Ya Kigali Na Kinshasa

Kacyiru Hari Gusizwa Ibibanza Bizubakwamo Inzu Ndende ‘Koko’

Nduhungirehe Yitabiriye Inama Yiga Ku Bufatanye Bw’Ubuyapani N’Afurika

You Might Also Like

Mu RwandaUbucuruzi MpuzamahangaUbukungu

Rwanda: Abohereza Ikawa Mu Burayi Basabwe Gukurikiza Ibyo Bushaka

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbubanyi n'AmahangaUmutekano

U Rwanda Rwatumye Abaturage Bacu Bongera Gutekana-Min W’Ingabo Za Mozambique

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbubanyi n'AmahangaUmutekano

Abayobozi Bakuru Mu Ngabo Za Mozambique Bari Mu Rwanda

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Imibereho Y'AbaturageMu RwandaPolitiki

Nyaruguru: Bagiye Gusasa Inzobe Kucyatumye Abana Batsindwa

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?