Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Abaturage Batangiye Gusubira Mu Byabo Muri Cabo Delgado
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Mu Rwanda

Abaturage Batangiye Gusubira Mu Byabo Muri Cabo Delgado

admin
Last updated: 29 August 2021 12:57 pm
admin
Share
SHARE

Nyuma y’iminsi y’urugamba rwo kubohora uduce twinshi twari twarigaruriwe n’umutwe w’iterabwoba mu Ntara ya Cabo Delgado muri Mozambique, icyizere cy’ubuzima cyagarutse ku buryo abaturage batangiye gusubira mu byabo.

Kuri uyu wa Gatandatu wari umunsi ukomeye ubwo abantu 684 bari bamaze hafi imyaka itanu barahunze, batangiraga gusubira iwabo mu karere ka Palma.

Batashye bacungiwe umutekano n’Ingabo z’u Rwanda zifatanyije n’iza Mozambique.

Amakuru avuga ko aba baturage bari bamaze iminsi bacumbikiwe mu nkambi ya Quitonda guhera mu mwaka wa 2017.

Nyuma y’amezi abiri gusa y’urugamba rurangajwe imbere n’Ingabo z’u Rwanda, aba baturage babashije gusubira mu byabo.

Gusubira mu byabo byari bimaze igihe bisa n’inzozi.

Uretse aba batangiye gutaha, gusubira mu byabo ni icyifuzo abaturage benshi bamaranye igihe.

Barimo abamaze igihe barahungiye mu karere ka Metuge, ni mu bilometero bisaga 40 uvuye muri Pemba, umurwa mukuru wa Cabo Delgado.

Hahungiye abantu basaga 144,000, bari mu nkambi 14.

Baheruka kubwira itangazamakuru ko bakeneye gusubira iwabo cyane ko umutekano ugenda ugaruka, ndetse ubuhunzi bwarabagoye cyane.

Jeronimo Yassine w’imyaka 70 aheruka kuvuga ko yahunze ubwo ibyihebe byafataga agace kabo, bigatangira kwica abantu bitarobanura.

Yahunze aturutse mu karere ka Macomia.

Ati “Twahunze Macomia kubera ko ibyihebe byari birimo kubaga abantu nk’aho ari inkoko. Inzu yanjye yaratwitswe, ubu nibera hano ntunzwe n’inkunga ya leta ariko nayo ntabwo ihagije. Nifuza gusubira iwacu.”

Biteganywa ko abaturage benshi bazakomeza gutahuka uko ibintu bigenda bimera neza.

Ntabwo ibyihebe byose ariko birafatwa, kuko ingabo z’u Rwanda n’iza Mozambique zikomeje kubikurikirana mu birindiro bisa n’ibya nyuma, mu bice bya Siri I na Siri II .

Abaturage batahutse, banyura ku binyabiziga byinshi byatwitswe
Icyizere kigenda kigaruka ku baturage
TAGGED:Cabo DelgadofeaturedMozambiqueRDF
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Polisi Yafashe Magendu Ya Caguwa Ivanywe Muri RDC
Next Article Nyuma Ya Malawi, Polisi Y’U Rwanda Yasinyanye Amasezerano N’Iya Lesotho
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Abakekwaho Kwiba Mu Isoko Rya Kimironko Bafashwe

Ruhango: Bakurikiranyweho Gutega Abantu Bakabaniga

Nduhungirehe Yitabiriye Inama Yiga K’Ubufatanye Bw’Ubuyapani N’Afurika

Uburundi Bugiye Gukoresha Amafaranga Y’Ubushinwa Mu Gutumiza Ibintu Hanze

Afrobasket: Amakipe Y’U Rwanda Yatashye Amara Masa

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Hari Ikigega Kizaha Urubyiruko Inguzanyo Nta Ngwate

MINAGRI Irasaba Abahinzi Kudahubukira Gutera Imyaka

Rwanda: Abakanishi Bagiye Guhugurwa K’Ugukanika Batiri Za Bisi Z’Amashanyarazi

Trump Na Putin Ntibemeranyije Guhagarika Intambara Ya Ukraine

DRC: Uwahoze Ari Minisitiri W’Ubutabera Yasabiwe Gukora Imirimo Nsimburagifungo

You Might Also Like

Mu RwandaPolitiki

Perezida Kagame Yafashe Mu Mugongo Abo Mu Muryango Wa Dr.Kirabo Washyinguwe

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaPolitiki

Mu Mashuri Abanza Abakobwa Batsinze Kurusha Abahungu-NESA

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Imibereho Y'AbaturageUbuzima

Hakozwe Umuti Wa Malaria W’Impinja

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
IbidukikijeMu Rwanda

REMA Yatangaje Igihe Cyo Gusuzumisha Ibyuka Byo Mu Binyabiziga

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?