Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Abaturage B’i Bugesera Biyubakiye Umuyoboro W’Amazi
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Imibereho Y'AbaturagePolitiki

Abaturage B’i Bugesera Biyubakiye Umuyoboro W’Amazi

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 15 December 2021 2:39 pm
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Abaturage bo mu Murenge wa Nyamata, Akagari ka Maranyundo, Umudugudu wa Muyange  biyubakiye umuyoboro w’amazi ufite uburebure bwa 3,5km. Ni igisubizo bishatsemo nyuma y’igihe kirekire bavoma kure.

Bavuga mu mateka y’agace batuyemo batigeze bagira amazi meza hafi yabo.

Igice cy’u Bugesera muri rusange kizwiho kutagira amazi ahagije.

N’ubwo Leta y’u Rwanda ifatanyije n’abafatanyabikorwa bayo yakoze uko ishoboye ngo hagire ibice by’u Bugesera bibona amazi, hari ahantu ataragera. Muri Maranyundo ni hamwe muri ho.

- Kwmamaza -
Ad imageAd image
Muri Muranyundo ahitwa Muyange niho uyu muyoboro uca ugaha abaturage amazi meza

Abaturage bagize uruhare mu iyubakwa ry’uriya muyoboro babwiyeTaarifa ko basanzwe baba mu Muryango FPR-Inkotanyi, bakaba barubatse kiriya gikorwa bagamije kwishakamo igisubizo nk’uko Leta y’u Rwanda isanzwe ibishishikariza abaturage.

Léon Muberuka uyobora Ihuriro rya bariya baturage yatubwiye ko uriya muyoboro bawubatse mu gihe cy’amezi atanu.

Ati: “ Nk’uko Leta ihora idushishikariza kwishakamo ibisubizo, abaturage bo muri Muyange twishatsemo igisubizo dutangira kwiyubakira umuyoboro w’amazi wagiyeho ingengo y’imari ya Miliyoni Frw 3.”

Léon   Muberuka

Avuga ko ayo mafaranga yose yatanzwe n’abaturage, bayishatsemo.

Muberuka avuga ko ariya mazi azafasha abaturiye uriya muyoboro kubona amazi ahagije azabafasha mu kunoza isuku, kunywa amazi meza kandi ngo isuku muri iki gihe iracyenewe kurusha ikindi gihe cyose kubera ko ifasha mu kwirinda COVID-19.

- Advertisement -

Ikindi ni uko intera abaturage bakoreshaga bajya cyangwa bava kuvoma izagabanuka, bibagabanyirize umunaniro n’igihe bakoreshaga mbere yo kubona amazi yo gutekesha, gufura no gukora indi mirimo isaba isuku.

Amazi atangwa n’uriya muyoboro azafasha abaturage 3000 nk’uko byerekanwa n’igishushanyo mbonezamiturire (Physical plan) cy’Umudugudu wa Muyange.

Akarere ka Bugesera kabateye inkunga…

Léon Muberuka uyobora Ihuriro rya bariya baturage yashimiye ubuyobozi bw’Akarere ka Bugesera bwabateye inkunga y’amatiyo ndetse n’Ikigo cy’u Rwanda gishinzwe isuku n’isukura, WASAC, cyabahaye inkunga ya gihanga mu guhuza amatiyo kugira ngo atazangirika vuba.

Yashimiye abaturage n’abandi bose bagize uruhare muri iki gikorwa ariko ahamagarira abaturiye uwo Muyoboro kuwubungabunga kugira ngo utangirika.

Ku rundi ruhande, abaturage basabye Ikigo gikwirakwiza amashanyarazi kubafasha bakayabona.

Léon Muberuka avuga ko we na bagenzi be bazakomeza gukorana kugira ngo bakomeze guteza imbere agace kabo.

Umuyobozi w’Akarere ka Bugesera Richard Mutabazi yabwiye Taarifa ko igikorwa bariya baturage bakoze ari ingirakamaro kandi ko n’abandi bagerageza uko bashoboye kugira ngo bicyemurire ibibazo.

Ngo ubusanzwe abaturage ba Bugesera bakora uko bashoboye bakabona ibisubizo by’ibibazo bafite binyuze mu guhuza amikoro n’amaboko.

Mutabazi Richard avuga ko mu myaka itatu ishize amazi abaturage b’Akarere ayoboye bacyeneraga bayabonye, akaba yaravuye kuri Metero kibe zirenga 3000 ubu akaba ari Metero kibe 18,600.

Richard Mutabazi( Photo@Kigali Today)

Avuga ko iyi ari intambwe nziza ariko igomba gukomeza kuko muri kariya karere kenshi havuka insisiro nshya bigatuma abakenera amazi biyongera.

Ati: “ Navuga ko amazi tuyafite kandi ahagije ariko dufite imbogamizi zo kuyageza ku bayacyeneye badasiba kwiyongera mu nsisiro. Ikindi ni uko hari imiyoboro yayo ishaje icyeneye gusanwa n’indi tugomba guhanga.”

Muri rusange, Meya Richard Mutabazi avuga ko abatuye Akarere ayoboye bakora uko bashoboye ngo bishakemo ibisubizo kandi ngo iki ni ikintu cyo gushyigikira.

TAGGED:AbaturageAmaziBugeserafeaturedMutabazi
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Mu Tugari Tw’i Kigali Hagiye Kubakwa Ibibuga Bya Siporo
Next Article Barore Yatorewe Umwanya Mu Kigo Kita Ku Itangazamakuru Muri Afurika
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Kwagura Umuhanda Kigali-Muhanga Byasubitswe

Rwanda: Ingengo Y’Imari Ya 2025-2026 Iziyongeraho Miliyari 1.216

Umunyamerika Yatorewe Kuba Papa Wa Mbere Mu Mateka

Mu Myaka 61 Imaze Mu Rwanda Croix Rouge Yamariye Iki Abaturage?

Umusaruro W’Ibikomoka Ku Buhinzi u Rwanda Rwohereje Hanze Mu Cyumweru Gishize

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Nduhungirehe Avuga Ku Mushinga u Rwanda Rufitanye Na Amerika Ku Bimukira

Amerika: Abanyarwandakazi Bo Muri RDF Barangije Amasomo Y’Ubukanishi

Rwanda: Abagabo Bapfa Baruta Ubwinshi Abagore

Meteo Iraburira Abanyarwanda 

Kagame Ari Mu Bufaransa 

You Might Also Like

Mu RwandaUbukungu

Rwanda: Ni Ryari Abaturage Bo Mu Cyaro Bazabona Amazi Meza Abahagije?

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahanga

Roma: Gutora Papa Ku Munsi Wa Mbere Byananiranye

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaUmutekano

M23 Yafashe Ahantu Hakungahaye Kuri Zahabu

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu Rwanda

Abasirikare Batatu B’u Rwanda Biciwe Muri Mozambique 

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • [email protected]
  • [email protected]
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?