Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Abaturage B’i Bugesera Biyubakiye Umuyoboro W’Amazi
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Imibereho Y'AbaturagePolitiki

Abaturage B’i Bugesera Biyubakiye Umuyoboro W’Amazi

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 15 December 2021 2:39 pm
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Abaturage bo mu Murenge wa Nyamata, Akagari ka Maranyundo, Umudugudu wa Muyange  biyubakiye umuyoboro w’amazi ufite uburebure bwa 3,5km. Ni igisubizo bishatsemo nyuma y’igihe kirekire bavoma kure.

Bavuga mu mateka y’agace batuyemo batigeze bagira amazi meza hafi yabo.

Igice cy’u Bugesera muri rusange kizwiho kutagira amazi ahagije.

N’ubwo Leta y’u Rwanda ifatanyije n’abafatanyabikorwa bayo yakoze uko ishoboye ngo hagire ibice by’u Bugesera bibona amazi, hari ahantu ataragera. Muri Maranyundo ni hamwe muri ho.

Muri Muranyundo ahitwa Muyange niho uyu muyoboro uca ugaha abaturage amazi meza

Abaturage bagize uruhare mu iyubakwa ry’uriya muyoboro babwiyeTaarifa ko basanzwe baba mu Muryango FPR-Inkotanyi, bakaba barubatse kiriya gikorwa bagamije kwishakamo igisubizo nk’uko Leta y’u Rwanda isanzwe ibishishikariza abaturage.

Léon Muberuka uyobora Ihuriro rya bariya baturage yatubwiye ko uriya muyoboro bawubatse mu gihe cy’amezi atanu.

Ati: “ Nk’uko Leta ihora idushishikariza kwishakamo ibisubizo, abaturage bo muri Muyange twishatsemo igisubizo dutangira kwiyubakira umuyoboro w’amazi wagiyeho ingengo y’imari ya Miliyoni Frw 3.”

Léon   Muberuka

Avuga ko ayo mafaranga yose yatanzwe n’abaturage, bayishatsemo.

Muberuka avuga ko ariya mazi azafasha abaturiye uriya muyoboro kubona amazi ahagije azabafasha mu kunoza isuku, kunywa amazi meza kandi ngo isuku muri iki gihe iracyenewe kurusha ikindi gihe cyose kubera ko ifasha mu kwirinda COVID-19.

Ikindi ni uko intera abaturage bakoreshaga bajya cyangwa bava kuvoma izagabanuka, bibagabanyirize umunaniro n’igihe bakoreshaga mbere yo kubona amazi yo gutekesha, gufura no gukora indi mirimo isaba isuku.

Amazi atangwa n’uriya muyoboro azafasha abaturage 3000 nk’uko byerekanwa n’igishushanyo mbonezamiturire (Physical plan) cy’Umudugudu wa Muyange.

Akarere ka Bugesera kabateye inkunga…

Léon Muberuka uyobora Ihuriro rya bariya baturage yashimiye ubuyobozi bw’Akarere ka Bugesera bwabateye inkunga y’amatiyo ndetse n’Ikigo cy’u Rwanda gishinzwe isuku n’isukura, WASAC, cyabahaye inkunga ya gihanga mu guhuza amatiyo kugira ngo atazangirika vuba.

Yashimiye abaturage n’abandi bose bagize uruhare muri iki gikorwa ariko ahamagarira abaturiye uwo Muyoboro kuwubungabunga kugira ngo utangirika.

Ku rundi ruhande, abaturage basabye Ikigo gikwirakwiza amashanyarazi kubafasha bakayabona.

Léon Muberuka avuga ko we na bagenzi be bazakomeza gukorana kugira ngo bakomeze guteza imbere agace kabo.

Umuyobozi w’Akarere ka Bugesera Richard Mutabazi yabwiye Taarifa ko igikorwa bariya baturage bakoze ari ingirakamaro kandi ko n’abandi bagerageza uko bashoboye kugira ngo bicyemurire ibibazo.

Ngo ubusanzwe abaturage ba Bugesera bakora uko bashoboye bakabona ibisubizo by’ibibazo bafite binyuze mu guhuza amikoro n’amaboko.

Mutabazi Richard avuga ko mu myaka itatu ishize amazi abaturage b’Akarere ayoboye bacyeneraga bayabonye, akaba yaravuye kuri Metero kibe zirenga 3000 ubu akaba ari Metero kibe 18,600.

Richard Mutabazi( Photo@Kigali Today)

Avuga ko iyi ari intambwe nziza ariko igomba gukomeza kuko muri kariya karere kenshi havuka insisiro nshya bigatuma abakenera amazi biyongera.

Ati: “ Navuga ko amazi tuyafite kandi ahagije ariko dufite imbogamizi zo kuyageza ku bayacyeneye badasiba kwiyongera mu nsisiro. Ikindi ni uko hari imiyoboro yayo ishaje icyeneye gusanwa n’indi tugomba guhanga.”

Muri rusange, Meya Richard Mutabazi avuga ko abatuye Akarere ayoboye bakora uko bashoboye ngo bishakemo ibisubizo kandi ngo iki ni ikintu cyo gushyigikira.

TAGGED:AbaturageAmaziBugeserafeaturedMutabazi
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Mu Tugari Tw’i Kigali Hagiye Kubakwa Ibibuga Bya Siporo
Next Article Barore Yatorewe Umwanya Mu Kigo Kita Ku Itangazamakuru Muri Afurika
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Rwanda: Abakanishi Bagiye Guhugurwa K’Ugukanika Batiri Za Bisi Z’Amashanyarazi

Rulindo: Abaturage Biyemeje Kurinda Ibidukikije

DRC: Intara Ya Ituri Iri Kuberamo Imirwano Ikomeye

Minisitiri W’Intebe Yasuye Icyanya Cy’Inganda Cya Musanze

Hari Ikigega Kizaha Urubyiruko Inguzanyo Nta Ngwate

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Hari Ikigega Kizaha Urubyiruko Inguzanyo Nta Ngwate

RDF/Military Police Mu Myitozo Ikarishye

DRC: Abanyamerika Barashaka Kubaka Uruganda Rw’Amashanyarazi Mu Kivu

Elwelu Mu Bajenerali Barindwi Museveni Yahaye Ikiruhuko Cy’Izabukuru

Nyanza: Umugore Yishe Umugabo We

You Might Also Like

Mu RwandaPolitikiUbukungu

P.M Nsengiyumva Asaba Urubyiruko Kudata Umwanya Mu Biciriritse

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbucuruzi MpuzamahangaUbukungu

U Rwanda Rugiye Gushyira Ikawa Muri Cyamunara Mpuzamahanga 

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaPolitikiUbutabera

DRC: Uwahoze Ari Minisitiri W’Ubutabera Yasabiwe Gukora Imirimo Nsimburagifungo

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
ImikinoMu Rwanda

U Rwanda Rwatangiye Amarushamwa Nyafurika Ya Basketball Rutsindwa

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?