Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Abaturiye CIMERWA Bagiye Kwimurwa
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Imibereho Y'AbaturageMu RwandaUbukungu

Abaturiye CIMERWA Bagiye Kwimurwa

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 04 October 2025 1:40 pm
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Imiryango 651 igizwe n’abaturage 2,919 bo mu Midugudu ya Kabarore, Nyenyeri na Ramiro mu kagari ka Shara ho mu murenge wa Muganza muri Rusizi ituriye  CIMERWA iri hafi kwimurwa.

Ni mu rwego rwo kurinda abaturage ingaruka zo guturana n’uruganda rukora sima kuko ruteza ubuzima bwabo akaga bitewe n’imyuka ihumanye, ivumbi n’urusaku biruvamo.

Ibyo kubimura ariko si igitekerezo kije ejobundi kuko Perezida Paul Kagame ari we wabisabye mu mwaka wa 2022 ubwo yasuraga abaturage ba Rusizi, abavuga rikijyana bakamugezaho iki kibazo.

Icyo gihe yabihaye umurongo, avuga ko hagati y’uruganda n’abaturage hari kimwe kigomba kwimuka.

Kagame yavuze ko byagorana ko uruganda rwimurwa, ariko ko kwimura abaturage byo bishoboka.

Muri iki gihe rero, hashyizweho itsinda ry’abatekinisiye ba REMA, aba CIMERWA n’ab’Akarere ka Rusizi ngo bige uko aba baturage bakurwa mu nkengero z’uru ruganda rwa mbere mu gukora sima nyinshi mu Rwanda.

Kugira ngo ruzamure ingano ya sima rutanga ku mwaka, muwa 2015 rwaraguwe, bituma ibintu byangiza bikomoka ku birukorerwamo, ni ukuvuga urusaku, ivumbi n’ibindi, birushaho kwegera abaruturiye cyane cyane abari muri metero 500.

Rya tsinda ry’abatekinisiye rivugwa haruguru ryemeje ko abatuye mu miryango 651 ari bo bakwiye kwimurwa mu gihe kiri imbere.

Bagenzi bacu ba UMUSEKE bakorera muri Rusizi banditse ko tariki 30, Nzeri 2025, ubuyobozi bwa Rusizi bwababwiye ko iyo gahunda ihari.

Sindayiheba Phanuel uyobora aka Karere yagize ati: “Nibyo koko hari gahunda yo kwimura abaturage batuye nibura muri metero 500 mu mpande z’uruganda rwa CIMERWA. Birategurwa k’ubufatanye n’inzego zitandukanye hagamijwe kurinda ubuzima bw’abaturage imyuka ihumanya ishobora kubatera indwara z’ubuhumekero, hakiyongeraho n’urusaku ruterwa n’ibikorwa by’uruganda.”

Avuga ko kubimura bizakorwa mu byiciro kandi ko bose nibarangiza kwimurwa bizaha uruganda uburyo bwo gukora rwisanzuye nta mpungenge z’uko abaruturiye bagerwaho n’ingaruka z’ibyo rukora.

Meya wa Rusizi asobanura ko uko ubushobozi buzajya buboneka ari nako abantu bazimurwa bikozwe nmu byiciro.

Ku ikubitiro, hazimurwa abatuye mu nzu zishaje kurusha izindi hirindwa ko zasenyuka zikabagwira kandi nazo hazarebwa izegereye uruganda.

TAGGED:AbaturageCIMERWAfeaturedKwimuka
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Minisitiri W’Intebe Yakiriye Abanyarwanda Bitabiriye UCI
Next Article Abagendera Muri Rwandair Bazajya Bareberamo ‘Filimi Nyarwanda’
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Abagendera Muri Rwandair Bazajya Bareberamo ‘Filimi Nyarwanda’

Abaturiye CIMERWA Bagiye Kwimurwa

Minisitiri W’Intebe Yakiriye Abanyarwanda Bitabiriye UCI

Abanyarwandakazi Barangije Amasomo Ya Ofisiye Muri Polisi Ya Singapore

Tigers BBC Yatwaye Bwa Mbere Igikombe Cya Rwanda Cup

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Kagame Yabwiye Abateguye UCI Ko Bahawe Ikaze Mu Rwanda Igihe Cyose Bazashakira

Abangavu B’Abanyarwakazi Batsinzwe Bahabwa Amadolari

Amasezerano Y’u Rwanda N’Ibirwa Bya Trinidad And Tobago Mu Bwikorezi

Rwanda: Umunya Slovenia Atwaye Isiganwa Ry’Isi Mu Bagabo Batwara Igare

Ubushinwa: Huzuye Ikiraro Cya Mbere Kiri Ku Butumburuke Buruta Ubundi Ku Isi

You Might Also Like

IkoranabuhangaImibereho Y'Abaturage

Ababyeyi Baraburirwa Ko Tik Tok Ibangiriza Abana

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaPolitikiUbubanyi n'Amahanga

Trump Yahaye Hamas Igihe ‘Ntarengwa’ Ngo Yemere Umugambi W’Amahoro Yateguye

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbubanyi n'Amahanga

Abanyarwanda Barashukwa Bagaca Mu Bushinwa Bagera Ahandi Bakisanga Mu Buretwa-Amb Kimonyo 

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaPolitikiUmutekano

Kagame Yibukije Ingabo Z’u Rwanda Kuzibukira Ubusinzi

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?