Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Abatuye EAC dufite uburyo kamere bwo kwishakamo ibisubizo byaduteza imbere- Kagame
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Mu Rwanda

Abatuye EAC dufite uburyo kamere bwo kwishakamo ibisubizo byaduteza imbere- Kagame

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 09 December 2020 5:38 am
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Perezida Paul Kagame avuga ko abaturage b’Umuryango w’Afurika y’i Burasirazuba bafite uburyo bwabo kandi bwa kamere bwo kwishakamo ibisubizo ku bibazo bibugarije kandi ibisubizo bishatsemo bikabageza ku iterambere.

Yabivuze mu ijambo yajejeje ku bari bitabiriye ihuriro ryiswe KusiFest Ideas ryabereye i Kisumu muri Kenya.

Perezida Kagame yavuze ko abatuye Afurika bagomba gushakira hamwe uburyo bwo kuzanzamura ubukungu kugira yongere itere imbere kandi abayituye bakomeze kugenderanira nk’uko byahoze mbere ya COVID-19.

Yagize ati: “ Muri Afurika y’i Burasirazuba dufite uburyo bwacu kamere bwo kwishakamo ibisubizo bitubyarira amajyambere tugamije iterambere ry’abaturage bacu bakomeje kwiyongera.  Dukeneye gukomeza gushakisha uburyo bushya bwo gushora imari mu bikorwa remezo, mu baturage bacu kandi tugakora k’uburyo ibi byose biteza imbere imibanire ya Politiki n’ishoramari.”

Perezida Kagame yunganiwe na mugenzi we wa Kenya Uhuru Kenyatta wavuze ko abayobozi b’Afurika cyane cyane ab’Afurika y’i Burasirazuba bagomba gukora igishoboka cyose kugira ngo abayituye bagire ubuzima bwiza, bikure mu ngaruka za COVID-19.

Ihuriro KusiFest ritegurwa n’Ikigo ‘Nation Media Group’ gikorera muri Afurika y’i Burengerazuba.

Ubu riri kuba ku nshuro ya Kabiri kuko ubwa mbere ryabereye i Kigali mu Rwanda.

Ryatangiye kuri uyu wa Kabiri taliki 08, Ukuboza, 2020 rikaza kurangizwa kuri uyu wa Gatatu taliki 09, Ukuboza, 2020.

TAGGED:EACfeaturedKagameKenyaKenyataKusiRwanda
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Eritrea yohereje ingabo ku mupaka wayo na Ethiopia
Next Article Sarkozy yasabiwe gufungwa imyaka ine
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

DJ Toxxyk Yongeye Gutakambira Urukiko

Umuryango FPR-Inkotanyi Mu Bufatanye Na Leta Ya Israel

U Rwanda Na Brésil Byasinye Amasezerano Yo Gufatanya Mu Bukungu

Amatara Ya Kigali Pélé Stadium Afite Ibibazo

Masudi Djuma Watozaga Etincelles Yirukanywe

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Uko RURA Yabangamiye Ishoramari Ry’Abahoze Mu Ngabo

Amerika Irashaka Intambara Yeruye Na Iran

Hemejwe Umushinga W’Itegeko Rishyiraho Kaminuza Y’Ingabo Z’u Rwanda

Inenge Mu Burezi Bw’u Rwanda Kubera Ruswa

Burundi: Hari Ibice Biri Kuba Ubutayu Kubera Amapfa

You Might Also Like

Mu mahangaUmutekano

Amerika Yahanuye Indege Ya Gisirikare Ya Iran

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
IkoranabuhangaMu mahanga

Espagne: Imbuga Nkoranyambaga Zigiye Gukumirwa Mu Bafite Munsi Y’Imyaka 16

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbubanyi n'Amahanga

U Rwanda Rwagobotse Mozambique Yashegeshwe N’Imyuzure

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
ImikinoMu Rwanda

Umuyobozi Wa Polisi Yasezeranyije Kubaka Ikipe Y’Umupira W’Amaguru Ikomeye 

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?