Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Abatuye Ku Muhima Bavuga Ko Hari Umukire Wabafungiye Inzira
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Imibereho Y'AbaturageMu Rwanda

Abatuye Ku Muhima Bavuga Ko Hari Umukire Wabafungiye Inzira

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 07 May 2024 9:35 am
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Mu Murenge wa Muhima mu Karere ka Nyarugenge haravugwa ubwumvikane buke hagati y’abahatuye n’umushoramari w’aho wabafungiye inzira ijya mu ngo zabo.

We avuga ko abaturage bari bakwiye kuba baretse gato akuzuza ibikorwa bye, hanyuma akazabaha aho baca.

Abo baturage batuye mu Mudugudu w’Intiganda, mu Karere ka Nyarugenge, bagashinja uwo bita’Umunyabubasha’ kubashyira mu manegeka kandi agafunga inzira.

Byatumye badashobora kugera mu ngo zabo, bakabyita akarengane.

Bavuga ko iki kibazo kimaze iminsi ibiri.

Uwo mushoramari uzwi ku izina rya Materine ngo yashakaga gushyira igikorwa cy’inyubako mu butaka bwe, azana imashini zicukura ubutaka ariko aza gusatira ahari isoko ry’abazunguzayi n’ingo z’abaturage.

Muri uko kubasatira ngo niho baje kwisanga aho batuye haragiye mu manegeka.

Byaje gukomera kugeza ubwo iki kibazo cyahagurukije umujyi wa Kigali , ubuyobozi bwa Polisi, ubw’Umurenge ndetse n’Akarere ka Nyarugenge hagamijwe kureba niba uwo mushoramari yarakoze ibintu binyuranyije n’amategeko.

Abaturage babwiye ubuyobozi ko uwo mushoramari yavogereye aho bari batuye atuma aho bari batuye hangirika ku buryo hari n’abazamuka ku ngazi ngo bagere mu ngo zabo.

Abaturage bagize bati: ” Twe ikibazo dufite, ni umuntu tubangikanye. Yaracukuye atwima inzira, ni ahantu twavukiye, tumaze igihe ariko we ari kuvuga ko nta nzira yigeze ihaba kandi ikibanza cyose ari icye, nta hantu dufite turi buce. Mu gusizq ubutaka bwe yaje gufata n’inzira abaturage bacagamo. Ubu turamanitse turi ku kanunga.”

Undi nawe ati “ Uyu ni umuhanda wari usanzwe, abaturage bazamukagamo, imodoka zarahaparikaga, hakaba inzira nyabagendwa izamuka, ikagera ruguru ku rusengero rwa ADEPR.”

Abaturage bavuga ko ikibazo bafite ari uko batabona inzira ibajyana mu ngo zabo, bagasaba ko bafungurirwa aho bazajya baca.

Itangazamakuru ryanditse ko umushoramari Materine avuga ko yahabwa umwanya akabanza agasoza ibikorwa bye , hanyuma akazatanga inzira y’abaturage nyuma.

Umuyobozi Nshingwabikorwa w’Umujyi wa Kigali, Ngabonziza Emmy, wari waje gutega amatwi abaturage, yirinze kuvuga ko uyu mugabo yaba ari mu makosa, ariko asaba ko abaturage kuri uyu wa kabiri saa mbili za mu gitondo (8h00) ku Biro by’Umurenge wa Muhima, baza kugirana inama n’abaturage n’uwo mushoramari, kugira ngo hashakwe igisubizo kirambye.

Amakuru avuga ko mu rukerera rwo ku cyumweru tariki ya 5 Gicurasi 2024, uyu mugabo ari bwo yatangiye ibi bikorwa byo gusiza ikibanza cy’aho azubaka inyubako ndetse ko nta n’ibyangombwa yari yagahabwa.

Nyuma yaho iki kibazo cyinjiwemo n’izindi nzego, uyu mushoramari yategetswe kuba ahagaritse ibikorwa kugeza igihe hashatswe igisubizo kirambye.

TAGGED:AbaturagefeaturedMuhimaPolisiRwiyemezamirimo
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Burundi: Barasaba Ko Hazirikanwa Akamaro Bagaza Yagiriye Igihugu
Next Article Ubuhinde: Abaturage Bagiye Gutora Mu Bushyuhe Burenga 40C
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Abakoresha Amadovize Bishyurana Bitemewe Bagiye Gucika-BNR

Uburusiya Bwasutse Undi Muriro Kuri Ukraine

Iterambere Ryose Ribanzirizwa N’Umutekano-Nduhungirehe

Afurika Yunze Ubumwe Igiye Gushyiraho Komisiyo Ku Masezerano Ya Kigali Na Kinshasa

Abakekwaho Kwiba Mu Isoko Rya Kimironko Bafashwe

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

MINAGRI Irasaba Abahinzi Kudahubukira Gutera Imyaka

Abakekwaho Kwiba Mu Isoko Rya Kimironko Bafashwe

Rwanda: Abakanishi Bagiye Guhugurwa K’Ugukanika Batiri Za Bisi Z’Amashanyarazi

Trump Na Putin Ntibemeranyije Guhagarika Intambara Ya Ukraine

Afurika Yunze Ubumwe Igiye Gushyiraho Komisiyo Ku Masezerano Ya Kigali Na Kinshasa

You Might Also Like

Mu RwandaUbutaberaUmutekano

Ruhango: Bakurikiranyweho Gutega Abantu Bakabaniga

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaPolitikiUbubanyi n'Amahanga

Nduhungirehe Yitabiriye Inama Yiga Ku Bufatanye Bw’Ubuyapani N’Afurika

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaUbucuruzi MpuzamahangaUbukungu

Uburundi Bugiye Gukoresha Amafaranga Y’Ubushinwa Mu Gutumiza Ibintu Hanze

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
ImikinoMu Rwanda

Afrobasket: Amakipe Y’U Rwanda Yatashye Amara Masa

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?