Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Abatuye Mu Manegeka Y’i Kigali Baraburirwa Kuhava Inzira Zikigendwa
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Mu Rwanda

Abatuye Mu Manegeka Y’i Kigali Baraburirwa Kuhava Inzira Zikigendwa

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 19 August 2023 8:22 am
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Pudence Rubingisa uyobora Umujyi wa Kigali yavuze ko umubare w’imiryango ituye mu manegeka yo mu Mujyi wa Kigali ukiri munini kuko igera ku 3,131. Avuga ko mu rwego rwo kurengera ubuzima bw’abayigize, ari ngombwa ko yimuka aho hantu kuko imvura izagwa mu minsi iri imbere ishobora kuzakora ishyano.

Muri Gashyantare, 2023 Umujyi wa Kigali wabaruraga imiryango 7,361 yo mu mirenge itandukanye y’umujyi wa Kigali yari ituye mu manegeka.

Igera ku 4,230 yarimuwe.

Umuyobozi w’Umujyi wa Kigali, Pudence Rubingisa, yabwiye bagenzi bacu ba Radio/Tv 10 ati: “Ni ibihe turi gushyiramo imbaraga cyane kugira ngo twese tubyumve kimwe kuko iyo tutabiteguye neza  hari igihe umuntu yumva atunguwe cyangwa arenganye, akavuga ko iyo mvura bamubwira imaze igihe igwa kandi ko ntacyo yamutwaye…”

Rubingisa avuga ko iyo umuturage avuze atyo, ikiba gikwiye ari ukumusobanurira uko abahanga bavuga iby’imvura izagwa mu gihe kiri imbere kandi ukamuha n’ingero z’ibibi yakoze mu gihe cyahise.

Ati: “ …Tukamubwira ngo dore ibipimo kandi umuturanyi wawe yaraye imutwaye. Nyamuneka tutagira umuntu tuzatakaza muri iriya mvura. Tugerageze dufatanye.”

Ubushakashatsi buvuga ko ahantu hashobora gushyira ubuzima mu kaga ari ahafite ubuhaname bukabije burengeje 50% (hamanuka cyane) ndetse n’ahafite ubuhaname bwa 30%-50% hubatswe bidakurikije amabwiriza ajyanye n’imiterere y’aho.

Abandi basabwa kwimuka ni abatuye mu mbago z’ibishanga (mu ntera itarenga metero 20 uvuye kuri icyo gishanga) n’ahatarenga metero eshanu(5) uvuye kuri ruhurura itubakiwe neza.

Hagati aho ubuyobozi bw’Umujyi wa Kigali buvuga ko hari ahantu hahoze ari amanegeka hatunganyijwe ubu hakaba nta nkeke hagiteje.

Aho harimo mu Biryogo, hakozwe imihanda,  za ruhura n’inzira z’amazi byatunganyijwe kandi hari n’ahandi hazatunganywa mu gihe kiri imbere.

Ubuyobozi buvuga ko abagomba kwimuka ahashyira ubuzima bwabo mu kaga bari gufashwa bagakodesherezwa inzu.

Ku rundi ruhande, buvuga ko umuntu wari usanzwe afite inzu ye mu butaka buhanamye ariko akaba ashobora kuyivugurura ikubakwa bigendanye n’imiterere y’ubutaka, uwo ashobora kubikora, hanyuma igenzura ryakwemeza ko yahatura, akahatura nta nkomyi.

Iyo ibiza bisanze abantu mu manegeka bahasiga ubuzima
TAGGED:AmanegekafeaturedIbizaImiryangoRubingisa
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Hadutse Ubwoko Bushya Bwa COVID-19
Next Article RDF Ntibereyeho Gushoza Intambara- Perezida Kagame
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

DJ Toxxyk Yongeye Gutakambira Urukiko

Umuryango FPR-Inkotanyi Mu Bufatanye Na Leta Ya Israel

U Rwanda Na Brésil Byasinye Amasezerano Yo Gufatanya Mu Bukungu

Amatara Ya Kigali Pélé Stadium Afite Ibibazo

Masudi Djuma Watozaga Etincelles Yirukanywe

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Uko RURA Yabangamiye Ishoramari Ry’Abahoze Mu Ngabo

Amerika Irashaka Intambara Yeruye Na Iran

Hemejwe Umushinga W’Itegeko Rishyiraho Kaminuza Y’Ingabo Z’u Rwanda

Inenge Mu Burezi Bw’u Rwanda Kubera Ruswa

Burundi: Hari Ibice Biri Kuba Ubutayu Kubera Amapfa

You Might Also Like

Mu mahangaUmutekano

Amerika Yahanuye Indege Ya Gisirikare Ya Iran

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
IkoranabuhangaMu mahanga

Espagne: Imbuga Nkoranyambaga Zigiye Gukumirwa Mu Bafite Munsi Y’Imyaka 16

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbubanyi n'Amahanga

U Rwanda Rwagobotse Mozambique Yashegeshwe N’Imyuzure

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
ImikinoMu Rwanda

Umuyobozi Wa Polisi Yasezeranyije Kubaka Ikipe Y’Umupira W’Amaguru Ikomeye 

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?