Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Abatwara Abagenzi Mu Buryo Bwa Rusange Barashaka Kongera Kwandikira Perezida Kagame
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Mu Rwanda

Abatwara Abagenzi Mu Buryo Bwa Rusange Barashaka Kongera Kwandikira Perezida Kagame

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 09 June 2022 9:29 am
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Kubera kudahabwa ‘nkunganire’ bari baremerewe kugira ngo ibafashe gukomeza gukora akazi ko gutwara abantu mu buryo bwa rusange, abayobora ibigo bitwara abagenzi barashaka kongera kwandikira Perezida Paul Kagame ngo azabafashe bishyurwe kuko abashinzwe kubishyura iriya nkunganire kuko ababishinzwe babasuzuguye.

Barashaka kubikora bizeye ko bizakunda kubera ko n’ayo bahawe mbere nabwo byakozwe ari uko Umukuru w’u Rwanda abibwiwe akabitangaho umurongo.

Hagati aho, hari inama iteganyijwe  izahuza abayobora biriya bigo kugira ngo bigire hamwe ikindi bakora kugira ngo bishyurwe amafaranga bavuga ko agera kuri Miliyari 3 Frw.

Ni inama yaguye ishobora kuba bitarenze impera z’Icyumweru kizarangira taliki 12, Kamena, 2022.

- Kwmamaza -
Ad imageAd image

Umuyobozi w’iri huriro witwa Eric Ruhimiriza yabwiye Taarifa ko nta ko batagize ngo baganire n’inzego za Leta bireba kugira ngo zibishyure nkunganire ziyemeje guha ibigo bitwara abagenzi mu rwego rwo kunganira abagenzi kugira ngo badahendwa n’ingendo.

Ikibazo ngo ni uko ziriya nzego ‘zatereye agati mu ryinyo.’

Ruhimiriza avuga ko kutishyurwa kwatumye hari imodoka 400 zidasubira mu muhanda, abakozi 1000 barasezererwa kuko ntacyo kubahemba mbese, mu magambo avunaguye, ibigo byarahombye!

Ibi kandi ngo bishobora kuzagira ingaruka zirimo no gutuma abashoramari bashakaga gushora mu rwego rwo gutwara abantu mu buryo bwa rusange, bifata!

Ibisubizo abarebwa n’iki kibazo bahaye Taarifa usanga bidasubiza neza ikibazo kuko harimo kwitana ba mwana.

- Advertisement -

Ikigo cy’igihugu gishinzwe kugenzura imirimo imwe n’imwe ifitiye igihugu akamaro, RURA, kivuga ko ibyo kwishyura biriya bigo bitari mu nshingano zabo.

Umuyobozi w’iki kigo witwa Déo Muvunyi yaratubwiye ati: “Amafaranga twabonye ni aya Gashyantare gusa kandi rwose bazaba bayabonye bitarenze impera z’iki cyumweru.”

Iki gisubizo yagihaye ubwanditsi bwa Taarifa bwandika mu Cyongereza taliki 04, Kamena, 2022, hari ku wa Gatanu .

Icyumweru avuga ni ikizarangira taliki 12, Kamena, 2022.

Kuri iyi taliki ni bwo hazaba inama izahuza abayobora biriya bigo.

Ruhimiriza yatubwiye ko bataziga kuri kiriya kibazo gusa, ahubwo bazasuzuma no ku bindi bibazo birimo n’ibiciro biri hejuru ku ngendo.

Yolanda Makolo, Richard Tushabe nta bisubizo bafite…

Taarifa izi ko kugira ngo ariya mafaranga asohoke bisaba ko Umunyamabanga wa Leta muri Minisiteri y’imari n’igenamigambi ushinzwe imari ya Leta Richard Tushabe abyemeza, amafaranga agasohoka.

Mu gisubizo yaduhaye ubwo yabazwaga ikiri gukorwa kuri iyi ngingo, Tushabe yaradusubije ati: “ Wirondogora, Gusha ku ngingo…”

Yunzemo ati: “Ntabwo ndi umuvugizi wa Guverinoma, hari undi ushinzwe kuyivugira…”, ahita akupa telefoni.

Richard Tushabe akiri umuyobozi muri Rwanda Revenue Authority

Uwo  Richard Tushabe yatwibutsaga ko ashinzwe kuvugira Guverinoma y’u Rwanda ni Madamu Yolanda Makolo.

Madamu Makolo yabwiye Taarifa ko atari azi icyo kibazo, ko agiye kugikurikirana…

Abatwara abagenzi mu buryo bwa rusange bo bavuga ko kuba inzego za Leta zishinzwe ikibazo cyabo zibatenguha nzitibahe ibyo ziyemeje ari ikintu kibabaje, kigaragaza ubwirasi, giteje akaga, kandi  kigaragaza no ‘kutagira icyo umuntu yitaho.’

Ku rundi ruhande, amakuru Taarifa yakuye ahantu yizeye avuga ubuyobozi bushinzwe imari ya Leta muri Minisiteri y’Imari n’igenamigambi, buyobowe na  Richard Tushabe bwafashe ariya mafaranga buyakoresha ibindi bintu.

Ngo habayeho kwirengagiza  agahinda k’abashoferi batagikora n’abagenzi bahagarara iminota myinshi bategereje imodoka zitakiboneka nk’uko byahoze.

Uwaduhaye amakuru  atarashatse ko tumutangaza yagize ati: “ Ikibabaje ni uko amafaranga yabo hari abayishyize ku ruhande ntibayishyura abayagenewe ahubwo bayokoresha mu bindi.”

Bigeze kwandikira Perezida Kagame bamusaba ko yabavugira

Bigeze kwandikira Perezida Kagame.

Taliki 08, Gashyantare, 2022 abayobora ibigo bitwara abagenzi mu buryo bwa rusange bandikiye Perezida Kagame ibaruwa bamusaba ko yabishyuriza kuko bo ntako batari baragize bikanga.

Kopi y’ibaruwa yabo ubwanditsi bwa Taarifa burayifite.

Bidatinze hari ayo bishyuwe ariko kuva icyo gihe kugeza ubu nta yandi barahabwa.

Umunyamabanga nshingwabikorwa w’Ihuriro ry’abatwara abagenzi mu buryo bwa rusange Bwana Ruhimiriza avuga ko nibiba ngombwa bazongera bandikire Umukuru w’u Rwanda kuko ari we batezeho amakiriro.

TAGGED:AbagenzifeaturedIhuriroKagameKopiRwanda
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Umuyobozi Mukuru Wa Polisi Y’u Rwanda Yibukije Urubyiruko Icyo Gukunda u Rwanda Bivuze
Next Article Stade Amahoro Izasanwa Kuri Miliyari Frw 160
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Nyarugenge: Bafatanywe Ubwoko 31 Bw’Amavuta Yangiza Uruhu

Niba Utabasha Guhagarara K’Ukuguru Kumwe Mu Masogonda 10 Umenye Ko Washaje…

Bobi Wine Agiye Kongera Kwiyamamariza Kuyobora Uganda

Papa Leo XIV Yasuye Imva Y’Uwo Aherutse Gusimbura

Amazi Yabereye Abatutsi Irimbi Kandi Asanzwe Ari Ubuzima

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Nduhungirehe Avuga Ku Mushinga u Rwanda Rufitanye Na Amerika Ku Bimukira

Rwanda: Abagabo Bapfa Baruta Ubwinshi Abagore

Kagame Ari Mu Bufaransa 

Abasirikare Batatu B’u Rwanda Biciwe Muri Mozambique 

Aba Cardinals Batora Papa Bamaze Gushyira Ibintu Ku Murongo…

You Might Also Like

Ubukungu

Equity Group Igiye Guteza Imbere Imishinga Yo Mu Rwanda No Muri DRC

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbukungu

Kwagura Umuhanda Kigali-Muhanga Byasubitswe

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbukungu

Rwanda: Ingengo Y’Imari Ya 2025-2026 Iziyongeraho Miliyari 1.216

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahanga

Umunyamerika Yatorewe Kuba Papa Wa Mbere Mu Mateka

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • [email protected]
  • [email protected]
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?