Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Abavugwaho Kwangiza Amapiloni Bafashwe, Igihombo Bateza Leta Ni Kinini
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Mu Rwanda

Abavugwaho Kwangiza Amapiloni Bafashwe, Igihombo Bateza Leta Ni Kinini

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 15 January 2021 11:21 am
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Polisi yeretse itangazamakuru abagabo bane ikurikiranyeho kwangiza ibyuma bikwirakwiza amashanyarazi bita amapiloni. Nkubito ukora muri REG avuga ko igihombo bateza Leta ari kinini kuko ipiloni imwe iba ifite agaciro kari hagati ya Miliyoni 50 Frw na Miliyoni 100 Frw.

Abafashwe barimo umumotari usanzwe akorera mu Karere ka Gasabo Umurenge wa Jabana.

Yabwiye itangazamakuru ko yafashwe ubwo yari apakiye ibyuma yari ahawe n’umuntu ngo babijyane Nyabugogo.

Ubwo yafatwaga uwari ubimuzaniye we yaracitse ariruka, baba ariwe bafata.

Avuga ko yabihawe n’uwitwa Faranga ngo abishyire umucuruzi w’ibyuma ukorera muri Nyabugogo, uyu akaba ari we wafashwe  nyuma y’amakuru yatanzwe.

Ibyuma byeretse itangazamakuru birimo ibyo bafunga bakabiteranya kugira ngo bikore inkingi zitwara amashanyarazi bita amapiloni.

Umugabo waguraga biriya byuma wafashwe witwa Edison avuga ko ibyuma byeretswe abanyamakuru bifite agaciro ka 10 000 Frw.

Birimo ibyuma birebire bifungishwa amavisi ndetse n’ibyuma biyafunga.

Umukozi mu Kigo cy’igihugu gishinzwe ingufu REG witwa NKubito yavuze ko kwangiza amapiloni bihenda igihugu, kuko ipiloni imwe y’ibyuma iba ifite agaciro kari hagati ya miliyoni 50 Frw na Miliyoni 100 Frw.

Ati: “ Iki ni ikibazo gifite uburemere bunini kuko nk’uko mwabibonye, ibi byuma ni ibyubaka biriya byuma bya mwikorezi bitwara amashanyarazi, kandi  iyo bayisenye bigira ingaruka kuko amashanyarazi arabura mu gihugu, inganda ntizikore neza bikadutwara umwanya n’amafaranga tubisana.”

Avuga ko buri mwaka acishirije asanga bahura n’ibyaha by’abangiza ibikorwa remezo bagera kuri 50.

Yunzemo ko muri uyu mwaka ikibazo gitangiranye imbaraga nyinshi kuko mu Cyumweru kimwe hamaze gufatwa abantu nk’abo 10.

Umuvugizi wa Polisi y’u Rwanda Commissioner of Police ( CP) John Bosco Kabera avuga ko bitangaje kubona bakwiye kuba bari mu bantu babona inyungu z’ibikorwaremezo kuko bakiri bato, ariko bakaba aribo babyangiza.

Ati: “ Gusenya ibikorwaremezo ukajya kubigurisha kubera inyungu zawe bwite ntabwo byemewe…Inkiko nizibahamya ibyaha bazahanishwa hagati y’imyaka itanu n’imyaka irindwi kandi bagatanga ihazabu iri hagati ya miliyoni 3Frw  na miliyoni 5 Frw.”

Commissioner of Police Kabera avuga ko abantu bakora ibyaha byo kwangiza ibikorwa remezo biyongera kandi babyangiza mu ngeri nyinshi harimo n’abangiza imihanda nk’abamotari n’abandi.

Ibi byuma bisanzwe bikoreshwa mu kubaka amapiloni ajyana amashanyarazi
CP Kabera asaba abangiza ibikorwa remezo kubizibukira kuko bazabihanirwa
Nkubito wo muri REG avuga ko ikigo akorera gihomba kubera abangiza ibyuma bijyana amashanyarazi
TAGGED:AmashanyarazifeaturedKaberaPolisiREG
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Bobi Wine yatangiye kwivuga intsinzi
Next Article Indonesia: Umutingito Wishe Abantu 34, Abandi 600 Barakomereka
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

DRC: Batangiye Gukingira Ebola

Ruhango: Abasaza Babiri Bagiye Kwiba Umwe Arahagwa

Umuco Nyarwanda Wamurikiwe Muri Koreya Y’Epfo

Umuturage Wa Israel Akurikiranyweho Kunekera Iran

Polisi Ikomeje Gufata Abakiliya B’Abacukura Amabuye Y’Agaciro Batabyemerewe

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Asaba Ko Drones Nini Zazakoreshwa Mu Kubagezaho Intanga

RIB Ibakurikiranyeho Gukoresha Telefoni Bagatekera Abandi Umutwe

Ibyahoze Ari Ibiryabarezi Binagurwamo Ibikoresho By’Ingirakamaro

Harateganywa Visit Rwanda Muri Brazil

Congo Yarenze Umurongo Utukura Ubwo Yavugaga Ko Dukora Jenoside- Amb.Urujeni

You Might Also Like

ImikinoMu Rwanda

Ikipe y’u Rwanda Ya Volley Yatangiye Igikombe Cya Afurika Itsindwa

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaUbubanyi n'AmahangaUmutekano

Marco Rubio Yagiye Muri Israel Gucyaha Netanyahu

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbubanyi n'AmahangaUmutekano

Gen Gatama Yoherejwe Kuyobora Inzego Z’u Rwanda Z’Umutekano Muri Mozambique

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Imibereho Y'AbaturageMu RwandaUbuzima

Croix Rouge Mu Guhangana N’Ingaruka Z’Imihindagurikire Y’Ikirere

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?