Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Abayobozi B’u Burundi Baganiriye N’u Rwanda K’Ubufatanye Mu By’Ubukungu
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Ubukungu

Abayobozi B’u Burundi Baganiriye N’u Rwanda K’Ubufatanye Mu By’Ubukungu

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 11 February 2023 3:11 pm
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Kuri uyu wa Gatandatu taliki 11, Gashyantare, 2023 ku Kanyaru hahuriye abayobozi b’u Burundi n’ab’u Rwanda baganira ku ngingo zitandukanye zirimo n’ubufatanye mu by’ubukungu.

Hashize igihe kirekire u Rwanda n’u Burundi bitagendereranira mu buryo busesuye kubera ibibazo bya Politiki byavutse hagati ya Kigali na Bujumbura byatangiye mu mwaka wa 2015.

Icyo gihe u Burundi bwashinjaga  u Rwanda kuba inyuma ya Coup d’état yaburijwemo.

Mu rwego rw’ubukungu, Abanyarwanda bari basanzwe bagenderanira n’Abarundi bagahahirana haba amafi yaturukaga mu kiyaga cya Tanganyika, haba imbuto cyangwa imboga ndetse n’ubukerarugendo bushingiye ku mahoteli.

- Kwmamaza -
Ad imageAd image

Aho ibibazo bivukiye, iyo migenderanire yarahagaze k’uburyo aho imipaka ifunguriwe abayobozi bari kwigira hamwe uko ibintu  byakongera gusubizwa mu buryo.

Abayobozi mu Ntara y’Amajyepfo bayobowe na  Guverineri wayo Alice Kayitesi bagiye kwakirira ku Kanyaru bagenzi babo baturutse mu Burundi bayobowe na Guverineri w’Intara ya Kayanza.

Uyu munsi, ku Kanyaru, abayobozi mu Ntara y'Amajyepfo Guverineri bakiriye abayobozi baturutse mu Burundi bayobowe na Guverineri w’Intara ya Kayanza.
Uru ruzinduko rugamije kugirana ibiganiro bigamije ubufatanye mu bukungu, imiyoborere, imibereho y’abaturage n’umutekano. pic.twitter.com/shcej8XolP

— Rwanda Broadcasting Agency (RBA) (@rbarwanda) February 11, 2023

Si ubukungu gusa bariya bayobozi baganiriyeho kuko berebeye hamwe uko umutekano uhagaze hagati y’ibihugu  byombi no kurebera hamwe uko warushaho kunozwa

Uru ruzinduko rugamije kugirana  ibiganiro bigamije ubufatanye mu bukungu, imiyoborere, imibereho y’abaturage n’umutekano.

- Advertisement -

U Rwanda n’u Burundi muri iki gihe ni ibihugu bibanye neza.

Icyakora hari ibitaranozwa nk’uko Perezida Kagame aherutse kubibwira Jeune Afrique ariko ngo nabyo biri mu nzira nziza yo gukemuka.

 

TAGGED:AkanyarufeaturedUbukunguumupakaUmutekano
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article U Rwanda Rwungutse Imashani Nyinshi Nini Zubaka Imihanda
Next Article Umuraperi Ukomeye Wo Muri Afurika Y’Epfo Yishwe
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Perezida Wa Senegal Yaratiye Amahanga u Rwanda

DRC: Umusirikare Yarasiye Abantu Mu Kiliziya 

Perezida Kagame Mu Nama Na Bagenzi Be Yiga Ku Iterambere Rya Afurika

Ngirente Ashima Uruhare Rwa Rwandair Mu Guhuza Afurika

U Rwanda Rurafungura Ambasade Muri Hongrie

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Rwanda: Abagabo Bapfa Baruta Ubwinshi Abagore

Kagame Ari Mu Bufaransa 

Abasirikare Batatu B’u Rwanda Biciwe Muri Mozambique 

Roma: Gutora Papa Ku Munsi Wa Mbere Byananiranye

Equity Group Igiye Guteza Imbere Imishinga Yo Mu Rwanda No Muri DRC

You Might Also Like

Mu RwandaUmutekano

Nyarugenge: Bafatanywe Ubwoko 31 Bw’Amavuta Yangiza Uruhu

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbumenyi N'Ubuhanga

Niba Utabasha Guhagarara K’Ukuguru Kumwe Mu Masogonda 10 Umenye Ko Washaje…

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaPolitiki

Bobi Wine Agiye Kongera Kwiyamamariza Kuyobora Uganda

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaPolitiki

Papa Leo XIV Yasuye Imva Y’Uwo Aherutse Gusimbura

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • [email protected]
  • [email protected]
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?